Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

FERWAFA yagaragaje aho urugendo rwo gutoranya Umutoza w’Amavubi rugeze

radiotv10by radiotv10
26/03/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
FERWAFA yagaragaje aho urugendo rwo gutoranya Umutoza w’Amavubi rugeze
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ritangaza ko ryari ryakiriye Kandidatire zirenga 15 z’abatoza bifuza gutoza Ikipe y’Igihugu ariko ko ubu hasigayemo bacye ku buryo mu cyumweru gitaha hazatangazwa Umutoza mushya.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry Brulart kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022 mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru.

Muri iki cyumweru hari bamwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda barimo n’Abanyamakuru, bagiye batangaza bamwe mu batoza ndetse bamwe bakavuga ko Umutoza mushya ndetse ko yageze mu Rwanda bakanavuga hoteli acumbitsemo.

Muri iki kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda, Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Muhire Henry Brulart yavuze ko kugeza ubu hataremezwa umutoza w’Amavubi ahubwo ko urugendo rwo kumushaka rukirimo ariko ko ruri kugana ku musozo.

Yavuze ko ubwo uru rugendo rwatangiraga, ku rutonde hariho abatoza 17 barimo abo FERWAFA yifuzaga ndetse n’abifuza gutoza Amavubi.

Ati “Hari n’abo twifuza tugasanga na bo babyifuza, bikaba bibaye amahire.”

Yavuze ko bamwe bagiye babaganiriza imbonankubone mu gihe hari n’abaganirijwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure.

Muhire Henry Brulart avuga ko muri ibyo biganiro, FERWAFA yagaragazaga ibyo yifuza ku ikipe y’Igihugu ndetse n’ibyo umutoza yakora kugira ngo azabashe kugera kuri izo ntego ndetse umutoza na we akagaragaza ibyo yifuza kugira ngo azabashe kugera kuri ibyo.

Avuga ko mu kugenda babaganiriza, urutonde rwagiye rugabanuka ubu hakaba hasigaye abatoza bane bose bo hanze y’u Rwanda.

Abajijwe igihe umutoza mukuru azatangarizwa, Muhire Henry Brulart yagize ati “Turinjira mu kwezi gutaha yamenyekanye.”

Uyu Munyamabanga Mukuru wa FERWAFA avuga ko bishobora no kuzagera mu matariki ya nyuma y’uku kwezi uyu mutoza yaramenyekanye ariko ko uko byagenda kose ukwezi kwa Mata kuzatangira yaramenyekanye.

Naho ku mutoza uzaba ashinzwe tekinike, Muhire Henry Brulart yavuze ko uru rugendo ruri gukorwa ku mpande zombi, aho muri iki cyiciro cy’Umutoza wa tekiniki we hasigayemo abatoza batatu bagomba kuzavamo umwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Next Post

Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

Related Posts

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi
MU RWANDA

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

Perezida wa Misiri uherutse kwakira Muhoozi yakiriye Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.