Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Onana ashyize ukuri kwe hanze ku byo avugwaho bitanyuze abakunzi ba ruhago mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Onana ashyize ukuri kwe hanze ku byo avugwaho bitanyuze abakunzi ba ruhago mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu wa Rayon Sports, Leandre Willy Onana Essomba, ukomoka muri Cameroon, byaramutse bivugwa ko yateye utwatsi ubusabe bwo kuba yakinira Amavubi, yavuze ko bamubeshyera kuko atabyanze, ahubwo ko habayeho kutumvikana ku cyo yasabye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023, ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye, hatambutse amakuru avuga ko uyu rutahizamu ufite ubuhanga bwihariye, yanze gukinira Amavubi.

Ibi byatangajwe n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Carlos Alós Ferrer mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru kimwe gikorera mu Rwanda, wagize ati “Onana yanze ubusabe bwo gukinira u Rwanda.”

Carlos Alós Ferrer yakomeje avuga ko umwanzuro wa Onana ugomba kubahwa, ahubwo hagakurikiraho izindi nzira zo gushaka abandi bakinnyi bashobora gukinira Amavubi bakina hanze.

Uyu Munya-Cameroon, Onana yahise atangaza uruhande rwe mu kiganiro yagiranye na Radio ikora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda.

Yagize ati “Ntabwo nanze gukinira u Rwanda, ni ukumbeshyera. Gusa hari ibyo nasabye ko nabona nkafasha umuryango wanjye nkakinira u Rwanda.”

Uyu rutahizamu yakomeje anahishura icyo yasabye ntagihabwe cyatumye na we adashyira mu bikorwa ibyo yasabwaga, avuga ko yari yatse ibihumbi 80 USD (arenga miliyoni 80 Frw).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya yakiranywe icyubahiro cyinshi i Burundi (AMAFOTO)

Next Post

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Related Posts

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

Abafite amazina azwi ku Isi mu mupira w’amaguru barimo Jay-Jay Okocha bageze mu Rwanda

Abafite amazina azwi ku Isi mu mupira w’amaguru barimo Jay-Jay Okocha bageze mu Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Abanyabigwi babiri mu mupira w’amaguru, Jay-Jay Okocha na Didier Domi, bakiniye ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, bari...

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

by radiotv10
04/07/2025
0

Mu birori byo kwizihiza imyaka 32 ishize hashinzwe Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, byabereye ku Mulindi ahavukiye iyi kipe,...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.