Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umunyapolitiki yagaragaje inenge iri mu Ihuriro rishyigikiye Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umunyapolitiki yagaragaje inenge iri mu Ihuriro rishyigikiye Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Jean Bamanisa Saidi uhagarariye Tshopo muri Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro ‘Union sacrée’ rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi, busa nk’ubutakiriho, anagaragaza ikibazo cyazanywe n’iyi Politiki yo gukorera mu mahuriro y’amashyaka.

Jean Bamanisa Saidi wanigeze kuba Guverineri w’Intara ya Orientale muri iki Gihugu cya Congo Kinshasa, yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kisangani.

Yavuze ko “Inteko y’Ubuyobozi bukuru bwa Union Sacrée, isa nk’itakiriho” akurikije kuba abari bayigize nka Kamerhe, Mboso, Sama, Bemba, A. Kabuya na Lukwebo, ubu bari mu myanya inyuranye, aho bamwe ari Abadepite, abandi bakaba Abaminisitiri ndetse n’Abasenateri.

Jean Bamanisa Saidi yagize ati “Birakwiye ko Inteko nshya ya Union Sacrée ishyirwaho ikamenyekana mu buryo bufatika.”

Iyi nteko yari igizwe n’aba banyapolitiki bamaze kujya mu yindi myanya, bari bahawe izi nshingano mbere y’amatora yabaye tariki 20 Ukuboza 2023 aho bari bahawe inshingano zo “gufasha Perezida” Félix Tshisekedi, ndetse iyi Nteko ikaba ari na yo yategetse Ishyaka MLC guhindura kandidatire yaryo mu matora ya Sena.

Jean Bamanisa Saidi yagize ati “Ntabwo abantu bane cyangwa batanu bari bafite inshingano, bagomba gufatira ibyemezo abandi ku buzima bwabo. Twaba dufite ibyago byo kongera gusubira mu mateka tuzi.”

Uyu Munyapolitiki kandi yanitandukanyije n’igitekerezo cyo kwihuriza gamwe mu mahuriro y’imitwe ya Politiki byazanywe na Perezida Félix Tshisekedi, avuga ko ubwo hazaga gahunda yo kwemerera ko imitwe ya Politiki ikora, byari bigamije guha imbaraga Politiki.

Ati “None uyu munsi dore tumeze nk’abantu bari ahantu hamwe nta bwinyagamburiro, ntabwo ari byiza kandi nta nubwo bifite ingufu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 4 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku mushinga wa Miliyari 35Frw uzatuma Kigali ikomeza kuba Umujyi ucyeye

Next Post

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n’abaturanyi

Umusore wakubitiwe mu kabari ibye byarangiye ari agahinda mu muryango n'abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.