Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in FOOTBALL, MU RWANDA, SIPORO, UBUKUNGU
0
Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera za 2024, mu Rwanda hazaba hari Sitade y’ikitegererezo izaba ibasha kwakira abantu ibihumbi 45, ari na yo nini izaba ibayeho mu Rwanda, kandi ikazaba yubatse mu buryo bugezweho. Ni Sitade Amahoro iri kubakwa, aho imirimo yabyo irimbanyije.

Uyu mushinga wo kubaka bundi bushya Sitade Amahoro, ni umwe mu mishinga migari y’ibikorwa remezo bya siporo bizamuwe mu Rwanda, dore ko iki Gihugu cyiri mu nzira yo kuzamura ubukerarugendo bushingiye kuri siporo.

Kuvugurura uyu mushinga byatangiye tariki 31 Kanama 2022, ubu amezi icyenda arashize, hari gukorwa ibi bikorwa bigeze ahashimishije.

Kompanyi iri kubaka iyi sitade yitwa Summa Rwanda JV, ikaba ari ikigo gihuriwemo n’ibirimo icyo muri Turkia, ndetse n’ibyo mu Rwanda nka Crystal Ventures na Real Contractors, mu gihe ibikorwa byo kuyubaka bigenzurwa n’ikigo Gasabo 3D Design.

Ikinyamakuru The New Times cyasuye ibikorwa byo kubaka iyi Siatde mu cyumweru gishize tariki 26 Gicurasi 2023, kivuga ubu hakora abakozi 2 500 barimo 16% b’igitsinagore, ariko hakaba hitezwe ko bazagera kuri 30% ubwo hazaba hari gukorwa imirimo ya nyuma.

Iyi sitade niyuzura izaba ifite umuzenguruko wa Metero 800, mu gihe ubujyejuru bwayo buzaba ari metero 30, aho izaba ifite ibice bitatu byo hejuru bizafasha abazaba bayirimo kwirebera umupira neza.

Umuhuzabikorwa w’uyu mushinga wo kubaka Sitade Amahoro, Eng. Harouna Nshimiyimana, avuga ko uzatwara ari hagati ya miliyoni 160 $ na miliyoni 170 $.

Imyanya y’ibyicaro byo muri iyi Sitade izava ku bihumbi 25 igere ku bihumbi 45, kandi abayicanyemo bazaba bisanzuye nkuko biteganywa n’ibipimo bya FIFA.

Ikibuga cy’iyi sitade nacyo kigijwe hejuru ho metero ebyiri mu rwego rwo gufasha abazaba bayirimo kureba neza imikino.

Nshimiyimana yagize ati “Twazamuye ikibuga ho metero ebyiri kandi tumanura tunegereza aho kwicara ikibuga ku mpamvu enye: kugira ngo abafana bazajye babasha kureba imikino hagendewe ku bipimo bya FIFA, kugabanya uburebure bwari hagati y’ikibuga n’imyanya ya mbere yo kwicaraho mu rwego rwo koroshya ko abafana bashobora gusohoka byihuse mu gihe bibaye ngombwa nk’igihe cy’inkongi, nanone kandi no koroshya gushyikirana hagati y’abakinnyi n’abafana.

Abakinnyi n’abafana bazaba bashobora kwishimana hagati yabo cyangwa bagaherezanya ibiganza mu gihe bishimira igitego cyangwa bishimira ibindi mu gihe mu mukino cyangwa mu gikorwa barimo bizaba byemewe.”

Yavuze kandi ko ibi byakozwe kugira ngo hongerwe umubare w’imyanya yo kwicaramo aho yageze kuri bihumbi 45 ivuye ku bihumbi 25.

Ikibuga cy’iyi Sitade nshya kandi kizaba gifite metero 105 kuri 68 kandi gifite ibyatsi bivanze birimo ibisanzwe ndetse n’ibihangano, aho ikibuga kiri hatazaba hatwikiriye mu rwego rwo gufasha ko izuba rigera ku byatsi.

Amarembo atatu y’iyi sidate yari asanzweho azagumaho ariko yagurwe, ndetse hashyirweho n’andi ya kane zaba ateganye no kuri BK Arena.

Igihe izaba yuzuye uko izaba igaragara

Abubaka bakora ijoro n’amanywa
Hari guterekwamo intebe

Ahazajya ikibuga higijwe hejuru

Inyuma na ho hazaba hameze neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − thirteen =

Previous Post

Onana ashyize ukuri kwe hanze ku byo avugwaho bitanyuze abakunzi ba ruhago mu Rwanda

Next Post

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.