Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19

radiotv10by radiotv10
07/10/2021
in MU RWANDA
0
Gasabo: Umurenge wa Kinyinya babona bageze ku ntego yo guhashya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ubudasa mu kurwanya covid19 ni ubukanguramba bugiye kumara ukwezi butangijwe mu mujyi wa Kigali aho bukorwa bushingiye ku masibo nk’urwego rwegereye umuturage.

Mu murenge wa kinyinya akarere ka Gasabo mu mudugudu wa Gicikiza ubu bukangurambaga bwibanze ku gusibura inziga abantu bahagararamo mu isanetere ya Batsinda nka gace gakoreramo abantu benshi cyane ko ari isantere y’ubucuruzi.

Mu ijambo rye, umuyobozi w’umudugudu wa Gicikiza Uwamariya Nadia avuga ko covid19 kaje ari icyorezo ariko umudugudu wa Gicikiza ntiwahwemye gukurikiza amabwiriza atangwa ninzego z’ubuzima zo kwirinda covid 19,akomeza avuga ko ubu bukangurambaga babukoze isibo  kuyindi, kandi abaturage babyumvishe neza kuburyo kugeza ubu nta n’umurwayi wa COVID-19 urangwa muri uyu mudugudu, avuga ko kandi ubu ari uburyo bwiza bwo gufasha abafite intege nkeya batabasha gusohoka ngo bage gufata urukingo ahubwo babasanga murugo bakabakingira.

Image

Umuyobozi w’umudugudu wa Gicikiza Uwamariya Nadia

Agakomeza ashishikariza abaturage gukomeza gukurikiza amabwiriza yose uko yakabaye bityo batsinde coronavirusi burundu.

Ni ubukangurambaga bwitabiriwe nabafatanyabikorwa batandukanye bakorera imiromo yabo mu Kigali ka kagugu barimo abakora umwuga w’ubukarane,abanyonzi bamagare,koperative y’abamotari ndetse n’abandi batandukanye.

Ni ubukangurambaga bwabanjirijwe n’urugendo kuva Kagugu berekezaa mu isantere ya Batsinda, aba bwitabiriye bari basite ibyapa n’izindi nyandiko nini zanditseho ubutumwa bwo kwirinda COVID-19 ndetse n’uburyo bwo kuyirwanya.

Umuyobozi w’umurenge wa kinyinya bwana Havuguziga Charles, avuga ko mu midugudu 22 igize umurenge wa kinyinya 18yose imaze gukorerwamo ubu bukanguramba kandi abaturage bose ntibakibwirizwa kwambara agapfukamunwa ndetse no gukaraba intoki nogushyira intera hagati y’umuntu nundi.avuga ko izingamba bazigize izabo, barabiririmba kandi barabikurikiza cyane ko mu matsinda amwe name bishyiriyeho abakangurambaga babafasha kwibukiranya amabwiriza.

Image

Umuyobozi w’umurenge wa kinyinya bwana Havuguziga Charles aganira n’abaturage

Avuga ko biri gutanga umusaruro mwiza asaba abaturage kurushaho kuba ku rugamba rwo kurwanya coronavirusi.

Image

Abakora imirimo itandukanye mu bukangurambaga bwo kurwanya COVID-19 mu mudugudu wa Gicikiza

ImageInkuru ya Emmanuel Hakizimana/Radio&Tv10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Umuyobozi mukuru wa NESA yijeje abarimu bakosoye ibizamini ko igihe cyo kubahemba cyegereje

Next Post

Rutahizamu wa Chelsea Timo Werner yujeje ibitego 16 byose VAR ibyanga

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu wa Chelsea  Timo Werner yujeje ibitego 16 byose VAR ibyanga

Rutahizamu wa Chelsea Timo Werner yujeje ibitego 16 byose VAR ibyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.