Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke

radiotv10by radiotv10
27/08/2022
in MU RWANDA
0
Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke
Share on FacebookShare on Twitter

Umucuruzi wo mu Kagari ka Gakindo mu Murenge wa Janja mu Karere ka Gakenke, yatawe muri yombi akekwaho kwica ateye icyuma mu mutima umunyerondo wacecekesheje abari mu kabari k’uyu mucuruzi basakuzaga.

Umunyerondo witabye Imana atewe icyuma ni uwitwa Twagirayezu Servilien  wishwe mu ijoro ryo ku ya 26 Kanama 2022.

Amakuru avuga ko uyu wari uhagarariye irondo cyo mu Mudugudu wa Rurumbya mu Kagari Gakindo mu Murenge wa Janja, yari agiye gusaba abari mu kabari ka Dusengimana Evode, bariho bateza urusaku.

Uyu munyerondo yahise aterwa icyuma mu mutima n’uyu mucuruzi arita asiga ubuzima aho.

Uyu mucuruzi kandi ngo yahise anasingira undi wari kumwe na nyakwigendera, na we amutera icyuma aramukomeretsa ubu akaba ari kuvurirwa ku Bitaro Bikuru bya Gatonde.

Uyu mucuruzi witwa Dusengimana Evode yahise atabwa muri yombi n’inzego zishinzwe iperereza zikaba zanatangiye kumukirikiranaho iki cyaha cy’ubwicanyi.

Jean Marie Vianey Nizeyimana uyobora Akarere ka Gakenke, yemeje aya makuru y’urupfu rw’uyu wari umunyerondo wo mu Murenge wa Janja, wapfuye atewe icyuma.

Uyu muyobozi yasabye abantu kutagwa mu mutego w’ibikorwa nk’ibi by’ubugizi bwa nabi, bakirinda kwihanira mu gihe bagize ibyo batumvikanaho.

Yagize ati “Nta muntu n’umwe ufite uburenganzira bwo kwihanira kandi hajemo no kutumvikana bakwiye kwegera ubuyobozi kuko ni cyo tubereyeho nk’ubuyobozi kuko iyo umuntu ageze aho yica undi ni igihombo kuko ni Igihugu kiba gitakaje umuntu ndetse n’umuryango we ukahahombera.”

Ubuyobozi bw’inzego z’Ibanze kuva ku rwego rw’Akarere kugeza ku rw’Intara, bagiye kuganiriza abaturage bo muri aka gace kabereyemo ibi byago, bukanabahumuriza.

Mayor Jean Marie Vianey Nizeyimana yavuze ko muri aka gace ubundi hatari hasanzwe haba ibikorwa nk’ibi bityo ko basaba abaturage kubigendera kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 13 =

Previous Post

Hamenyekanye itariki Ndimbati azagarukira imbere y’Ubucamanza n’ikizaba kimuzanye

Next Post

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.