Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

FARDC&M23: Imirwano yahinduye isura yuburana ubukana

radiotv10by radiotv10
22/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC&M23: Imirwano yahinduye isura yuburana ubukana
Share on FacebookShare on Twitter

Intambara ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na M23, yongeye gukara, humvikana urusaku rw’imbunda n’amasasu aremereye, bituma abaturage benshi bahunga.

Iyi mirwano imaze iminsi ibera mu bice bikikije umujyi wa Kitshanga uherutse gufatwa n’umutwe wa M23, nko muri Sake, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gashyantare yongeye kuburana ubukana budasanzwe.

Urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikana saa kumi za mu gitondo, aho FARDC ifatanyije n’imitwe yiyambaje irimo FDRL babyutse basuka amasasu mu birindiro bya M23 ngo bayikure mu mujyi wa Kitshanga.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko uzirwanaho igihe cyose uzagabwaho ibitero, na wo ntiwazuyaje kuko wahise usubizanya n’ibi bitero.

Umunyamakuru Justin Kabumba ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje amashusho y’abaturage bamwe mu bice birimo ahitwa Mubambiro muri Gurupoma ya Kamuhonza bahunga nyuma yo kumva urusaku rwinshi rw’amasasu.

Uyu munyamakuru ukunze kugaragaza ko abogamiye kuri FARDC, yavuze ko “FARDC iri kurasa ibirindiro bya M23 kugira ngo irinde ko M23 ifata Sake.”

Na none kandi amakuru aturuka muri ibi bice, avuga ko ahagana saa tatu na mirongo ine n’itanu (09:45’) zo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, umutwe wa M23 wari umaze gufata agace ka Mushaki werecyeza i Sake.

Abari mu mujyi wa Goma kandi baravuga ko ubu hari icyoba ko igihe icyo ari cyo cyose umutwe M23 wafata uyu mujyi kuko uri kuwusatira muri iyi mirwano.

Abakurikiranira hafi iby’uru rugamba, bavuga ko FARDC ifatanyije n’abo bamaze iminsi bakorana barimo n’abacancuro b’itsinda ry’Abarusiya rya Wagner, bamaze iminsi bashaka kwisubiza umujyi wa Kitshanga ariko bikaba byarabananiye.

Ibi byatumye umutwe wa M23 urwana werecyeza muri Sake kugira ngo ujye gukumira ibikorwa n’ibitero by’aba bahanganye baturukayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 4 =

Previous Post

TdRda: Umufaransa yegukanye Etape4 nanone Umunyarwanda yongera kugaragaza ko ashoboye

Next Post

Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.