Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC&M23: Imirwano yahinduye isura yuburana ubukana

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC&M23: Imirwano yahinduye isura yuburana ubukana
Share on FacebookShare on Twitter

Intambara ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na M23, yongeye gukara, humvikana urusaku rw’imbunda n’amasasu aremereye, bituma abaturage benshi bahunga.

Iyi mirwano imaze iminsi ibera mu bice bikikije umujyi wa Kitshanga uherutse gufatwa n’umutwe wa M23, nko muri Sake, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gashyantare yongeye kuburana ubukana budasanzwe.

Urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikana saa kumi za mu gitondo, aho FARDC ifatanyije n’imitwe yiyambaje irimo FDRL babyutse basuka amasasu mu birindiro bya M23 ngo bayikure mu mujyi wa Kitshanga.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko uzirwanaho igihe cyose uzagabwaho ibitero, na wo ntiwazuyaje kuko wahise usubizanya n’ibi bitero.

Umunyamakuru Justin Kabumba ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje amashusho y’abaturage bamwe mu bice birimo ahitwa Mubambiro muri Gurupoma ya Kamuhonza bahunga nyuma yo kumva urusaku rwinshi rw’amasasu.

Uyu munyamakuru ukunze kugaragaza ko abogamiye kuri FARDC, yavuze ko “FARDC iri kurasa ibirindiro bya M23 kugira ngo irinde ko M23 ifata Sake.”

Na none kandi amakuru aturuka muri ibi bice, avuga ko ahagana saa tatu na mirongo ine n’itanu (09:45’) zo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, umutwe wa M23 wari umaze gufata agace ka Mushaki werecyeza i Sake.

Abari mu mujyi wa Goma kandi baravuga ko ubu hari icyoba ko igihe icyo ari cyo cyose umutwe M23 wafata uyu mujyi kuko uri kuwusatira muri iyi mirwano.

Abakurikiranira hafi iby’uru rugamba, bavuga ko FARDC ifatanyije n’abo bamaze iminsi bakorana barimo n’abacancuro b’itsinda ry’Abarusiya rya Wagner, bamaze iminsi bashaka kwisubiza umujyi wa Kitshanga ariko bikaba byarabananiye.

Ibi byatumye umutwe wa M23 urwana werecyeza muri Sake kugira ngo ujye gukumira ibikorwa n’ibitero by’aba bahanganye baturukayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

TdRda: Umufaransa yegukanye Etape4 nanone Umunyarwanda yongera kugaragaza ko ashoboye

Next Post

Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Related Posts

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

IZIHERUKA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza
MU RWANDA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.