Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yafatiwemo imyanzuro ikarishye igamije kurandura burundu ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yabaye nyuma y’Igihe gito, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye muri uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo Uhuru Kenyatta wanayakiriye akaba anayoboye EAC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Félix Tshisekedi wa DRC.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Iyi nama yari igamije gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano kimaze iminsi mu karere, yafatiwemo ibyemezo bikomeye bigamije guhashya imitwe y’inyeshyamba n’iy’iterabwoba iri mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Imitwe irimo FDLR yasabwe kumanika amaboko igataha

Umwanzuro urebana n’imitwe ikomoka mu Bihugu bindi byo mu Karere birimo ibihana imbibi na DRC, nka FDLR irwanya u Rwanda, umutwe wa ADF na LRA Irwanya ubutegetsi bwa Uganda, uwa FNL urimo Abarundi, yasabwe gushyira hasi intwaro vuba na bwandu.

Umwanzuro urebana n’iyi mitwe ugira uti “Imitwe yose yo hanze, isabwe gushyira hasi intwaro ubundi igasubira mu Bihugu ikomokamo, itabikora igafatwa nk’ikibazo gihangayikishije akarere kose ndetse ko irwanywe mu buryo bwa gisirikare.”

Ubwo abakuru b’Ibihugu bya EAC bahaga ikaze DRC, bose bagarutse ku kuba bashyize imbere uburyo bwose bushoboka bwo kurandura ikibazo cy’imitwe ihungabanya umutekano wo mu karere.

FDLR iri mu yasabwe gushyira hasi intwaro igataha

 

Imitwe y’Abanye-DRCongo na yo yaburiwe

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi hari imitwe ikomoka muri iki Gihugu ikora ibikorwa byiganjemo ibyo gusahura no kumena amaraso y’abaturage mu bikorwa by’urugomo.

Iyi nama y’abakuru b’Ibihugu bya EAC, bafashe umwanzuro ureba iyi mitwe, aho bayisabye ko mu gihe cya vuba iganira n’ubuyobozi bwa DRC kugira ngo igaragaze ibyo imaranira na byo bisuzumwe niba bifite ishingiro.

Umwanzuro werecyeye iyi ngingo ugira uti “imitwe yitwaje intwaro yose yo muri DRC igomba kwitabira bidasubirwa ibiganiro bya politiki kugira ngo igaragaze ibyo irwanira.”

Uyu mwanzuro ukomeza ugira uti “Nibidakorwa iyo mitwe ikomoka muri Congo izafatwa nk’ibangamiye akarere, hatangire ibikorwa bya gisirikare byo kuyirwanya.”

Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi yemereye bagenzi be ko ibi biganiro bizamuhuza n’abahagarariye imitwe bizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata muri Kenya ndetse, akazanageza kuri bagenzi be ibyavuyemo.

Abakuru b’Ibihugu bafashe iyi myanzuro iri mu byiciro bibiri; ikijyanye na politiki n’icyajyanye n’ibya gisirikare.

Biyemeje kandi ishyirwaho ry’itsinda rya gisirikare rihuriweho n’Ibihugu bigize uyu muryango wa EAC uzagira uruhare mu kurandura iyi mitwe yo muri DRC, bemeza ko itangira ry’iri tsinda no gutangira gushyira mu bikorwa ibyo uzaba ushinzwe, bigomba gutangira mu buryo bwihuse

Biyemeje ko nyuma y’ukwezi kumwe, bazongera guhurira hamwe, bagasuzumira hamwe ibizaba bimaze kugerwa muri ibi bikorwa byose biyemeje.

Abakuru b’Ibihugu biyemeje kurandura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + three =

Previous Post

Ngoma: Umusirikare ukekwaho kwica umugore we amukubise agafuni yavuze ko yabitewe n’umujinya

Next Post

Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.