Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida mushya w’Itsinda ry’Abadepite b’Ishyaka rya Moïse Katumbi, mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yizeje abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, kuzaharanira ko bagira ijambo mu Nteko ndetse n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Depite Christian Mwando Nsimba Kabulo yabitangaje nyuma yo gutorerwa kuba Perezida w’Itsinda ry’Abadepite b’ishyaka Ensemble pour la République ry’Umunyapolitiki Moïse Katumbi Chapwe, kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024 mu matora yabereye ku cyicaro cy’Inteko i Kinshasa.

Muri iki gikorwa kandi hanasuzumwe ku mategeko n’amabwiriza y’Inteko Ishinga Amategeko, agena kungurana ibitekerezo hagati y’Abadepote bo ku rwego rw’Igihugu.

Christian Mwando Nsimba Kabulo yagize ati “Hakunze kubaho ikibazo mu bikorwa by’amahame ngengamyitwarire y’Inteko Ishinga Amategeko. Murabizi ko amateteko y’Inteko Ishinga Amategeko yemejwe mu cyumweru gishize kandi yoherejwe mu Rukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga kugira ngo agenzurwe.”

Yavuze ko aya mategeko azatuma abadepite bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bagira uruhare mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ati “Kuri uyu mwanya, nk’uko nashyizweho nka Perezida w’itsinda ry’Inteko Ishinga Amategeko. Nemejwe na bagenzi banjye nka Perezida w’itsinda ry’Inteko ishinga Amategeko b’abatavuga rumwe.”

Ku batavuga rumwe n’ubutegetsi, Christian Mwando Nsimba Kabulo yabizeje ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ndetse no kurinda indangagaciro za Demokarasi.

Yagize ati “Icyo nabizeza, ni uko mbere na mbere iri tsinda rizaba rikomeye, rizaba rivuga ukuri igihe cyose, kandi riharanira Demokarasi nyakuri aho buri wese azaba afite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo bye mu bwisanzure.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Operasiyo yo gufata uwibye insinga z’amashanyarazi yasize hatahuwe aho yari yazihishe

Next Post

AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.