Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC&M23: Imirwano yahinduye isura yuburana ubukana

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC&M23: Imirwano yahinduye isura yuburana ubukana
Share on FacebookShare on Twitter

Intambara ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na M23, yongeye gukara, humvikana urusaku rw’imbunda n’amasasu aremereye, bituma abaturage benshi bahunga.

Iyi mirwano imaze iminsi ibera mu bice bikikije umujyi wa Kitshanga uherutse gufatwa n’umutwe wa M23, nko muri Sake, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gashyantare yongeye kuburana ubukana budasanzwe.

Urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikana saa kumi za mu gitondo, aho FARDC ifatanyije n’imitwe yiyambaje irimo FDRL babyutse basuka amasasu mu birindiro bya M23 ngo bayikure mu mujyi wa Kitshanga.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko uzirwanaho igihe cyose uzagabwaho ibitero, na wo ntiwazuyaje kuko wahise usubizanya n’ibi bitero.

Umunyamakuru Justin Kabumba ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje amashusho y’abaturage bamwe mu bice birimo ahitwa Mubambiro muri Gurupoma ya Kamuhonza bahunga nyuma yo kumva urusaku rwinshi rw’amasasu.

Uyu munyamakuru ukunze kugaragaza ko abogamiye kuri FARDC, yavuze ko “FARDC iri kurasa ibirindiro bya M23 kugira ngo irinde ko M23 ifata Sake.”

Na none kandi amakuru aturuka muri ibi bice, avuga ko ahagana saa tatu na mirongo ine n’itanu (09:45’) zo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, umutwe wa M23 wari umaze gufata agace ka Mushaki werecyeza i Sake.

Abari mu mujyi wa Goma kandi baravuga ko ubu hari icyoba ko igihe icyo ari cyo cyose umutwe M23 wafata uyu mujyi kuko uri kuwusatira muri iyi mirwano.

Abakurikiranira hafi iby’uru rugamba, bavuga ko FARDC ifatanyije n’abo bamaze iminsi bakorana barimo n’abacancuro b’itsinda ry’Abarusiya rya Wagner, bamaze iminsi bashaka kwisubiza umujyi wa Kitshanga ariko bikaba byarabananiye.

Ibi byatumye umutwe wa M23 urwana werecyeza muri Sake kugira ngo ujye gukumira ibikorwa n’ibitero by’aba bahanganye baturukayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

TdRda: Umufaransa yegukanye Etape4 nanone Umunyarwanda yongera kugaragaza ko ashoboye

Next Post

Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw
MU RWANDA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.