Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Ruhago Nyarwanda yakunze kuvugwamo ibibazo uruhuri, bituma idatera imbere ngo u Rwanda rugere ahashimishije mu mupira w’amaguru, ariko se ikibazo ni ukuba mu Rwanda hatari abakinnyi bafite impano, cyangwa hari ahandi bipfira? Isesengura ry’Umunyamakuru Kazungu Claver rirabigarukaho.

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi bahari, cyangwa Abatoza ni bo badashaka kubakoresha kugira ngo bibonere amafaranga ku bo bagura?

Abatoza cyane cyane abo mu Rwanda, i Burundi, Uganda, Tanzania, n’ahandi muri Afurika, iyo bageze mu ikipe zo mu Rwanda bavuga ko bakeneye abakinnyi bashya, hagasezererwa abakinnyi barengana, rimwe na rimwe ngo babyumvikanyeho n’abayobozi b’ayo makipe kubera ko bagabana amafaranga bakuye ku bakinnyi bashya baguzwe.

Mu batoza bo mu Rwanda ngo iyo yageze mu ikipe nshya mu ziterwa inkunga n’Uturere, bagenzi be bamubaza icyo yakuyemo, niba ari inzu cyangwa imodoka nyuma yo kugura abakinnyi bashya.

Buri mukinnyi waguzwe, ngo agomba gutanga amafaranga ku yo yaguzwe. Urugero uwaguzwe Miliyoni 5Frw, umutoza ashobora kumusaba gutanga Miliyoni 2 Frw agasigara Miliyoni 3 Frw nubwo asinyira eshanu mu masezerano ye.

Urundi rugero ngo uwaguzwe Miliyoni 3 Frw ashobora guha umutoza miliyoni 1 Frw, ku buryo ubyanze atagurwa, kimwe n’ushaka kongera amasezerano wari usanzwe mu ikipe na we ngo umutoza amusaba ko amuhaho amafaranga, yakwanga bakamurekura akagenda.

Hari abasezeye umupira imburagihe, hari abakina ahatari ku rwego rwabo, uwashaka amakuru nyayo afatika biroroshye kubaza umukinnyi uwo ari we wese mu gihe akwizeye arabikubwira kuko byabaye ubuzima busanzwe.

Ibi ndabyibaza kuko namenye ko abakinnyi bamaze gutsindira Etoile de L’Est y’i Ngoma mu mikino ibiri ya Shampiyona, ari abakinnyi bato batabonaga n’umwanya mu bakinnyi 20 bategurwa ku mikino ndetse no mu basimbura, kubera amazina y’abanyamahanga yaguzwe bahangitswe arimo ba Sadiki Sule wanyuze muri Bugesera FC n’abandi.

Uwatsinze Amagaju FC i Huye, ubwo Etoile de L’Est yatsindaga 1-0, ni umukinnyi muto yavuye mu irerero ry’ahitwa i Kazo muri Ngoma yitwa Niyonshuti Yusuph, uyu munsi uwatsindiye Etoile de L’Est ku mukino yakiriyemo Marine FC i Ngoma yitwa Muhoza Daniel yiga mu mwaka wa 3 ahitwa i Gasetsa mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma afite imyaka 16.

Ese abakinnyi bato bafite impano mu Rwanda bari i Ngoma gusa?

KAZUNGU CLAVER

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 9 =

Previous Post

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

Next Post

Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Related Posts

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.