Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Uwahatanye na Tshisekedi mu matora ibye byakomeye iwe hagoshwe n’ibifaru

radiotv10by radiotv10
09/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Uwahatanye na Tshisekedi mu matora ibye byakomeye iwe hagoshwe n’ibifaru
Share on FacebookShare on Twitter

Moise Katumbi wakurikiye Perezida Felix Tshisekedi mu majwi mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabujijwe kurenga iwe hagoswe n’abasirikare n’abapolisi bitwaje intwaro ziremereye.

Uyu munyapolitiki uri mu bahakatanye na Perezida Tshisekedi, ntiyemera ibyavuye mu matora, nk’uko aherutse kubitangaza mu butumwa yatanze, avuga ko iki gikorwa cy’amatora cyabayemo uburiganya budashobora kwihanganirwa.

Ishyaka rye ‘Ensemble pour la République’, riherutse gutangaza kandi ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ndetse riteguza ko abayoboke baryo biteguye kurwana inkundura mu gihe haba hagize ushaka kubahuguza intsinzi yabo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, hamenyekanye amakuru ko uyu munyapolitiki yagotewe iwe, akaba atemerewe kuva mu rugo ruherereye i Kashobwe.

Umunyamategeko Herve Diakesse, akaba n’umuvugizi w’ishyaka rya Moise Katumbi, mu butumwa yanyujije kuri X, yagize ati “Urugo rwa Moise Katumbi rwagoswe n’ibimodoka bya Bulende. Byabereye i Kashobwe. Nanone hongeye kubaho ubushotoranyi budafite umumaro n’ibikorwa byo kumucungira hafi bidashobora kwihanganirwa.”

Ubu butumwa buherekejwe kandi n’amashusho agaragaza imodoka za gisirikare zafunze umuhanda uva kwa Moise Katumbi zabujije imodoka ye gutambuka,

Promesse Matofali Yonam usanzwe ari Umuhuzabikorwa Wungirije w’Ishyaka rya Moise Katumbi ku rwego rw’Intara, na we yavuze ko “urugo rwa Moise Katumbi rwagoswe na bulende ndetse n’intwaro ziremereye za gisirikare ku itegeko rya Jean Pierre Bemba na Felix Tshisekedi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 7 =

Previous Post

Icyo wakwibukira ku ikipe ihura na APR mu mukino ushobora gusiga yanditse amateka atazibagirana

Next Post

Hatangajwe agaciro gahambaye k’intwaro zaguzwe n’Igihugu cyitumvikana n’u Bushinwa n’aho zaturutse

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe agaciro gahambaye k’intwaro zaguzwe n’Igihugu cyitumvikana n’u Bushinwa n’aho zaturutse

Hatangajwe agaciro gahambaye k’intwaro zaguzwe n'Igihugu cyitumvikana n’u Bushinwa n’aho zaturutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.