Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo-Uvira: Havuzwe impamvu abaturage batishimiye igaruka ry’Abapolisi 1.000 bari bahungiye mu Burundi

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo-Uvira: Havuzwe impamvu abaturage batishimiye igaruka ry’Abapolisi 1.000 bari bahungiye mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo muri Repubulija Iharanida Demokarasi ya Congo, ntibishimiye igaruka ry’Abapolisi barenga 1 000 bari bahungiye mu Burundi ubwo umutwe wa M23 wahasatiraga, kuko batabafitiye icyizere kandi bakaba baragaragaje ko amajye aje babatererana.

Aba bapolisi bari bahungiye i Burundi, bagarutse mu Gihugu cyabo nyuma y’icyumweru kimwe bahunze, bakiriwe na Guverineri Wungirije wa Kivu y’Epfo, Jean-Jacques Elakano ndetse n’Umuyobozi w’Agateganyo wa Uvira, Kyky Kifara.

Igaruka ryabo, ntiryanyuze abaturage batuye muri uyu mujyi nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze muri Uvira, Alexis Byadunia.

Yagize ati “Ntabwo twemeranya n’igaruka ryabo, kuko ntitubabifite icyizere. Twari tumaze iminsi itatu tutumva urusaku rw’amasasu.”

Umuhuzabikorwa wa Sosiyete Sivile muri Uvira-Fizi, Mafikiri Mashimango aganira n’ikinyamakuru ACTUALITE.CD, yagize ati “Igenda ry’aba bapolisi bagiye i Bujumbura, ryazamuye umujinya mu baturage kuko batari babyiteze. Ubusanzwe Polisi ishinzwe kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo, ntiyari ikwiye kubasiga mu bihe bigoye.”

Mafikiri Mashimango avuga ko ibyo ari byo byatumye abaturage batishimira igaruka ry’aba bapolisi. Ati “Mu igaruka ryabo, umujinya wagaragaraga mu baturage kuko batifuzaga ko bagaruka ku mpamvu ebyiri: kutabagirira icyizere banabasize, turi mu bihe bigoye mu Mujyi wa Uvira kimwe muri Teritwari yose, aho buri munota ushobora kumva urusaku rw’amasasu.”

Uyu wo muri Sosiyete Sivile avuga ko nubwo aba bapolisi baje ndetse ntibinishimirwe n’abaturage, ariko icyo bakeneye muri iki gihe, ari uko hongerwa imbaraga mu mutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 14 =

Previous Post

Umukinnyi w’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda yagize ibyago

Next Post

M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

M23 yongeye kugaragarizwa urugwiro rudasanzwe n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.