Icyo wakwibukira ku ikipe ihura na APR mu mukino ushobora gusiga yanditse amateka atazibagirana

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Ikipe ya Mlandege FC yo muri Zanzibar, igiye guhura na APR FC muri 1/2 cya Mapinduzi cup, si ubwa mbere igiye guhura n’ikipe yo mu Rwanda, kuko mu myaka 26 ishize yahuye na Rayon Sports ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup.

APR FC igiye guhura n’iyi kipe yo muri Zanzibar muri 1/2 nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, ikoze amateka igatsinda Young Africans 3-1 mu mukino wa 1/4, byatsinzwe na Sanda, Mbaoma,ndetse na Shiboub.

Izindi Nkuru

Uyu mukino wa 1/2 uzahuza APR FC na Mlandege FC, uraba kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Mutarama 2024, aho utegerejwe na benshi by’umwihariko abakunzi ba ruhago nyarwanda bakomeje kugaragaza ko bashyigikiye ikipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Mlandege FC igiye guhura na APR FC muri 1/2 cya Mapinduzi Cup

Icyo wakwibukira kuri Mlandege

Iyi kipe ya Mlandege FC izacakirana na APR FC muri 1/2 cya Mapinduzi Cup ifitanye amateka n’amakipe yo mu Rwanda, kuko mu mwaka 1998 yahuye na Rayon Sports ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame yaberaga n’ubundi muri Zanzibar.

Muri uwo mukino wa nyuma, Rayon Sports yari ihagaze neza, yatsinze Mlandege FC ibitego 3-1, ihita inayitwara CECAFA Kagame Cup iyimanukana i Kigali.

Muri iki gikombe cya Mapinduzi Cup kiri gukinwa ubu, muri 1/4 Mlandege FC yakuyemo KVZ na yo yo muri Zanzibar iyitsinze kuri Penaliti 3-2 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

APR iherutse kubanzamo ubwo yasezereraga Young

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru