Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse
Share on FacebookShare on Twitter
  • Muri Uganda harakekwa ko 21 bamaze guhitanwa na Ebola
  • Abaturarwanda basabwe kugira amakenga ku bashyitsi baturutse hanze

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwirinda ingendo zitari ngombwa muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyahagaragaye ndetse kikaba kimaze guhitana ubuzima bwa bamwe.

Nyuma yuko Guverinoma ya Uganda yemeje ko Ebola yabonetse mu Karere ka Mubende, kugeza ubu abamaze kwitaba Imana bikekwa ko bazize iki cyorezo, ni 21 barimo bane byemejwe mu buryo bwa burundu ndetse na 17 bagikekwaho guhitanwa n’iyi ndwara.

Guverinoma y’u Rwanda, iherutse gushyira hanze itangazo rihumuriza Abaturarwanda ko iki cyorezo nubwo cyabonetse mu Gihugu cy’abaturanyi ariko kitaragera mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yongeye guhumuriza Abanyarwanda ko nta muntu n’umwe urasanganwa iki cyorezo, ariko ko bakwiye kwitwararika kandi bagakurikirana amakuru ajyanye n’iki cyorezo.

Yagize ati “Bakurikirane ibiri kuba muri kano karere ndetse banamenye amakuru ku bo baturanye, abatari basanzwe bahatuye nk’abashyitsi baba baje mu Midugudu yabo bababaze aho baturutse kugira ngo twese twirinde iyi ndwara kuko tuzi ko ari indwara yandura kandi yica cyane.”

Dr Ngamije avuga ko u Rwanda rwiteguye kuko rufite ibikoresho bihagije byo gusuzuma abantu bashobora kuba bafite iyo ndwara ya Ebola.

Agaruka ku Banyarwanda begereye Ibihugu byamaze kugaragaramo iyi ndwara nka Uganda, Dr Ngamije yavuze ko bakwiye kuba maso.

Ati “Abatuye muri turiya Turere twegeranye na Uganda, turabasaba kudakora ingendo zitari ngombwa muri kiriya Gihugu ubu, kubera ko hariyo ikibazo cy’uburwayi, abantu baba basubitse gahunda bari bafite zo kujyayo muri iyi minsi, ibintu bikabanza bigasobanuka.”

Yakomeje avuga ko Abaturarwanda bari muri iki Gihugu na bo bakwiye kwitwararika, abagarutse bakamenyesha inzego z’ubuzima kugira ngo bafashwe.

Ati “Kugira ngo umuntu aho aturutse atange amakuru nyayo, ntacyo bimaze kuyahisha, niba uvuye muri turiya duce iriya ndwara irimo ntabwo bivuze ko wanduye ariko ni byiza ko tumenya ko wahanyuze hanyuma tukagukurikirana byumwihariko mu gihe cy’iminsi itari myinshi cyane, twasanga ntakibazo ufite ugasubira mu rugo.”

Dr Ngamije avuga ko abava muri iki Gihugu cya Uganda, bakwiye kubimenyesha inzego z’ubuzima kuko ari ku nyungu z’ubuzima bwabo n’ubw’imiryango yabo ndetse ko ibikorwa byo kubakurikirana batazabyishyuzwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 7 =

Previous Post

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

Next Post

RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

Related Posts

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

IZIHERUKA

Should parents still choose careers for their children?
IMIBEREHO MYIZA

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Should parents still choose careers for their children?

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.