Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Inkurikizi zatangiye kuba ku bayobozi nyuma y’impanuka yakangaranyije abayibonye

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in AMAHANGA
0
Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’impanuka y’ubwato bwarohamye mu Kiyaga cya Kivu hafi y’icyambu cya Kituku muri Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abayobozi babiri barimo ukuriye abinjira n’abasohoka, batawe muri yombi.

Iyi mpanuka yabaye mu cyumweru gishize tariki 03 Ukwakira 2024, ni iy’ubwato bwari butwaye abantu bivugwa ko babarirwa muri 200, ahabonetse imirambo y’abantu bakabakaba 80, mu gihe indi igishakishwa.

Kugeza ubu kandi habarwa abantu 80 babashije kurohorwa ari bazima bakaba bari kwitabwaho mu Bitaro, mu gihe ubu bwato bwari bwarohamye bwakuwe muri metero 200 z’ubujyakuzimu.

Kuri uyu wa Mbere, Ubushinjacyaha Bukuru bw’i Goma, bwataye muri yombi Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubwikorezi n’Itumanaho, ndetse n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe abinjira n’abasohoka bombi bari muri Minova muri Kivu y’Epfo ubwo ubu bwato bwarohamaga bwerecyeza i Goma muri Kivu ya Ruguru.

Guta muri yombi aba bayobozi, kwakurikiye Inama yabaye ku Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024 i Goma yayobowe na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Jacquemin Shabani.

Iyi nama kandi yanemeje ko hakazwa ingamba z’umutekano mu bwikorezi mu mazi nyuma yuko iyi mpanuka ibaye igahitana benshi.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yahise atanga itegeko ko hagomba gukorwa iperereza ku cyaba cyarateye iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 2 =

Previous Post

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Next Post

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.