Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yafatiwemo imyanzuro ikarishye igamije kurandura burundu ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yabaye nyuma y’Igihe gito, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye muri uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo Uhuru Kenyatta wanayakiriye akaba anayoboye EAC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Félix Tshisekedi wa DRC.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Iyi nama yari igamije gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano kimaze iminsi mu karere, yafatiwemo ibyemezo bikomeye bigamije guhashya imitwe y’inyeshyamba n’iy’iterabwoba iri mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Imitwe irimo FDLR yasabwe kumanika amaboko igataha

Umwanzuro urebana n’imitwe ikomoka mu Bihugu bindi byo mu Karere birimo ibihana imbibi na DRC, nka FDLR irwanya u Rwanda, umutwe wa ADF na LRA Irwanya ubutegetsi bwa Uganda, uwa FNL urimo Abarundi, yasabwe gushyira hasi intwaro vuba na bwandu.

Umwanzuro urebana n’iyi mitwe ugira uti “Imitwe yose yo hanze, isabwe gushyira hasi intwaro ubundi igasubira mu Bihugu ikomokamo, itabikora igafatwa nk’ikibazo gihangayikishije akarere kose ndetse ko irwanywe mu buryo bwa gisirikare.”

Ubwo abakuru b’Ibihugu bya EAC bahaga ikaze DRC, bose bagarutse ku kuba bashyize imbere uburyo bwose bushoboka bwo kurandura ikibazo cy’imitwe ihungabanya umutekano wo mu karere.

FDLR iri mu yasabwe gushyira hasi intwaro igataha

 

Imitwe y’Abanye-DRCongo na yo yaburiwe

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi hari imitwe ikomoka muri iki Gihugu ikora ibikorwa byiganjemo ibyo gusahura no kumena amaraso y’abaturage mu bikorwa by’urugomo.

Iyi nama y’abakuru b’Ibihugu bya EAC, bafashe umwanzuro ureba iyi mitwe, aho bayisabye ko mu gihe cya vuba iganira n’ubuyobozi bwa DRC kugira ngo igaragaze ibyo imaranira na byo bisuzumwe niba bifite ishingiro.

Umwanzuro werecyeye iyi ngingo ugira uti “imitwe yitwaje intwaro yose yo muri DRC igomba kwitabira bidasubirwa ibiganiro bya politiki kugira ngo igaragaze ibyo irwanira.”

Uyu mwanzuro ukomeza ugira uti “Nibidakorwa iyo mitwe ikomoka muri Congo izafatwa nk’ibangamiye akarere, hatangire ibikorwa bya gisirikare byo kuyirwanya.”

Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi yemereye bagenzi be ko ibi biganiro bizamuhuza n’abahagarariye imitwe bizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata muri Kenya ndetse, akazanageza kuri bagenzi be ibyavuyemo.

Abakuru b’Ibihugu bafashe iyi myanzuro iri mu byiciro bibiri; ikijyanye na politiki n’icyajyanye n’ibya gisirikare.

Biyemeje kandi ishyirwaho ry’itsinda rya gisirikare rihuriweho n’Ibihugu bigize uyu muryango wa EAC uzagira uruhare mu kurandura iyi mitwe yo muri DRC, bemeza ko itangira ry’iri tsinda no gutangira gushyira mu bikorwa ibyo uzaba ushinzwe, bigomba gutangira mu buryo bwihuse

Biyemeje ko nyuma y’ukwezi kumwe, bazongera guhurira hamwe, bagasuzumira hamwe ibizaba bimaze kugerwa muri ibi bikorwa byose biyemeje.

Abakuru b’Ibihugu biyemeje kurandura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + eighteen =

Previous Post

Ngoma: Umusirikare ukekwaho kwica umugore we amukubise agafuni yavuze ko yabitewe n’umujinya

Next Post

Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.