Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Uwahatanye na Tshisekedi mu matora ibye byakomeye iwe hagoshwe n’ibifaru

radiotv10by radiotv10
09/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Uwahatanye na Tshisekedi mu matora ibye byakomeye iwe hagoshwe n’ibifaru
Share on FacebookShare on Twitter

Moise Katumbi wakurikiye Perezida Felix Tshisekedi mu majwi mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabujijwe kurenga iwe hagoswe n’abasirikare n’abapolisi bitwaje intwaro ziremereye.

Uyu munyapolitiki uri mu bahakatanye na Perezida Tshisekedi, ntiyemera ibyavuye mu matora, nk’uko aherutse kubitangaza mu butumwa yatanze, avuga ko iki gikorwa cy’amatora cyabayemo uburiganya budashobora kwihanganirwa.

Ishyaka rye ‘Ensemble pour la République’, riherutse gutangaza kandi ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ndetse riteguza ko abayoboke baryo biteguye kurwana inkundura mu gihe haba hagize ushaka kubahuguza intsinzi yabo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, hamenyekanye amakuru ko uyu munyapolitiki yagotewe iwe, akaba atemerewe kuva mu rugo ruherereye i Kashobwe.

Umunyamategeko Herve Diakesse, akaba n’umuvugizi w’ishyaka rya Moise Katumbi, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Urugo rwa Moise Katumbi rwagoswe n’ibimodoka bya Bulende. Byabereye i Kashobwe. Nanone hongeye kubaho ubushotoranyi budafite umumaro n’ibikorwa byo kumucungira hafi bidashobora kwihanganirwa.”

Ubu butumwa buherekejwe kandi n’amashusho agaragaza imodoka za gisirikare zafunze umuhanda uva kwa Moise Katumbi zabujije imodoka ye gutambuka,

Promesse Matofali Yonam usanzwe ari Umuhuzabikorwa Wungirije w’Ishyaka rya Moise Katumbi ku rwego rw’Intara, na we yavuze ko “urugo rwa Moise Katumbi rwagoswe na bulende ndetse n’intwaro ziremereye za gisirikare ku itegeko rya Jean Pierre Bemba na Felix Tshisekedi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 3 =

Previous Post

Icyo wakwibukira ku ikipe ihura na APR mu mukino ushobora gusiga yanditse amateka atazibagirana

Next Post

Hatangajwe agaciro gahambaye k’intwaro zaguzwe n’Igihugu cyitumvikana n’u Bushinwa n’aho zaturutse

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe agaciro gahambaye k’intwaro zaguzwe n’Igihugu cyitumvikana n’u Bushinwa n’aho zaturutse

Hatangajwe agaciro gahambaye k’intwaro zaguzwe n'Igihugu cyitumvikana n’u Bushinwa n’aho zaturutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.