Friday, September 18, 2026
RW|EN
AMAHANGA

FDLR iravugwaho kugarukana imbaraga zidasanzwe mu ntambara FARDC ihanganyemo na AFC/M23

FDLR iravugwaho kugarukana imbaraga zidasanzwe mu ntambara FARDC ihanganyemo na AFC/M23

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rwohereje abarwanyi n’umutwe wa FDLR mu bitero bayoboye ibitero byagabwe mu bice binyuranye muri Minembwe.

Byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2026.

Kanyuka yavuze ko kohereza abarwanyi ba FDLR mu ihuriro ry’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa bikomeje, ndetse ko ibyo biherekejwe n’ubwiyongere bw’ibitero mu bice binyuranye, bishobora gushyira mu kaga abaturage b’abasivili batuye muri utwo duce.

Kanyuka yavuze ko kuri uyu wa Gatanu, guhera saa 05:40, ingabo z’ihuriro rishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero icyarimwe mu duce twa Nyaruhinga, Mukoko, Nyamabuguma, Point Zéro na Gipimo, mu gace ka Minembwe.

Yavuze ko muri ibyo bitero hakoreshejwe imbunda ziremereye, indege zitagira abapilote (drones) ndetse n’abasirikare benshi bari ku butaka.

Yakomeje avuga ko guhera saa 08:00, izo ngabo zongeye kugaba ibitero ku duce twa Kasovu, Katoyi n’ahandi haturiye izo pozisiyo, muri Teritwari ya Masisi.

Kanyuka yavuze ko imbere y’ibyo yise ibitero bikomeye, abarwanyi ba AFC/M23 bakomeje ibikorwa byo kwirwanaho, ndetse no kurengera ubuzima bw’abaturage b’asivile n’ibyabo.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =