Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Dutere ijisho ku bikorwa by’akataraboneka bizatuma Kigali irushaho kurabagirana muri 2024

radiotv10by radiotv10
07/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Dutere ijisho ku bikorwa by’akataraboneka bizatuma Kigali irushaho kurabagirana muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Umwaka wa 2024 uzasiga Umujyi wa Kigali mu yindi sura yo ku rwego ruhanitse, kubera ibikorwa remezo bya rutura biri kuzamurwa, bizatuma uyu mujyi ukomeza kwishimirwa n’abawutuye ndetse n’abawugenderera.

Umwaka utaha wa 2024, ni wo uzasozwamo gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, yari iteganyijwemo ibikorwa bikomeye by’iterambere rikomeje kugerwaho n’u Rwanda muri iyi manda y’imyaka irindwi ya Perezida Paul Kagame.

Bimwe mu bitegerejwe kugerwa muri 2024, ubwo Abanyarwanda bazaba binjira mu matora y’Umukuru w’Igihugu banasezeranyijwe na Perezida Kagame ko azongera kwiyamamariza kubayobora, birimo ibikorwa remezo biremereye.

Bimwe muri byo:

Sitade Amahoro

Sitade Amahoro imaze ibinyacumi byinshi by’imyaka ari kimwe mu bikorwa biyoboye muri siporo y’u Rwanda, imaze iminsi iri kunagurwa, ndetse imirimo yabyo irarimbanyije.

Iyi sitade izuzura itwaye akayabo ka Miliyoni 170 $, yaraguwe, ivanwa ku kwakira abantu ibihumbi 25, igezwa ku myanya ibihumbi 45.

Uretse kongera ubunini bwayo, imiterere ya Sitade Amahoro, yasubiwemo yaba ikibuga cyayo ndetse no kuzaba irimbishijwe inyuma mu isura y’imigongo izwi mu muco Nyarwanda.

Inzovu Mall

Inzovu Mall, ni icyanya cy’ubucuruzi kizaza cyongera ikirungo mu maguriro yo mu Mujyi wa Kigali, aho iyubakwa ryayo n’igishushanyo mbonera cyayo, byakozwe na sosiyete y’Abafaransa ya Groupe Duval, ifatanyije na rwiyemezamirimo wo mu Rwanda.

Iki gikorwa kizuzura muri Nzeri 2025, kizatwara miliyoni 68$, kizaba kinahuriyemo ibindi bikorwa binyuranye birimo hoteli y’inyenyeri enye ndetse n’ibice bya ofisi abantu bashobora gukoreramo.

By’umwihariko ariko, uyu mushinga uzaba ufite ibice bikorerwamo ubucuruzi, nka Super market, za resitora zo ku rwego ruhanitse ndetse n’ibyumba by’inama.

Zaria Court

Iki gikorwa kigizwe n’uruhurirane rw’ibikorwa binyuranye, kizaba giherereye mu cyanya cyahariwe imikino, hafi ya Sitade Amahoro ndetse na BK Arena.

Imirimo yo gutangiza iyubakwa ry’ibi bikorwa by’umushoramari Masai Ujiro, byatangijwe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame mu mezi abiri ashize, muri Kanama uyu mwaka.

Biteganyijwe ko Zaria Court izarangira mu ntangiro za 2025, ariko bimwe mu bikorwa byayo bikazatangira gukora umwaka utaha wa 2023.

Uyu mushinga uzaba ufite hoteli igezweho y’ibyumba 80, za Resitora, aho gukorera imirimo inyuranye nka za studio zakorerwamo ibiganiro, ndetse n’ahazajya hakira imikino inyuranye, amaserukiramuco n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro.

IRCAD Africa

U Rwanda rwiteguye gutangiza ikigo Nyafurika kizwi nka IRCAD Africa kizafungurwa ku mugaragaro kuri uyu wa 07 Ukwakira 2023, kikazaba ari ikigo gikora ubushakashatsi ku bijyanye na cancer ifata imyanya y’igogora.

Ni ikigo kizazana impinduka mu buvuzi mu Rwanda, kuko kizaba gikorerwamo amahugurwa mu bijyanye no kubaga abarwayi ba cancer.

Iki kigo kandi cyitezweho kugabanya ikiguzi n’igihe cyo kubaga kanseri, bikaba ari intambwe ikomeye mu rwego rw’ubuzima bw’u Rwanda.

Kigali Innovation City

Umushinga wa Kigali Innovation City (KIC), uzatwara Miliyari 2$, witezweho kuzazana udushya mu ikoranabuhanga rya Afurika.

Uyu mushinga watewe inkunga na Guverinoma y’u Rwanda n’ikigo Africa50, uzashyigikira imishinga mishya, kompanyi zo guhanga udushya, ndetse n’ibyo mu mashuri ya kaminuza.

Ibikorwa bya KIC bizaba biri kuri hegitari 61,9, birimo ibyifashishwa nka kaminuza, ibiro, inzu zo guturamo, ayo gucururizamo ndetse na hoteli.

Ahakorerwa ibikorwa by’uburezi bwa kaminuza ya KIC, ni kaminuza ya CMU- Africa, aho igizwe na Metero kare 6 000, ishobora kwakira abanyeshuri 300.

Hari kandi ibikorwa birimo ibyumba bigezweho byigirwamo ikoranabuhanga ndetse n’aho abanyeshuri bashobora gukurikirana amasomo yabo mu buryo bw’iya kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 3 =

Previous Post

RARDC na M23 rukomeje kwambikana: Amakuru mashya y’uko urugamba ruhagaze

Next Post

Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.