Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kigaragaje ko giciye ukubiri na FDLR, umusesenguzi mu bya Politiki, avuga ko bifite icyo bivuze muri dipolomasi, ariko ko inzira zo gushaka umuti w’ibibazo zigikeneye byinshi.

Itangazo rya FARDC rigaragaza yo yitandukanyije na FDLR, ryasohotse nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za America zigaragaje ko Perezida Kagame w’u Rwanda na Tshisekedi wa DRC bemeye kubahiriza amasezerano yo gukemura ibibazo biri hagati y’Ibihugu bayoboye.

Guhagarika imikoranire ya Leta n’imitwe y’abarwanyi, ni ingingo ya 7 mu mwanzuro wa 8 w’inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Luanda muri Angola ku ya 23 Ushyingo 2022.

Icyo gihe bavuze ko ibi byaba imwe mu ntangiriro y’urugendo rw’ibiganiro biganisha ku mahoro y’Iburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu itangazo ryasomwe n’Umuvugizi w’Ingabo za DRC, Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi, yagaragaje ko FARDC yafashe icyemezo cyo guhagarika burundu imikoranire na FDLR.

Yagize ati “Ubuyobozi bw’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buramenyesha ingabo zose; mu nzego zose; ko babujijwe kongera gukorana no kugirana umubano n’umutwe wiyita ko uharanira Demokarasi no Kubohora u Rwanda FDLR. Uzabirengaho azabiryozwa hashingiwe ku byo amategeko n’amabwiriza agenga ingabo zacu ateganya. Ibi bigomba guhita byubahirizwa nta mbabazi zizigera zibaho.”

Iki cyemezo cya FARDC cyafashwe mu masaha macye yakurikiye uruzinduko rwa Avril Danica Haines ukuriye ubutasi muri Leta Zunze Ubumwe za America, wahuriye na Perezida Tshisekedi i Kinshasa nyuma yo kuva mu Rwanda kuvugana na Perezida Kagame.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America byemeje ko iyi ntumwa yabo yemeranyije n’Abakuru b’Ibihugu byombi ko bagomba kubahiriza imyanzuro y’i Luanda n’i Nairobi.

Itangazo rya White House, rigira riti “Umuyobozi w’urwego rw’iperereza yahuye na Perezida Kagame w’u Rwanda na Tshisekedi wa Congo mu gushakira hamwe uburyo bwo guhosha ikibazo kiri mu burasirazuba bwa Congo. Hashingiwe ku gihe kinini iki kibazo kimaze; Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye gufata ingamba zidasanzwe kugira ngo bakemure impungenge z’umutekano w’Ibihugu byombi. Ibyo byemezo bishingiye ku masezerano baherutse kwemeranyaho i Luanda na Nairobi ku bufasha bw’abaturanyi.”

Alexis Nizeyimana, umuhanga akaba n’umusesenguzi muri politiki mpuzamahanga, avuga ko iri tangazo rya FARDC ndetse n’ibyatangajwe na Leta Zunze Ubumwe za America, bifitanye isano, ariko ko hagikenewe indi ntambwe iganisha ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Abakuru b’Ibihugu ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Yagize ati “Hari amakuru menshi buriya yagiye atangwa bitewe n’uyafitemo inyungu. Niba hahagurutse ushinzwe ubutasi; ni nko kukubwira ngo ya makuru twasubiye inyuma turayagenzura, tuza gusanga ibyari byaremeranijweho mu mwaka ushize cyari igisubizo cy’ibibazo Bihari.”

Uyu musesenguzi yagarutse ku byakunze kuvugwa na USA ko u Rwanda narwo rukwiye guhagarika gufasha umutwe wa M23 nubwo rutahwemye kubihakana, avuga ko iki Gihugu kikibitekereza.

Ati “Simpamya ko Amerika yahise iva ku gitekerezo cyayo cy’uko u Rwanda rufasha M23, ariko yabonye amakuru arenze ayavugwaga mu bitangazamakuru. Icya kabiri kuba Leta ya Congo yatanze ririya tangazo bikwereka aho umunzani uhengamiye. Itangazo ntacyo riri buhindure, icyakora muri dipolomasi buriya hari icyo bahinduye.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eight =

Previous Post

Abakundaniye muri film y’urukundo bakinnye basangije abantu inkuru nziza bitegura kwakira

Next Post

Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose
SIPORO

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Intandaro y’umusaruro uciriritse w’Amavubi U15 mu mboni z’umutoza wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.