Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umunyapolitiki yagaragaje inenge iri mu Ihuriro rishyigikiye Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umunyapolitiki yagaragaje inenge iri mu Ihuriro rishyigikiye Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Jean Bamanisa Saidi uhagarariye Tshopo muri Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro ‘Union sacrée’ rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi, busa nk’ubutakiriho, anagaragaza ikibazo cyazanywe n’iyi Politiki yo gukorera mu mahuriro y’amashyaka.

Jean Bamanisa Saidi wanigeze kuba Guverineri w’Intara ya Orientale muri iki Gihugu cya Congo Kinshasa, yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kisangani.

Yavuze ko “Inteko y’Ubuyobozi bukuru bwa Union Sacrée, isa nk’itakiriho” akurikije kuba abari bayigize nka Kamerhe, Mboso, Sama, Bemba, A. Kabuya na Lukwebo, ubu bari mu myanya inyuranye, aho bamwe ari Abadepite, abandi bakaba Abaminisitiri ndetse n’Abasenateri.

Jean Bamanisa Saidi yagize ati “Birakwiye ko Inteko nshya ya Union Sacrée ishyirwaho ikamenyekana mu buryo bufatika.”

Iyi nteko yari igizwe n’aba banyapolitiki bamaze kujya mu yindi myanya, bari bahawe izi nshingano mbere y’amatora yabaye tariki 20 Ukuboza 2023 aho bari bahawe inshingano zo “gufasha Perezida” Félix Tshisekedi, ndetse iyi Nteko ikaba ari na yo yategetse Ishyaka MLC guhindura kandidatire yaryo mu matora ya Sena.

Jean Bamanisa Saidi yagize ati “Ntabwo abantu bane cyangwa batanu bari bafite inshingano, bagomba gufatira ibyemezo abandi ku buzima bwabo. Twaba dufite ibyago byo kongera gusubira mu mateka tuzi.”

Uyu Munyapolitiki kandi yanitandukanyije n’igitekerezo cyo kwihuriza gamwe mu mahuriro y’imitwe ya Politiki byazanywe na Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko ubwo hazaga gahunda yo kwemerera ko imitwe ya Politiki ikora, byari bigamije guha imbaraga Politiki.

Ati “None uyu munsi dore tumeze nk’abantu bari ahantu hamwe nta bwinyagamburiro, ntabwo ari byiza kandi nta nubwo bifite ingufu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku mushinga wa Miliyari 35Frw uzatuma Kigali ikomeza kuba Umujyi ucyeye

Next Post

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n'abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.