Wednesday, April 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere, The Ben usanzwe uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yageze i Kampaka aho agiye gutaramira Abanya-Uganda mu gitaramo yari ategezanyijwemo amatsiko.

Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wavukiye muri Uganda, yageze i Kampala ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Kamena 2022, yakiranwa ubwuzu n’icyubahiro bidasanzwe.

The Ben ugomba gutaramira abanyabirori b’i Kampaka ahitwa La Paloni Rooftop, akigera ku kibuga cy’indege yagaragarijwe urukundo ruhebuje, ashyikirizwa indabo nk’umushyitsi w’imena ariko nanone akaba ari nk’umwana uje iwabo dore ko ari ho yavukiye.

Abari gutegura iki gitaramo bahise bamujyana mu modoka y’akataraboneka kugira ngo aganire n’itangazamakuru ubundi ajye kuruhuka.

Yahise agirana ikiganiro n’Abanyamakuru yizeza abakunzi be kuzabaha ibyishimo by’igisagirane muri iki gitaramo aza kubakorera kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Kamena 2022.

Hari amakuru kandi yizewe avuga ko The Ben yaherekejwe n’umukunzi we Uwicyeza Pamella yanambitse impeta mu kwezi k’Ukwakira 2021 amusaba kuzamubera umugore.

Gusa uyu Munyarwandakazi utagaragaye ari kumwe na Cheri we The Ben, hari amakuru avuga ko we yaje mu yindi ndege.

The Ben wanabajijwe kuri uyu mukunzi we niba bazanye, yavuze ko hari ibanga bakoresheje kugira ngo bitamenyekana ko yaje dore ko ngo adakunda kugaragara mu itangazamakuru.

Bamwe mu banyarwanda bamaze kwambuka ngo bajye gukurikirana iki gitaramo, barimo n’abasanzwe bazwi mu myidagaduro yo mu Rwanda.

The Ben akigera muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − six =

Previous Post

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Next Post

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Related Posts

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

by radiotv10
29/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwo muri Malawi, rwakatiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 40 Umunyarwandakazi uba muri iki Gihugu, rumuhamije icyaha cyo kwica umugabo...

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

by radiotv10
29/04/2026
0

Umunyamakuru Mulindwa Augustine wari umaze imyaka 23 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru mu Rwanda, na mugenzi we Cyubahiro Bonaventure, basezeye iki...

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
29/04/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino ubanza wa 1/2 wahuje ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe yamamaza Visit Rwanda na Bayern...

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

by radiotv10
29/04/2026
0

You don’t wake up one day with poor mental health. Most of the time, it builds quietly, through small, everyday...

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

by radiotv10
28/04/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza...

IZIHERUKA

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we
MU RWANDA

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

by radiotv10
29/04/2026
0

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

29/04/2026
Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

29/04/2026
Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

29/04/2026
Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

29/04/2026
Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

28/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Haravugwa isezera ry’abanyamakuru babiri b’igitangazamakuru kimwe mu Rwanda barimo uwari ukimazeho imyaka 20

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.