Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

France: Mu rubanza rw’Umunyarwanda Bucyibaruta bikanze iturika ry’igisasu bahita babasohora igitaraganya

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in Uncategorized
0
France: Mu rubanza rw’Umunyarwanda Bucyibaruta bikanze iturika ry’igisasu bahita babasohora igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Ku cyicaro cy’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa ruburanisha Umunyarwanda Laurent Bucyibaruta uregwa Jenoside, habayeho kwikanga iturika ry’igisasu, bituma rusubikwaho igihe gito, abarimo bahita babasohora igitaraganya.

Bucyibaruta Laurent wabaye Perefe w’icyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, aregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri, amaze iminsi aburanishwa n’uru rukiko rwa rubanda rw’i Paris.

Uwahaye amakuru RADIOTV10 uri i Paris mu Bufaransa, yavuze ko uku kwinga kw’iturika kwabaye ubwo uru rubanza rwa Bucyibaruta rwarimo ariko kuri uru rukiko hakaba hari no kuba urubanza rw’abaregwa ibikorwa by’iterabwoba.

Ubwo iki kikango cy’iturika cyabagaho, abari mu byuma by’iburanisha baba abari mu rubanza rwa Bucyibaruta ndetse no mu zindi manza, bahise basohorwa igitaraganya kugira ngo habanze hakurikiranwe ibibaye.

Nyuma y’igihe gito, abari muri uru rubanza rwa Bucyibaruta basubiye mu cyumba cy’iburanisha, urubanza rw’uyu munyarwanda rurakomeza.

Ubwo urubanza rwasubukurwaga, Urukiko rwakomeje kumva ubuhamya bw’uwitwa Ndindiriyimana Augustin w’imyaka 79 y’amavuko.

Uyu mugabo ukomoka mu Rwanda akaba afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, ni umutangabuhamya watanzwe n’uruhande rw’uregwa, akaba yavuze ko ubwo Jenoside yabaga yari asanzwe ari umujandarume.

Laurent Bucyibaruta akurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi babarirwaga mu bihumbi bari bahungiye ku ishuri rya Murambi bagiyeyo bizeye umutekano ariko baka kwicwa n’Interahamwe tariki 21 Mata 1994.

Akurikiranyweho kandi kugira uruhare mu iyicwa ry’abanyeshuri b’Abatutsi bagera muri 90 bigaga muri Ecole Marie Merci de Kibeho, bishwe tariki 07 Gicurasi 1994.

Bucyibaruta yaburanishijwe nyuma y’imyaka 28

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 2 =

Previous Post

Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Next Post

Afurika Yunze Ubumwe yasabye Ethiopia na Sudan guhagarika vuba na bwangu ubushotoranyi bwa Gisirikare

Related Posts

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika Yunze Ubumwe yasabye Ethiopia na Sudan guhagarika vuba na bwangu ubushotoranyi bwa Gisirikare

Afurika Yunze Ubumwe yasabye Ethiopia na Sudan guhagarika vuba na bwangu ubushotoranyi bwa Gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.