Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Dutere ijisho ku bikorwa by’akataraboneka bizatuma Kigali irushaho kurabagirana muri 2024

radiotv10by radiotv10
07/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Dutere ijisho ku bikorwa by’akataraboneka bizatuma Kigali irushaho kurabagirana muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Umwaka wa 2024 uzasiga Umujyi wa Kigali mu yindi sura yo ku rwego ruhanitse, kubera ibikorwa remezo bya rutura biri kuzamurwa, bizatuma uyu mujyi ukomeza kwishimirwa n’abawutuye ndetse n’abawugenderera.

Umwaka utaha wa 2024, ni wo uzasozwamo gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, yari iteganyijwemo ibikorwa bikomeye by’iterambere rikomeje kugerwaho n’u Rwanda muri iyi manda y’imyaka irindwi ya Perezida Paul Kagame.

Bimwe mu bitegerejwe kugerwa muri 2024, ubwo Abanyarwanda bazaba binjira mu matora y’Umukuru w’Igihugu banasezeranyijwe na Perezida Kagame ko azongera kwiyamamariza kubayobora, birimo ibikorwa remezo biremereye.

Bimwe muri byo:

Sitade Amahoro

Sitade Amahoro imaze ibinyacumi byinshi by’imyaka ari kimwe mu bikorwa biyoboye muri siporo y’u Rwanda, imaze iminsi iri kunagurwa, ndetse imirimo yabyo irarimbanyije.

Iyi sitade izuzura itwaye akayabo ka Miliyoni 170 $, yaraguwe, ivanwa ku kwakira abantu ibihumbi 25, igezwa ku myanya ibihumbi 45.

Uretse kongera ubunini bwayo, imiterere ya Sitade Amahoro, yasubiwemo yaba ikibuga cyayo ndetse no kuzaba irimbishijwe inyuma mu isura y’imigongo izwi mu muco Nyarwanda.

Inzovu Mall

Inzovu Mall, ni icyanya cy’ubucuruzi kizaza cyongera ikirungo mu maguriro yo mu Mujyi wa Kigali, aho iyubakwa ryayo n’igishushanyo mbonera cyayo, byakozwe na sosiyete y’Abafaransa ya Groupe Duval, ifatanyije na rwiyemezamirimo wo mu Rwanda.

Iki gikorwa kizuzura muri Nzeri 2025, kizatwara miliyoni 68$, kizaba kinahuriyemo ibindi bikorwa binyuranye birimo hoteli y’inyenyeri enye ndetse n’ibice bya ofisi abantu bashobora gukoreramo.

By’umwihariko ariko, uyu mushinga uzaba ufite ibice bikorerwamo ubucuruzi, nka Super market, za resitora zo ku rwego ruhanitse ndetse n’ibyumba by’inama.

Zaria Court

Iki gikorwa kigizwe n’uruhurirane rw’ibikorwa binyuranye, kizaba giherereye mu cyanya cyahariwe imikino, hafi ya Sitade Amahoro ndetse na BK Arena.

Imirimo yo gutangiza iyubakwa ry’ibi bikorwa by’umushoramari Masai Ujiro, byatangijwe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame mu mezi abiri ashize, muri Kanama uyu mwaka.

Biteganyijwe ko Zaria Court izarangira mu ntangiro za 2025, ariko bimwe mu bikorwa byayo bikazatangira gukora umwaka utaha wa 2023.

Uyu mushinga uzaba ufite hoteli igezweho y’ibyumba 80, za Resitora, aho gukorera imirimo inyuranye nka za studio zakorerwamo ibiganiro, ndetse n’ahazajya hakira imikino inyuranye, amaserukiramuco n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro.

IRCAD Africa

U Rwanda rwiteguye gutangiza ikigo Nyafurika kizwi nka IRCAD Africa kizafungurwa ku mugaragaro kuri uyu wa 07 Ukwakira 2023, kikazaba ari ikigo gikora ubushakashatsi ku bijyanye na cancer ifata imyanya y’igogora.

Ni ikigo kizazana impinduka mu buvuzi mu Rwanda, kuko kizaba gikorerwamo amahugurwa mu bijyanye no kubaga abarwayi ba cancer.

Iki kigo kandi cyitezweho kugabanya ikiguzi n’igihe cyo kubaga kanseri, bikaba ari intambwe ikomeye mu rwego rw’ubuzima bw’u Rwanda.

Kigali Innovation City

Umushinga wa Kigali Innovation City (KIC), uzatwara Miliyari 2$, witezweho kuzazana udushya mu ikoranabuhanga rya Afurika.

Uyu mushinga watewe inkunga na Guverinoma y’u Rwanda n’ikigo Africa50, uzashyigikira imishinga mishya, kompanyi zo guhanga udushya, ndetse n’ibyo mu mashuri ya kaminuza.

Ibikorwa bya KIC bizaba biri kuri hegitari 61,9, birimo ibyifashishwa nka kaminuza, ibiro, inzu zo guturamo, ayo gucururizamo ndetse na hoteli.

Ahakorerwa ibikorwa by’uburezi bwa kaminuza ya KIC, ni kaminuza ya CMU- Africa, aho igizwe na Metero kare 6 000, ishobora kwakira abanyeshuri 300.

Hari kandi ibikorwa birimo ibyumba bigezweho byigirwamo ikoranabuhanga ndetse n’aho abanyeshuri bashobora gukurikirana amasomo yabo mu buryo bw’iya kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 6 =

Previous Post

RARDC na M23 rukomeje kwambikana: Amakuru mashya y’uko urugamba ruhagaze

Next Post

Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Related Posts

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

IZIHERUKA

Simple steps you can follow to build real confidence
MU RWANDA

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Abakobwa babiri b’impanga bari bagiye kwiyongeresha amabere ibyababayeho byashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple steps you can follow to build real confidence

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.