Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Dutere ijisho ku bikorwa by’akataraboneka bizatuma Kigali irushaho kurabagirana muri 2024

radiotv10by radiotv10
07/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Dutere ijisho ku bikorwa by’akataraboneka bizatuma Kigali irushaho kurabagirana muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Umwaka wa 2024 uzasiga Umujyi wa Kigali mu yindi sura yo ku rwego ruhanitse, kubera ibikorwa remezo bya rutura biri kuzamurwa, bizatuma uyu mujyi ukomeza kwishimirwa n’abawutuye ndetse n’abawugenderera.

Umwaka utaha wa 2024, ni wo uzasozwamo gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, yari iteganyijwemo ibikorwa bikomeye by’iterambere rikomeje kugerwaho n’u Rwanda muri iyi manda y’imyaka irindwi ya Perezida Paul Kagame.

Bimwe mu bitegerejwe kugerwa muri 2024, ubwo Abanyarwanda bazaba binjira mu matora y’Umukuru w’Igihugu banasezeranyijwe na Perezida Kagame ko azongera kwiyamamariza kubayobora, birimo ibikorwa remezo biremereye.

Bimwe muri byo:

Sitade Amahoro

Sitade Amahoro imaze ibinyacumi byinshi by’imyaka ari kimwe mu bikorwa biyoboye muri siporo y’u Rwanda, imaze iminsi iri kunagurwa, ndetse imirimo yabyo irarimbanyije.

Iyi sitade izuzura itwaye akayabo ka Miliyoni 170 $, yaraguwe, ivanwa ku kwakira abantu ibihumbi 25, igezwa ku myanya ibihumbi 45.

Uretse kongera ubunini bwayo, imiterere ya Sitade Amahoro, yasubiwemo yaba ikibuga cyayo ndetse no kuzaba irimbishijwe inyuma mu isura y’imigongo izwi mu muco Nyarwanda.

Inzovu Mall

Inzovu Mall, ni icyanya cy’ubucuruzi kizaza cyongera ikirungo mu maguriro yo mu Mujyi wa Kigali, aho iyubakwa ryayo n’igishushanyo mbonera cyayo, byakozwe na sosiyete y’Abafaransa ya Groupe Duval, ifatanyije na rwiyemezamirimo wo mu Rwanda.

Iki gikorwa kizuzura muri Nzeri 2025, kizatwara miliyoni 68$, kizaba kinahuriyemo ibindi bikorwa binyuranye birimo hoteli y’inyenyeri enye ndetse n’ibice bya ofisi abantu bashobora gukoreramo.

By’umwihariko ariko, uyu mushinga uzaba ufite ibice bikorerwamo ubucuruzi, nka Super market, za resitora zo ku rwego ruhanitse ndetse n’ibyumba by’inama.

Zaria Court

Iki gikorwa kigizwe n’uruhurirane rw’ibikorwa binyuranye, kizaba giherereye mu cyanya cyahariwe imikino, hafi ya Sitade Amahoro ndetse na BK Arena.

Imirimo yo gutangiza iyubakwa ry’ibi bikorwa by’umushoramari Masai Ujiro, byatangijwe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame mu mezi abiri ashize, muri Kanama uyu mwaka.

Biteganyijwe ko Zaria Court izarangira mu ntangiro za 2025, ariko bimwe mu bikorwa byayo bikazatangira gukora umwaka utaha wa 2023.

Uyu mushinga uzaba ufite hoteli igezweho y’ibyumba 80, za Resitora, aho gukorera imirimo inyuranye nka za studio zakorerwamo ibiganiro, ndetse n’ahazajya hakira imikino inyuranye, amaserukiramuco n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro.

IRCAD Africa

U Rwanda rwiteguye gutangiza ikigo Nyafurika kizwi nka IRCAD Africa kizafungurwa ku mugaragaro kuri uyu wa 07 Ukwakira 2023, kikazaba ari ikigo gikora ubushakashatsi ku bijyanye na cancer ifata imyanya y’igogora.

Ni ikigo kizazana impinduka mu buvuzi mu Rwanda, kuko kizaba gikorerwamo amahugurwa mu bijyanye no kubaga abarwayi ba cancer.

Iki kigo kandi cyitezweho kugabanya ikiguzi n’igihe cyo kubaga kanseri, bikaba ari intambwe ikomeye mu rwego rw’ubuzima bw’u Rwanda.

Kigali Innovation City

Umushinga wa Kigali Innovation City (KIC), uzatwara Miliyari 2$, witezweho kuzazana udushya mu ikoranabuhanga rya Afurika.

Uyu mushinga watewe inkunga na Guverinoma y’u Rwanda n’ikigo Africa50, uzashyigikira imishinga mishya, kompanyi zo guhanga udushya, ndetse n’ibyo mu mashuri ya kaminuza.

Ibikorwa bya KIC bizaba biri kuri hegitari 61,9, birimo ibyifashishwa nka kaminuza, ibiro, inzu zo guturamo, ayo gucururizamo ndetse na hoteli.

Ahakorerwa ibikorwa by’uburezi bwa kaminuza ya KIC, ni kaminuza ya CMU- Africa, aho igizwe na Metero kare 6 000, ishobora kwakira abanyeshuri 300.

Hari kandi ibikorwa birimo ibyumba bigezweho byigirwamo ikoranabuhanga ndetse n’aho abanyeshuri bashobora gukurikirana amasomo yabo mu buryo bw’iya kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − four =

Previous Post

RARDC na M23 rukomeje kwambikana: Amakuru mashya y’uko urugamba ruhagaze

Next Post

Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Related Posts

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces
AMAHANGA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.