Dutere ijisho muri 2025 ubwo ikindi gikorwa gihanitse kizaba gihagaze i Kigali (AMAFOTO)

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Mu myaka ibiri iri imbere i Kigali hazaba hagaragara ikindi gikorwa remezo cyihagazeho kizaza cyiyongera kuri Kigali Convention Center, Sitade Amahoro izuzura umwaka utaha, na BK Arena bizaba byegereye iki gishya kizwi nka Zaria Court.

Ibikorwa byo kubaka iki cyanya, byashyizweho ibuye ry’ifatizo na Perezida Paul Kagame ari kumwe n’umushoramari Masai Ujiri ari na we nyiri ibi bikorwa, muri iki cyumweru tariki 14 Kanama 2023.

Izindi Nkuru

Iki cyanya kizaba kigizwe n’inyubako zizajya zakira ibikorwa bya siporo, iby’imyidagaduro, iby’umuco ndetse na Hoteli izajya yakira inama mpuzamahanga.

Ibikorwa byo kubaka iyi Zaria Court iri kubakwa ahahoze inyubako zakoreragamo Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, byaratangiye ndetse biteganyijwe ko bizuzura mu mpera z’umwaka utaha wa 2024, bigatangira gukorerwamo mu ntangiro za 2025.

Ni ibikorwa bizaba byegereye icyanya cyahariwe siporo, kirimo Sitade Amahoro na yo iri kubakwa ikazuzura umwaka utaha, ndetse na BK Arena iri mu rubavu rwayo, na yo iri mu bikorwa remezo bikomeye muri Afurika byakira imbaga z’abantu, by’umwihariko abari mu bikorwa by’imyidagaduro.

Amafoto y’ibishunyo-mbonera bya Zaria Court byakozwe na NLE Designs, yagaragaye, yerekana bimwe mu bikorwa binogeye ijisho bizaba biri muri iki cyanya, nk’ibibuga bya Basketball, Pisine yo kugeramo, resitora, ubusitani buteye amabengeza ndetse n’ahantu abantu bakwicara baruhuka.

Kwinjira muri Zaria Court bizaba ari umunyenga
Hazaba hari ikibuga cya Basketball
Na Pisine yo kogeramo

Ubusitani bwaho buzaba bubereye ijisho

Uko bizaba bimeze muri 2025

Photos © The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru