Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bugamije gukumira impanuka zo mu muhanda, bwageze no ku banyeshuri nka bamwe mu bakoresha umuhanda, bagaragarizwa ibyo bakwiye kwirinda nko kudakinira mu muhanda, no gusohora imitwe mu madirishya y’imodoka.

Ubu bukangurambaga bwakozwe hirya y’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 15 Gicurasi 2024, bwakorewe mu bice bitandukanye mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo.

Mu Ntara y’Amajyepfo, ubu bukangurambaga bwabereye mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Buhimba ruherereye mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, ahatanzwe ubutumwa ku banyeshuri n’abarezi 620.

Polisi y’u Rwanda yagaragarije abanyeshuri ibyo bakwiye kwirinda gukinira mu muhanda no guhagarara mu nkengero zawo no kugenda bahagaze mu modoka.

Abanyeshuri kandi basabwe kujya bashishoza mbere yo kwambuka umuhanda, bakabanza kureba iburyo n’ibumoso niba nta kinyabiziga kiri gutambuka, ndete bakabanza no kureba niba ikimenyetso kibemerera kwambuka cyaka ibara ry’icyatsi, kandi bakajya bambuka bihuta ariko batiruka.

Nanone kandi muri iyi Ntara y’Amajyepfo, ubu bukangurambaga bwabereye mu isanteri ya Ndora mu Karere ka Gisagara, aho abatwara abagenzi kuri moto bakanguriwe kujya bakoresha umuhanda neza bubahiriza amategeko yose yawo.

Ni mu gihe mu Ntara y’Iburengerazuba ubukangurambaga bwabereye mu Turere twa Karongi, Ngororero, Rutsiro, Rubavu, Nyamasheke na Rusizi bwitabirwa n’abamotari 250 n’abatwara amagare bagera kuri 600.

Abatwara ibinyabiziga basabwe kwirinda amakosa akunze guteza impanuka arimo; kugendera ku muvuduko ukabije, kudasiga intera hagati y’ibinyabiziga, gupakira imizigo irenze ubushobozi bw’ikinyabiziga, gutwara banyoye ibisindisha no kutubahiriza ibyapa n’ibimenyetso byo ku muhanda.

Abatwara amagare basabwe kwirinda gufata ku binyabiziga bigenda, kwirinda kugendera ku muvuduko mwinshi ahantu hacuritse, kudatwara igare hejuru ya saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba no kutagendera mu muhanda hagati.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

Next Post

Inkuru y’akababaro mu ikipe ya Kiyovu Sports

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro mu ikipe ya Kiyovu Sports

Inkuru y’akababaro mu ikipe ya Kiyovu Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.