Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
0
EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yafatiwemo imyanzuro ikarishye igamije kurandura burundu ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yabaye nyuma y’Igihe gito, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye muri uyu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu binyuranye barimo Uhuru Kenyatta wanayakiriye akaba anayoboye EAC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Félix Tshisekedi wa DRC.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Iyi nama yari igamije gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano kimaze iminsi mu karere, yafatiwemo ibyemezo bikomeye bigamije guhashya imitwe y’inyeshyamba n’iy’iterabwoba iri mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

 

Imitwe irimo FDLR yasabwe kumanika amaboko igataha

Umwanzuro urebana n’imitwe ikomoka mu Bihugu bindi byo mu Karere birimo ibihana imbibi na DRC, nka FDLR irwanya u Rwanda, umutwe wa ADF na LRA Irwanya ubutegetsi bwa Uganda, uwa FNL urimo Abarundi, yasabwe gushyira hasi intwaro vuba na bwandu.

Umwanzuro urebana n’iyi mitwe ugira uti “Imitwe yose yo hanze, isabwe gushyira hasi intwaro ubundi igasubira mu Bihugu ikomokamo, itabikora igafatwa nk’ikibazo gihangayikishije akarere kose ndetse ko irwanywe mu buryo bwa gisirikare.”

Ubwo abakuru b’Ibihugu bya EAC bahaga ikaze DRC, bose bagarutse ku kuba bashyize imbere uburyo bwose bushoboka bwo kurandura ikibazo cy’imitwe ihungabanya umutekano wo mu karere.

FDLR iri mu yasabwe gushyira hasi intwaro igataha

 

Imitwe y’Abanye-DRCongo na yo yaburiwe

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi hari imitwe ikomoka muri iki Gihugu ikora ibikorwa byiganjemo ibyo gusahura no kumena amaraso y’abaturage mu bikorwa by’urugomo.

Iyi nama y’abakuru b’Ibihugu bya EAC, bafashe umwanzuro ureba iyi mitwe, aho bayisabye ko mu gihe cya vuba iganira n’ubuyobozi bwa DRC kugira ngo igaragaze ibyo imaranira na byo bisuzumwe niba bifite ishingiro.

Umwanzuro werecyeye iyi ngingo ugira uti “imitwe yitwaje intwaro yose yo muri DRC igomba kwitabira bidasubirwa ibiganiro bya politiki kugira ngo igaragaze ibyo irwanira.”

Uyu mwanzuro ukomeza ugira uti “Nibidakorwa iyo mitwe ikomoka muri Congo izafatwa nk’ibangamiye akarere, hatangire ibikorwa bya gisirikare byo kuyirwanya.”

Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi yemereye bagenzi be ko ibi biganiro bizamuhuza n’abahagarariye imitwe bizaba kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Mata muri Kenya ndetse, akazanageza kuri bagenzi be ibyavuyemo.

Abakuru b’Ibihugu bafashe iyi myanzuro iri mu byiciro bibiri; ikijyanye na politiki n’icyajyanye n’ibya gisirikare.

Biyemeje kandi ishyirwaho ry’itsinda rya gisirikare rihuriweho n’Ibihugu bigize uyu muryango wa EAC uzagira uruhare mu kurandura iyi mitwe yo muri DRC, bemeza ko itangira ry’iri tsinda no gutangira gushyira mu bikorwa ibyo uzaba ushinzwe, bigomba gutangira mu buryo bwihuse

Biyemeje ko nyuma y’ukwezi kumwe, bazongera guhurira hamwe, bagasuzumira hamwe ibizaba bimaze kugerwa muri ibi bikorwa byose biyemeje.

Abakuru b’Ibihugu biyemeje kurandura ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Ngoma: Umusirikare ukekwaho kwica umugore we amukubise agafuni yavuze ko yabitewe n’umujinya

Next Post

Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Kamonyi: Umuyobozi bamuguyeho ari kwishimana n’umugore utari uwe rubura gica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.