Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu nshingano Abayobozi banyuranye, barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba muri Guverinoma, na Maj Gen (Rtd) Jacques Nziza wabaye mu Buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bahawe inshingano muri Komisiyo yo Gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare.

Iyi nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahaye inshingano abayobozi banyuranye.

Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Vincent Karega wigeze guhagararira u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Afurika y’Epfo, yagizwe Ambasaderi muri Algeria, naho Innocent Muhizi ahabwa guhagararira u Rwanda muri Singapore.

Mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Alphonsine Mirembe yagizwe Umunyamabanga Mukuru.

Muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Muhammed Semakula yagizwe Umunyamabanga Uhoraho, ndetse na Sophie Nzabananima agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange.

Muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Gisele Umuhumuza wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa WASAC yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, mu gihe Canoth Manishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange.

Muri Minisiteri y’Ibidukikije, Fidele Bingwa yagizwe Umunyamabanga Uhoraho, naho muri Minisiteri ya Siporo, Candy Basomingera na we agirwa Umunyamabanga Uhoraho asimbura Uwayezu Francois Regis wari umaze amezi arindwi kuri izi nshingano.

Muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Aristarque Ngoga yagizwe Umunyamabanga Uhoraho.

Mu rwego rw’Ubushinjacyaha Bukuru, Prudence Biraboneye yagizwe Umunyamabanga Mukuru, mu gihe muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Amb. Jeanine Kambanda yagizwe Umunyamabanga Mukuru. Mu Kigo Gishinzwe Amazi, Dr. Asaph Kabanda yagizwe Umuyobozi Mukuru.

Muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima Busanzwe abari abasirikare, Valerie Nyirahabineza yakomeje kuba Perezida wayo, Maj Gen (Rtd) Jacques Nziza wigeze kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, agirwa Visi Perezida w’iyi Komisiyo.

Muri iyi Komisiyo kandi hashyizweho abagize Inama y’Abakomiseri, barimo Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akanagira indi myanya irimo kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Hari kandi abandi bagize Inama y’Abakomiseri muri iyi Komisiyo, ari bo Dancille Nyirarugero, na Jacqueline Muhongayire.

Muri Komisiyo Ishinzwe Ivugurura ry’Amategeko, Claudine Dushimimana wari Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, yagizwe Perezida w’iyi Komisiyo, na Andre Bucyana agirwa Umunyamabanga Mukuru.

Ambasaderi Vincent Karega yagizwe uhagarariye u Rwanda muri Algeria
Maj Gen (Rtd) Jacque Nziza yagizwe Visi Perezida wa Komisiyo yo Gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare
Gatabazi yagizwe umwe mu bakomiseri b’iyi Komisiyo

ABAYOBOZI BOSE BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Next Post

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.