Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse
Share on FacebookShare on Twitter
  • Muri Uganda harakekwa ko 21 bamaze guhitanwa na Ebola
  • Abaturarwanda basabwe kugira amakenga ku bashyitsi baturutse hanze

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwirinda ingendo zitari ngombwa muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyahagaragaye ndetse kikaba kimaze guhitana ubuzima bwa bamwe.

Nyuma yuko Guverinoma ya Uganda yemeje ko Ebola yabonetse mu Karere ka Mubende, kugeza ubu abamaze kwitaba Imana bikekwa ko bazize iki cyorezo, ni 21 barimo bane byemejwe mu buryo bwa burundu ndetse na 17 bagikekwaho guhitanwa n’iyi ndwara.

Guverinoma y’u Rwanda, iherutse gushyira hanze itangazo rihumuriza Abaturarwanda ko iki cyorezo nubwo cyabonetse mu Gihugu cy’abaturanyi ariko kitaragera mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yongeye guhumuriza Abanyarwanda ko nta muntu n’umwe urasanganwa iki cyorezo, ariko ko bakwiye kwitwararika kandi bagakurikirana amakuru ajyanye n’iki cyorezo.

Yagize ati “Bakurikirane ibiri kuba muri kano karere ndetse banamenye amakuru ku bo baturanye, abatari basanzwe bahatuye nk’abashyitsi baba baje mu Midugudu yabo bababaze aho baturutse kugira ngo twese twirinde iyi ndwara kuko tuzi ko ari indwara yandura kandi yica cyane.”

Dr Ngamije avuga ko u Rwanda rwiteguye kuko rufite ibikoresho bihagije byo gusuzuma abantu bashobora kuba bafite iyo ndwara ya Ebola.

Agaruka ku Banyarwanda begereye Ibihugu byamaze kugaragaramo iyi ndwara nka Uganda, Dr Ngamije yavuze ko bakwiye kuba maso.

Ati “Abatuye muri turiya Turere twegeranye na Uganda, turabasaba kudakora ingendo zitari ngombwa muri kiriya Gihugu ubu, kubera ko hariyo ikibazo cy’uburwayi, abantu baba basubitse gahunda bari bafite zo kujyayo muri iyi minsi, ibintu bikabanza bigasobanuka.”

Yakomeje avuga ko Abaturarwanda bari muri iki Gihugu na bo bakwiye kwitwararika, abagarutse bakamenyesha inzego z’ubuzima kugira ngo bafashwe.

Ati “Kugira ngo umuntu aho aturutse atange amakuru nyayo, ntacyo bimaze kuyahisha, niba uvuye muri turiya duce iriya ndwara irimo ntabwo bivuze ko wanduye ariko ni byiza ko tumenya ko wahanyuze hanyuma tukagukurikirana byumwihariko mu gihe cy’iminsi itari myinshi cyane, twasanga ntakibazo ufite ugasubira mu rugo.”

Dr Ngamije avuga ko abava muri iki Gihugu cya Uganda, bakwiye kubimenyesha inzego z’ubuzima kuko ari ku nyungu z’ubuzima bwabo n’ubw’imiryango yabo ndetse ko ibikorwa byo kubakurikirana batazabyishyuzwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 5 =

Previous Post

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

Next Post

RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.