Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Ebola: Abanyarwanda bafite gahunda yo kujya muri Uganda basabwe kuba baretse
Share on FacebookShare on Twitter
  • Muri Uganda harakekwa ko 21 bamaze guhitanwa na Ebola
  • Abaturarwanda basabwe kugira amakenga ku bashyitsi baturutse hanze

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwirinda ingendo zitari ngombwa muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyahagaragaye ndetse kikaba kimaze guhitana ubuzima bwa bamwe.

Nyuma yuko Guverinoma ya Uganda yemeje ko Ebola yabonetse mu Karere ka Mubende, kugeza ubu abamaze kwitaba Imana bikekwa ko bazize iki cyorezo, ni 21 barimo bane byemejwe mu buryo bwa burundu ndetse na 17 bagikekwaho guhitanwa n’iyi ndwara.

Guverinoma y’u Rwanda, iherutse gushyira hanze itangazo rihumuriza Abaturarwanda ko iki cyorezo nubwo cyabonetse mu Gihugu cy’abaturanyi ariko kitaragera mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Nzeri 2022, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yongeye guhumuriza Abanyarwanda ko nta muntu n’umwe urasanganwa iki cyorezo, ariko ko bakwiye kwitwararika kandi bagakurikirana amakuru ajyanye n’iki cyorezo.

Yagize ati “Bakurikirane ibiri kuba muri kano karere ndetse banamenye amakuru ku bo baturanye, abatari basanzwe bahatuye nk’abashyitsi baba baje mu Midugudu yabo bababaze aho baturutse kugira ngo twese twirinde iyi ndwara kuko tuzi ko ari indwara yandura kandi yica cyane.”

Dr Ngamije avuga ko u Rwanda rwiteguye kuko rufite ibikoresho bihagije byo gusuzuma abantu bashobora kuba bafite iyo ndwara ya Ebola.

Agaruka ku Banyarwanda begereye Ibihugu byamaze kugaragaramo iyi ndwara nka Uganda, Dr Ngamije yavuze ko bakwiye kuba maso.

Ati “Abatuye muri turiya Turere twegeranye na Uganda, turabasaba kudakora ingendo zitari ngombwa muri kiriya Gihugu ubu, kubera ko hariyo ikibazo cy’uburwayi, abantu baba basubitse gahunda bari bafite zo kujyayo muri iyi minsi, ibintu bikabanza bigasobanuka.”

Yakomeje avuga ko Abaturarwanda bari muri iki Gihugu na bo bakwiye kwitwararika, abagarutse bakamenyesha inzego z’ubuzima kugira ngo bafashwe.

Ati “Kugira ngo umuntu aho aturutse atange amakuru nyayo, ntacyo bimaze kuyahisha, niba uvuye muri turiya duce iriya ndwara irimo ntabwo bivuze ko wanduye ariko ni byiza ko tumenya ko wahanyuze hanyuma tukagukurikirana byumwihariko mu gihe cy’iminsi itari myinshi cyane, twasanga ntakibazo ufite ugasubira mu rugo.”

Dr Ngamije avuga ko abava muri iki Gihugu cya Uganda, bakwiye kubimenyesha inzego z’ubuzima kuko ari ku nyungu z’ubuzima bwabo n’ubw’imiryango yabo ndetse ko ibikorwa byo kubakurikirana batazabyishyuzwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seven =

Previous Post

Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 76Frw byafatiwe muri Operasiyo yakozwe mu Rwanda hose

Next Post

RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

RDF yatanze amakuru mashya ku ifatwa ry’Umusirikare wa FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.