Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kigaragaje ko giciye ukubiri na FDLR, umusesenguzi mu bya Politiki, avuga ko bifite icyo bivuze muri dipolomasi, ariko ko inzira zo gushaka umuti w’ibibazo zigikeneye byinshi.

Itangazo rya FARDC rigaragaza yo yitandukanyije na FDLR, ryasohotse nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za America zigaragaje ko Perezida Kagame w’u Rwanda na Tshisekedi wa DRC bemeye kubahiriza amasezerano yo gukemura ibibazo biri hagati y’Ibihugu bayoboye.

Guhagarika imikoranire ya Leta n’imitwe y’abarwanyi, ni ingingo ya 7 mu mwanzuro wa 8 w’inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Luanda muri Angola ku ya 23 Ushyingo 2022.

Icyo gihe bavuze ko ibi byaba imwe mu ntangiriro y’urugendo rw’ibiganiro biganisha ku mahoro y’Iburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi w’Ingabo za DRC, Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi, yagaragaje ko FARDC yafashe icyemezo cyo guhagarika burundu imikoranire na FDLR.

Yagize ati “Ubuyobozi bw’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buramenyesha ingabo zose; mu nzego zose; ko babujijwe kongera gukorana no kugirana umubano n’umutwe wiyita ko uharanira Demokarasi no Kubohora u Rwanda FDLR. Uzabirengaho azabiryozwa hashingiwe ku byo amategeko n’amabwiriza agenga ingabo zacu ateganya. Ibi bigomba guhita byubahirizwa nta mbabazi zizigera zibaho.”

Iki cyemezo cya FARDC cyafashwe mu masaha macye yakurikiye uruzinduko rwa Avril Danica Haines ukuriye ubutasi muri Leta Zunze Ubumwe za America, wahuriye na Perezida Tshisekedi i Kinshasa nyuma yo kuva mu Rwanda kuvugana na Perezida Kagame.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America byemeje ko iyi ntumwa yabo yemeranyije n’Abakuru b’Ibihugu byombi ko bagomba kubahiriza imyanzuro y’i Luanda n’i Nairobi.

Itangazo rya White House, rigira riti “Umuyobozi w’urwego rw’iperereza yahuye na Perezida Kagame w’u Rwanda na Tshisekedi wa Congo mu gushakira hamwe uburyo bwo guhosha ikibazo kiri mu burasirazuba bwa Congo. Hashingiwe ku gihe kinini iki kibazo kimaze; Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye gufata ingamba zidasanzwe kugira ngo bakemure impungenge z’umutekano w’Ibihugu byombi. Ibyo byemezo bishingiye ku masezerano baherutse kwemeranyaho i Luanda na Nairobi ku bufasha bw’abaturanyi.”

Alexis Nizeyimana, umuhanga akaba n’umusesenguzi muri politiki mpuzamahanga, avuga ko iri tangazo rya FARDC ndetse n’ibyatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za America, bifitanye isano, ariko ko hagikenewe indi ntambwe iganisha ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Yagize ati “Hari amakuru menshi buriya yagiye atangwa bitewe n’uyafitemo inyungu. Niba hahagurutse ushinzwe ubutasi; ni nko kukubwira ngo ya makuru twasubiye inyuma turayagenzura, tuza gusanga ibyari byaremeranijweho mu mwaka ushize cyari igisubizo cy’ibibazo Bihari.”

Uyu musesenguzi yagarutse ku byakunze kuvugwa na USA ko u Rwanda narwo rukwiye guhagarika gufasha umutwe wa M23 nubwo rutahwemye kubihakana, avuga ko iki Gihugu kikibitekereza.

Ati “Simpamya ko Amerika yahise iva ku gitekerezo cyayo cy’uko u Rwanda rufasha M23, ariko yabonye amakuru arenze ayavugwaga mu bitangazamakuru. Icya kabiri kuba Leta ya Congo yatanze ririya tangazo bikwereka aho umunzani uhengamiye. Itangazo ntacyo riri buhindure, icyakora muri dipolomasi buriya hari icyo bahinduye.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Abakundaniye muri film y’urukundo bakinnye basangije abantu inkuru nziza bitegura kwakira

Next Post

Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.