Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umunyapolitiki yagaragaje inenge iri mu Ihuriro rishyigikiye Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umunyapolitiki yagaragaje inenge iri mu Ihuriro rishyigikiye Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Jean Bamanisa Saidi uhagarariye Tshopo muri Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro ‘Union sacrée’ rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi, busa nk’ubutakiriho, anagaragaza ikibazo cyazanywe n’iyi Politiki yo gukorera mu mahuriro y’amashyaka.

Jean Bamanisa Saidi wanigeze kuba Guverineri w’Intara ya Orientale muri iki Gihugu cya Congo Kinshasa, yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kisangani.

Yavuze ko “Inteko y’Ubuyobozi bukuru bwa Union Sacrée, isa nk’itakiriho” akurikije kuba abari bayigize nka Kamerhe, Mboso, Sama, Bemba, A. Kabuya na Lukwebo, ubu bari mu myanya inyuranye, aho bamwe ari Abadepite, abandi bakaba Abaminisitiri ndetse n’Abasenateri.

Jean Bamanisa Saidi yagize ati “Birakwiye ko Inteko nshya ya Union Sacrée ishyirwaho ikamenyekana mu buryo bufatika.”

Iyi nteko yari igizwe n’aba banyapolitiki bamaze kujya mu yindi myanya, bari bahawe izi nshingano mbere y’amatora yabaye tariki 20 Ukuboza 2023 aho bari bahawe inshingano zo “gufasha Perezida” Félix Tshisekedi, ndetse iyi Nteko ikaba ari na yo yategetse Ishyaka MLC guhindura kandidatire yaryo mu matora ya Sena.

Jean Bamanisa Saidi yagize ati “Ntabwo abantu bane cyangwa batanu bari bafite inshingano, bagomba gufatira ibyemezo abandi ku buzima bwabo. Twaba dufite ibyago byo kongera gusubira mu mateka tuzi.”

Uyu Munyapolitiki kandi yanitandukanyije n’igitekerezo cyo kwihuriza gamwe mu mahuriro y’imitwe ya Politiki byazanywe na Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko ubwo hazaga gahunda yo kwemerera ko imitwe ya Politiki ikora, byari bigamije guha imbaraga Politiki.

Ati “None uyu munsi dore tumeze nk’abantu bari ahantu hamwe nta bwinyagamburiro, ntabwo ari byiza kandi nta nubwo bifite ingufu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − ten =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku mushinga wa Miliyari 35Frw uzatuma Kigali ikomeza kuba Umujyi ucyeye

Next Post

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n'abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.