Friday, May 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Ese azasubirayo ataramukije Abanyarwanda? The Ben ari hano hakurya muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere, The Ben usanzwe uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yageze i Kampaka aho agiye gutaramira Abanya-Uganda mu gitaramo yari ategezanyijwemo amatsiko.

Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wavukiye muri Uganda, yageze i Kampala ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Kamena 2022, yakiranwa ubwuzu n’icyubahiro bidasanzwe.

The Ben ugomba gutaramira abanyabirori b’i Kampaka ahitwa La Paloni Rooftop, akigera ku kibuga cy’indege yagaragarijwe urukundo ruhebuje, ashyikirizwa indabo nk’umushyitsi w’imena ariko nanone akaba ari nk’umwana uje iwabo dore ko ari ho yavukiye.

Abari gutegura iki gitaramo bahise bamujyana mu modoka y’akataraboneka kugira ngo aganire n’itangazamakuru ubundi ajye kuruhuka.

Yahise agirana ikiganiro n’Abanyamakuru yizeza abakunzi be kuzabaha ibyishimo by’igisagirane muri iki gitaramo aza kubakorera kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Kamena 2022.

Hari amakuru kandi yizewe avuga ko The Ben yaherekejwe n’umukunzi we Uwicyeza Pamella yanambitse impeta mu kwezi k’Ukwakira 2021 amusaba kuzamubera umugore.

Gusa uyu Munyarwandakazi utagaragaye ari kumwe na Cheri we The Ben, hari amakuru avuga ko we yaje mu yindi ndege.

The Ben wanabajijwe kuri uyu mukunzi we niba bazanye, yavuze ko hari ibanga bakoresheje kugira ngo bitamenyekana ko yaje dore ko ngo adakunda kugaragara mu itangazamakuru.

Bamwe mu banyarwanda bamaze kwambuka ngo bajye gukurikirana iki gitaramo, barimo n’abasanzwe bazwi mu myidagaduro yo mu Rwanda.

The Ben akigera muri Uganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + five =

Previous Post

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Next Post

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

by radiotv10
01/05/2026
0

Umunyamakuru Rugemana Amena uzwi nka Babu mu biganiro by'imyidagaduro, yemeje ko yasezeye mu kiganiro yakoraga ku Isibo TV, ndetse no...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

01/05/2026
Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Minisitiri yavuze ku barimu bahawe inkunga yo kwiga muri UR bakirukanwa bagitangira bakanaterwa ubwoba ngo ntibazabitangaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.