Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in FOOTBALL, MU RWANDA, SIPORO, UBUKUNGU
0
Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera za 2024, mu Rwanda hazaba hari Sitade y’ikitegererezo izaba ibasha kwakira abantu ibihumbi 45, ari na yo nini izaba ibayeho mu Rwanda, kandi ikazaba yubatse mu buryo bugezweho. Ni Sitade Amahoro iri kubakwa, aho imirimo yabyo irimbanyije.

Uyu mushinga wo kubaka bundi bushya Sitade Amahoro, ni umwe mu mishinga migari y’ibikorwa remezo bya siporo bizamuwe mu Rwanda, dore ko iki Gihugu cyiri mu nzira yo kuzamura ubukerarugendo bushingiye kuri siporo.

Kuvugurura uyu mushinga byatangiye tariki 31 Kanama 2022, ubu amezi icyenda arashize, hari gukorwa ibi bikorwa bigeze ahashimishije.

Kompanyi iri kubaka iyi sitade yitwa Summa Rwanda JV, ikaba ari ikigo gihuriwemo n’ibirimo icyo muri Turkia, ndetse n’ibyo mu Rwanda nka Crystal Ventures na Real Contractors, mu gihe ibikorwa byo kuyubaka bigenzurwa n’ikigo Gasabo 3D Design.

Ikinyamakuru The New Times cyasuye ibikorwa byo kubaka iyi Siatde mu cyumweru gishize tariki 26 Gicurasi 2023, kivuga ubu hakora abakozi 2 500 barimo 16% b’igitsinagore, ariko hakaba hitezwe ko bazagera kuri 30% ubwo hazaba hari gukorwa imirimo ya nyuma.

Iyi sitade niyuzura izaba ifite umuzenguruko wa Metero 800, mu gihe ubujyejuru bwayo buzaba ari metero 30, aho izaba ifite ibice bitatu byo hejuru bizafasha abazaba bayirimo kwirebera umupira neza.

Umuhuzabikorwa w’uyu mushinga wo kubaka Sitade Amahoro, Eng. Harouna Nshimiyimana, avuga ko uzatwara ari hagati ya miliyoni 160 $ na miliyoni 170 $.

Imyanya y’ibyicaro byo muri iyi Sitade izava ku bihumbi 25 igere ku bihumbi 45, kandi abayicanyemo bazaba bisanzuye nkuko biteganywa n’ibipimo bya FIFA.

Ikibuga cy’iyi sitade nacyo kigijwe hejuru ho metero ebyiri mu rwego rwo gufasha abazaba bayirimo kureba neza imikino.

Nshimiyimana yagize ati “Twazamuye ikibuga ho metero ebyiri kandi tumanura tunegereza aho kwicara ikibuga ku mpamvu enye: kugira ngo abafana bazajye babasha kureba imikino hagendewe ku bipimo bya FIFA, kugabanya uburebure bwari hagati y’ikibuga n’imyanya ya mbere yo kwicaraho mu rwego rwo koroshya ko abafana bashobora gusohoka byihuse mu gihe bibaye ngombwa nk’igihe cy’inkongi, nanone kandi no koroshya gushyikirana hagati y’abakinnyi n’abafana.

Abakinnyi n’abafana bazaba bashobora kwishimana hagati yabo cyangwa bagaherezanya ibiganza mu gihe bishimira igitego cyangwa bishimira ibindi mu gihe mu mukino cyangwa mu gikorwa barimo bizaba byemewe.”

Yavuze kandi ko ibi byakozwe kugira ngo hongerwe umubare w’imyanya yo kwicaramo aho yageze kuri bihumbi 45 ivuye ku bihumbi 25.

Ikibuga cy’iyi Sitade nshya kandi kizaba gifite metero 105 kuri 68 kandi gifite ibyatsi bivanze birimo ibisanzwe ndetse n’ibihangano, aho ikibuga kiri hatazaba hatwikiriye mu rwego rwo gufasha ko izuba rigera ku byatsi.

Amarembo atatu y’iyi sidate yari asanzweho azagumaho ariko yagurwe, ndetse hashyirweho n’andi ya kane zaba ateganye no kuri BK Arena.

Igihe izaba yuzuye uko izaba igaragara

Abubaka bakora ijoro n’amanywa
Hari guterekwamo intebe

Ahazajya ikibuga higijwe hejuru

Inyuma na ho hazaba hameze neza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Onana ashyize ukuri kwe hanze ku byo avugwaho bitanyuze abakunzi ba ruhago mu Rwanda

Next Post

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.