Tuesday, April 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere, The Ben usanzwe uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yageze i Kampaka aho agiye gutaramira Abanya-Uganda mu gitaramo yari ategezanyijwemo amatsiko.

Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wavukiye muri Uganda, yageze i Kampala ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Kamena 2022, yakiranwa ubwuzu n’icyubahiro bidasanzwe.

The Ben ugomba gutaramira abanyabirori b’i Kampaka ahitwa La Paloni Rooftop, akigera ku kibuga cy’indege yagaragarijwe urukundo ruhebuje, ashyikirizwa indabo nk’umushyitsi w’imena ariko nanone akaba ari nk’umwana uje iwabo dore ko ari ho yavukiye.

Abari gutegura iki gitaramo bahise bamujyana mu modoka y’akataraboneka kugira ngo aganire n’itangazamakuru ubundi ajye kuruhuka.

Yahise agirana ikiganiro n’Abanyamakuru yizeza abakunzi be kuzabaha ibyishimo by’igisagirane muri iki gitaramo aza kubakorera kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Kamena 2022.

Hari amakuru kandi yizewe avuga ko The Ben yaherekejwe n’umukunzi we Uwicyeza Pamella yanambitse impeta mu kwezi k’Ukwakira 2021 amusaba kuzamubera umugore.

Gusa uyu Munyarwandakazi utagaragaye ari kumwe na Cheri we The Ben, hari amakuru avuga ko we yaje mu yindi ndege.

The Ben wanabajijwe kuri uyu mukunzi we niba bazanye, yavuze ko hari ibanga bakoresheje kugira ngo bitamenyekana ko yaje dore ko ngo adakunda kugaragara mu itangazamakuru.

Bamwe mu banyarwanda bamaze kwambuka ngo bajye gukurikirana iki gitaramo, barimo n’abasanzwe bazwi mu myidagaduro yo mu Rwanda.

The Ben akigera muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 4 =

Previous Post

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Next Post

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Related Posts

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

by radiotv10
28/04/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza...

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

by radiotv10
28/04/2026
0

Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene, yateguje ko agiye kugaragara muri filimi y’uruhererekane azakinanamo na Inkindi Aisha usanzwe amenyerewe...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

by radiotv10
28/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko hari amafaranga yatawe n’umuntu mu muhanda wa Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo kandi ko yatoraguwe,...

Hagaragaye ikimenyetso gishimangira inkuru y’urukundo hagati y’umukinnyikazi wa filimi nyarwanda n’umunyemari w’Umunya-Tanzania

Hagaragaye ikimenyetso gishimangira inkuru y’urukundo hagati y’umukinnyikazi wa filimi nyarwanda n’umunyemari w’Umunya-Tanzania

by radiotv10
28/04/2026
0

Nyuma y’iminsi havugwa amakuru ko umukinnyi wa filimi Alliah Cool yaba ari mu rukundo n’umuherwe w'Umunya-Tanzania Lugumi Saidi, uyu munyemari...

Signs from your body you should not ignore, especially for young women

Signs from your body you should not ignore, especially for young women

by radiotv10
28/04/2026
0

Your body is constantly communicating with you through small changes, discomfort, or even subtle shifts in mood and energy. The...

IZIHERUKA

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma
AMAHANGA

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

by radiotv10
28/04/2026
0

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

28/04/2026
Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

28/04/2026
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

28/04/2026
Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

28/04/2026
Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

28/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.