Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

radiotv10by radiotv10
25/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bwemeje urupfu rwa Maj Gen Peter Chirimwami wari Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, warashwe na M23, buvuga ko bugiye kwihorera, kandi ko kwihorera kwiza ari ukwambura uyu mutwe ibice byose wafashe.

Ni nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko wivuganye uyu Mujenerali umurasiye muri Sake aho yari yagiye gutiza umurindi uruhande rwa Leta no kwifotozanya nabo mu kugaragaza ko bahagaze bwuma, Igisirikare cya Congo cyemeje urupfu rwe.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa FARDC, bwavuze ko bwababajwe n’urupfu rw’uyu wabereye intwari Igihugu cye, wapfuye azize ibikomere nyuma yo kurasirwa ku rugamba.

FARDC yavuze ko Maj Gen Peter Chirimwami akimara kuraswa yahise ajyanwa igitaraganya i Kinshasa kuvurwa ibikomere ariko “ku bw’ibyago, nubwo itsinda ry’abaganga ryakoze akazi katorotse, yaje gupfa azize ibikomere.”

Iri tangazo kandi ryasohotse nyuma y’inama y’igitaraganya y’Inama Nkuru ya gisirikare yatumijwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa FARDC na we watangaje ko yashenguwe n’urupfu rw’uyu Mujenerali.

Ni inama yasuzimwemo ishusho y’urugamba muri Kivu ya Ruguru, aho umutwe wa M23 ukomeje gukubita inshuro uruhande rwa FARDC rufatanyi n’abarimo abasirikare b’u Burundi.

Nyuma y’iyi nama, Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge yanasomye itangazo rivuga birambuye iby’uru rupfu, ndetse n’ibyigiwe muri iyi nama yayobowe na Perezida Tshisekedi, aho yavuze ko yabahaye umukoro.

Ati “Umugaba w’Ikirenga yaduhaye amabwiriza ko umwanzi ukomeje kutugabaho ibitero, agomba kwamururwa akava hafi ya Goma ndetse tukanagaruza ibice byose agenzura.”

Maj Gen Sylvain Ekenge yakomeje avuga ko afitiye ubutumwa igisirikare cya DRC ndetse n’abambari bacyo b’umutwe wa Wazalendo, ati “Uburyo bwiza bwo guhorera General Chirimwami, ni ugusubiza inyuma uruhande duhanganye no gusubirana Lokarite zose bagenzura uyu munsi, ni inshingano kandi ya ngombwa kandi ni inshingano igaragaza gukunda Igihugu.”

Ubu butumwa n’iri tangazo, byatangiwe umunsi umwe n’uwo ubuyobozi bwa M23 na bwo bwasohoroyeho itangazo buvuga ko bugiye gufata umujyi wa Goma, nyuma yo kumva amajwi y’abawutuye benshi basaba kubohorwa ngo kuko na bo barembejwe n’ibikorwa bibi bya FARDC n’abambari bayo.

Maj Gen Peter Chirimwami wivuganywe na M23
Abasirikare ba FARDC basabwe kwirukana M23 hafi ya Goma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga

Next Post

Bahawe igikorwa remezo cy’ingirakamaro ariko hari ikirengagijwe bamaze imyaka ibiri batakira ubuyobozi

Related Posts

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutegetsi bwa Mali buri mu maboko y’igisirikare, bwataye muri yombi abasirikare benshi barimo Abajenerali bakekwaho umugambi wo gushaka kubuhirika. Aba...

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

by radiotv10
11/08/2025
0

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera barimo Anas Al Sharif wigeze guterwa ubwoba na Israel imushija gukorana n’umutwe wa Hamas, bahitanywe...

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubwo hashyingurwaga abayobozi babiri barimo uwari Minisitiri w’Ibidukikije muri Ghana baherutse guhitanwa n’impanuka ya kajugujugu, Perezida w’iki Gihugu yavuze ko...

IZIHERUKA

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300
MU RWANDA

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

12/08/2025
Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahawe igikorwa remezo cy’ingirakamaro ariko hari ikirengagijwe bamaze imyaka ibiri batakira ubuyobozi

Bahawe igikorwa remezo cy’ingirakamaro ariko hari ikirengagijwe bamaze imyaka ibiri batakira ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.