Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bugamije gukumira impanuka zo mu muhanda, bwageze no ku banyeshuri nka bamwe mu bakoresha umuhanda, bagaragarizwa ibyo bakwiye kwirinda nko kudakinira mu muhanda, no gusohora imitwe mu madirishya y’imodoka.

Ubu bukangurambaga bwakozwe hirya y’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 15 Gicurasi 2024, bwakorewe mu bice bitandukanye mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo.

Mu Ntara y’Amajyepfo, ubu bukangurambaga bwabereye mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Buhimba ruherereye mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, ahatanzwe ubutumwa ku banyeshuri n’abarezi 620.

Polisi y’u Rwanda yagaragarije abanyeshuri ibyo bakwiye kwirinda gukinira mu muhanda no guhagarara mu nkengero zawo no kugenda bahagaze mu modoka.

Abanyeshuri kandi basabwe kujya bashishoza mbere yo kwambuka umuhanda, bakabanza kureba iburyo n’ibumoso niba nta kinyabiziga kiri gutambuka, ndete bakabanza no kureba niba ikimenyetso kibemerera kwambuka cyaka ibara ry’icyatsi, kandi bakajya bambuka bihuta ariko batiruka.

Nanone kandi muri iyi Ntara y’Amajyepfo, ubu bukangurambaga bwabereye mu isanteri ya Ndora mu Karere ka Gisagara, aho abatwara abagenzi kuri moto bakanguriwe kujya bakoresha umuhanda neza bubahiriza amategeko yose yawo.

Ni mu gihe mu Ntara y’Iburengerazuba ubukangurambaga bwabereye mu Turere twa Karongi, Ngororero, Rutsiro, Rubavu, Nyamasheke na Rusizi bwitabirwa n’abamotari 250 n’abatwara amagare bagera kuri 600.

Abatwara ibinyabiziga basabwe kwirinda amakosa akunze guteza impanuka arimo; kugendera ku muvuduko ukabije, kudasiga intera hagati y’ibinyabiziga, gupakira imizigo irenze ubushobozi bw’ikinyabiziga, gutwara banyoye ibisindisha no kutubahiriza ibyapa n’ibimenyetso byo ku muhanda.

Abatwara amagare basabwe kwirinda gufata ku binyabiziga bigenda, kwirinda kugendera ku muvuduko mwinshi ahantu hacuritse, kudatwara igare hejuru ya saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba no kutagendera mu muhanda hagati.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Next Post

Inkuru y’akababaro mu ikipe ya Kiyovu Sports

Related Posts

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

by radiotv10
21/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo w’u Bufaransa Zirwanira ku Butaka, General Pierre Schill; yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’iz’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, ndetse...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

Is remote work changing how Kigali residents live?

Is remote work changing how Kigali residents live?

by radiotv10
21/10/2025
0

Before the COVID-19 pandemic, most people in Kigali woke up early, dressed formally, and rushed to offices in places like...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
21/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
21/10/2025
2

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

IZIHERUKA

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo
MU RWANDA

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
Is remote work changing how Kigali residents live?

Is remote work changing how Kigali residents live?

21/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

21/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

21/10/2025
Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro mu ikipe ya Kiyovu Sports

Inkuru y’akababaro mu ikipe ya Kiyovu Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Is remote work changing how Kigali residents live?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.