Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FERWAFA yagaragaje aho urugendo rwo gutoranya Umutoza w’Amavubi rugeze

radiotv10by radiotv10
26/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
FERWAFA yagaragaje aho urugendo rwo gutoranya Umutoza w’Amavubi rugeze
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ritangaza ko ryari ryakiriye Kandidatire zirenga 15 z’abatoza bifuza gutoza Ikipe y’Igihugu ariko ko ubu hasigayemo bacye ku buryo mu cyumweru gitaha hazatangazwa Umutoza mushya.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry Brulart kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022 mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Muri iki cyumweru hari bamwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda barimo n’Abanyamakuru, bagiye batangaza bamwe mu batoza ndetse bamwe bakavuga ko Umutoza mushya ndetse ko yageze mu Rwanda bakanavuga hoteli acumbitsemo.

Muri iki kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda, Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry Brulart yavuze ko kugeza ubu hataremezwa umutoza w’Amavubi ahubwo ko urugendo rwo kumushaka rukirimo ariko ko ruri kugana ku musozo.

Yavuze ko ubwo uru rugendo rwatangiraga, ku rutonde hariho abatoza 17 barimo abo FERWAFA yifuzaga ndetse n’abifuza gutoza Amavubi.

Ati “Hari n’abo twifuza tugasanga na bo babyifuza, bikaba bibaye amahire.”

Yavuze ko bamwe bagiye babaganiriza imbonankubone mu gihe hari n’abaganirijwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Muhire Henry Brulart avuga ko muri ibyo biganiro, FERWAFA yagaragazaga ibyo yifuza ku ikipe y’Igihugu ndetse n’ibyo umutoza yakora kugira ngo azabashe kugera kuri izo ntego ndetse umutoza na we akagaragaza ibyo yifuza kugira ngo azabashe kugera kuri ibyo.

Avuga ko mu kugenda babaganiriza, urutonde rwagiye rugabanuka ubu hakaba hasigaye abatoza bane bose bo hanze y’u Rwanda.

Abajijwe igihe umutoza mukuru azatangarizwa, Muhire Henry Brulart yagize ati “Turinjira mu kwezi gutaha yamenyekanye.”

Uyu Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA avuga ko bishobora no kuzagera mu matariki ya nyuma y’uku kwezi uyu mutoza yaramenyekanye ariko ko uko byagenda kose ukwezi kwa Mata kuzatangira yaramenyekanye.

Naho ku mutoza uzaba ashinzwe tekinike, Muhire Henry Brulart yavuze ko uru rugendo ruri gukorwa ku mpande zombi, aho muri iki cyiciro cy’Umutoza wa tekiniki we hasigayemo abatoza batatu bagomba kuzavamo umwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eleven =

Previous Post

Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Next Post

Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.