Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Ruhago Nyarwanda yakunze kuvugwamo ibibazo uruhuri, bituma idatera imbere ngo u Rwanda rugere ahashimishije mu mupira w’amaguru, ariko se ikibazo ni ukuba mu Rwanda hatari abakinnyi bafite impano, cyangwa hari ahandi bipfira? Isesengura ry’Umunyamakuru Kazungu Claver rirabigarukaho.

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi bahari, cyangwa Abatoza ni bo badashaka kubakoresha kugira ngo bibonere amafaranga ku bo bagura?

Abatoza cyane cyane abo mu Rwanda, i Burundi, Uganda, Tanzania, n’ahandi muri Afurika, iyo bageze mu ikipe zo mu Rwanda bavuga ko bakeneye abakinnyi bashya, hagasezererwa abakinnyi barengana, rimwe na rimwe ngo babyumvikanyeho n’abayobozi b’ayo makipe kubera ko bagabana amafaranga bakuye ku bakinnyi bashya baguzwe.

Mu batoza bo mu Rwanda ngo iyo yageze mu ikipe nshya mu ziterwa inkunga n’Uturere, bagenzi be bamubaza icyo yakuyemo, niba ari inzu cyangwa imodoka nyuma yo kugura abakinnyi bashya.

Buri mukinnyi waguzwe, ngo agomba gutanga amafaranga ku yo yaguzwe. Urugero uwaguzwe Miliyoni 5Frw, umutoza ashobora kumusaba gutanga Miliyoni 2 Frw agasigara Miliyoni 3 Frw nubwo asinyira eshanu mu masezerano ye.

Urundi rugero ngo uwaguzwe Miliyoni 3 Frw ashobora guha umutoza miliyoni 1 Frw, ku buryo ubyanze atagurwa, kimwe n’ushaka kongera amasezerano wari usanzwe mu ikipe na we ngo umutoza amusaba ko amuhaho amafaranga, yakwanga bakamurekura akagenda.

Hari abasezeye umupira imburagihe, hari abakina ahatari ku rwego rwabo, uwashaka amakuru nyayo afatika biroroshye kubaza umukinnyi uwo ari we wese mu gihe akwizeye arabikubwira kuko byabaye ubuzima busanzwe.

Ibi ndabyibaza kuko namenye ko abakinnyi bamaze gutsindira Etoile de L’Est y’i Ngoma mu mikino ibiri ya Shampiyona, ari abakinnyi bato batabonaga n’umwanya mu bakinnyi 20 bategurwa ku mikino ndetse no mu basimbura, kubera amazina y’abanyamahanga yaguzwe bahangitswe arimo ba Sadiki Sule wanyuze muri Bugesera FC n’abandi.

Uwatsinze Amagaju FC i Huye, ubwo Etoile de L’Est yatsindaga 1-0, ni umukinnyi muto yavuye mu irerero ry’ahitwa i Kazo muri Ngoma yitwa Niyonshuti Yusuph, uyu munsi uwatsindiye Etoile de L’Est ku mukino yakiriyemo Marine FC i Ngoma yitwa Muhoza Daniel yiga mu mwaka wa 3 ahitwa i Gasetsa mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma afite imyaka 16.

Ese abakinnyi bato bafite impano mu Rwanda bari i Ngoma gusa?

KAZUNGU CLAVER

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − six =

Previous Post

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

Next Post

Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Inkuru y’incamugongo y’urupfu rw’agashinyaguro umugabo akekwaho kwicamo umugore we yakanze benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.