Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu nshingano Abayobozi banyuranye, barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba muri Guverinoma, na Maj Gen (Rtd) Jacques Nziza wabaye mu Buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bahawe inshingano muri Komisiyo yo Gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare.

Iyi nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahaye inshingano abayobozi banyuranye.

Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Vincent Karega wigeze guhagararira u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Afurika y’Epfo, yagizwe Ambasaderi muri Algeria, naho Innocent Muhizi ahabwa guhagararira u Rwanda muri Singapore.

Mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Alphonsine Mirembe yagizwe Umunyamabanga Mukuru.

Muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Muhammed Semakula yagizwe Umunyamabanga Uhoraho, ndetse na Sophie Nzabananima agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange.

Muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Gisele Umuhumuza wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa WASAC yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, mu gihe Canoth Manishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange.

Muri Minisiteri y’Ibidukikije, Fidele Bingwa yagizwe Umunyamabanga Uhoraho, naho muri Minisiteri ya Siporo, Candy Basomingera na we agirwa Umunyamabanga Uhoraho asimbura Uwayezu Francois Regis wari umaze amezi arindwi kuri izi nshingano.

Muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Aristarque Ngoga yagizwe Umunyamabanga Uhoraho.

Mu rwego rw’Ubushinjacyaha Bukuru, Prudence Biraboneye yagizwe Umunyamabanga Mukuru, mu gihe muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Amb. Jeanine Kambanda yagizwe Umunyamabanga Mukuru. Mu Kigo Gishinzwe Amazi, Dr. Asaph Kabanda yagizwe Umuyobozi Mukuru.

Muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima Busanzwe abari abasirikare, Valerie Nyirahabineza yakomeje kuba Perezida wayo, Maj Gen (Rtd) Jacques Nziza wigeze kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, agirwa Visi Perezida w’iyi Komisiyo.

Muri iyi Komisiyo kandi hashyizweho abagize Inama y’Abakomiseri, barimo Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akanagira indi myanya irimo kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Hari kandi abandi bagize Inama y’Abakomiseri muri iyi Komisiyo, ari bo Dancille Nyirarugero, na Jacqueline Muhongayire.

Muri Komisiyo Ishinzwe Ivugurura ry’Amategeko, Claudine Dushimimana wari Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, yagizwe Perezida w’iyi Komisiyo, na Andre Bucyana agirwa Umunyamabanga Mukuru.

Ambasaderi Vincent Karega yagizwe uhagarariye u Rwanda muri Algeria
Maj Gen (Rtd) Jacque Nziza yagizwe Visi Perezida wa Komisiyo yo Gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare
Gatabazi yagizwe umwe mu bakomiseri b’iyi Komisiyo

ABAYOBOZI BOSE BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 17 =

Previous Post

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Next Post

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.