Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira

radiotv10by radiotv10
27/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umudepite w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze icyo agiye guharanira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida mushya w’Itsinda ry’Abadepite b’Ishyaka rya Moïse Katumbi, mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yizeje abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, kuzaharanira ko bagira ijambo mu Nteko ndetse n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo.

Depite Christian Mwando Nsimba Kabulo yabitangaje nyuma yo gutorerwa kuba Perezida w’Itsinda ry’Abadepite b’ishyaka Ensemble pour la République ry’Umunyapolitiki Moïse Katumbi Chapwe, kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Werurwe 2024 mu matora yabereye ku cyicaro cy’Inteko i Kinshasa.

Muri iki gikorwa kandi hanasuzumwe ku mategeko n’amabwiriza y’Inteko Ishinga Amategeko, agena kungurana ibitekerezo hagati y’Abadepote bo ku rwego rw’Igihugu.

Christian Mwando Nsimba Kabulo yagize ati “Hakunze kubaho ikibazo mu bikorwa by’amahame ngengamyitwarire y’Inteko Ishinga Amategeko. Murabizi ko amateteko y’Inteko Ishinga Amategeko yemejwe mu cyumweru gishize kandi yoherejwe mu Rukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga kugira ngo agenzurwe.”

Yavuze ko aya mategeko azatuma abadepite bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bagira uruhare mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ati “Kuri uyu mwanya, nk’uko nashyizweho nka Perezida w’itsinda ry’Inteko Ishinga Amategeko. Nemejwe na bagenzi banjye nka Perezida w’itsinda ry’Inteko ishinga Amategeko b’abatavuga rumwe.”

Ku batavuga rumwe n’ubutegetsi, Christian Mwando Nsimba Kabulo yabizeje ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ndetse no kurinda indangagaciro za Demokarasi.

Yagize ati “Icyo nabizeza, ni uko mbere na mbere iri tsinda rizaba rikomeye, rizaba rivuga ukuri igihe cyose, kandi riharanira Demokarasi nyakuri aho buri wese azaba afite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo bye mu bwisanzure.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + six =

Previous Post

Operasiyo yo gufata uwibye insinga z’amashanyarazi yasize hatahuwe aho yari yazihishe

Next Post

AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

AMAFOTO: Amavubi atahanye akanyamuneza nyuma yo guserukana ishema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.