Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware

radiotv10by radiotv10
31/12/2021
in MU RWANDA
0
Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano mu Karere ka Gasabo, bakoze igikorwa cyo gusaka no gufata inzoga zimaze iminsi zivugwaho kugira uruhare mu mpfu z’abaturage babaga bazinyoye zikabagwa nabi.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, hamaze kuvugwa abantu barindwi bapfuye bazize kunywa inzoga zirimo iyitwa Umuneza na Tuzane zanahagaritswe ku isoko kubera kuba zitujuje ubuziranenge.

Bamwe mu bahitanywe n’izi nzoga ni abantu bane bo mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo bazinyoye mu mpera z’icyumweru gishize ubwo hizihizwaga umunsi mukuru wa Noheli.

Ubuyobozi bw’aka Karere ka Gasabo kabuze bamwe mu bazize izi nzoga, bwakoze igikorwa cyo gukura mu baturage izi nzoga aho cyanakorewe mu Murenge wa Kimihurura no mu bindi bice by’aka Karere.

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze bakoze iki gikorwa

Umwali Pauline, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo avuga ko izi nzoga zifite ibirango by’ubuziranenge ku buryo abaturage bari gukomeza kuzinywa kandi byagaragaye ko zigira ingaruka mbi.

Yagize ati “Ntabwo ari muri Kimihurura gusa twazivanye, mu Karere aho twazikekaga hose twazikuyeyo.”

Umwali Pauline kandi yibukije abacuruzi kudacuruza izi nzoga ndetse n’abaturage kutongera kuzinywa.

Ubuyobozi bw’Akarere kandi butangaza ko inganda zikora izi nzoga zirimo zo muri Rwamagana na Bugesera zamaze guhagarikwa kuko ibyangombwa zahawe n’ibyo zikora bihabanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 16 =

Previous Post

Imikino yahagaritswe, Amavubi ahabwa umwihariko

Next Post

Kayonza: Imvubu yoneraga abaturage yarashwe ihita igaburiwa izindi ngo kuko abantu yabagwa nabi

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Imvubu yoneraga abaturage yarashwe ihita igaburiwa izindi ngo kuko abantu yabagwa nabi

Kayonza: Imvubu yoneraga abaturage yarashwe ihita igaburiwa izindi ngo kuko abantu yabagwa nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.