Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Abataramenyekana bari kuri moto barashe abantu babiri bahita bacika

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in MU RWANDA
1
Gatsibo: Abataramenyekana bari kuri moto barashe abantu babiri bahita bacika
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bakekwa ko ari amabandi baje kuri moto biyita Abapolisi bakorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahooro (RRA), barashe abaturage babiri bo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, ariko Imana ikinga akaboko ntihagira uhasiga ubuzima mu gihe abarashe bahise bacika.

Abaturage bahaye amakuru RADIOTV10, bavuze ko iki gikorwa cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022 hagati ya saa kumi (16:00’) na saa kumi n’imwe (17:00’) z’umugoroba.

Aba bantu baje kuri moto, biyataga Abapolisi bakorana na RRA, binjira muri butiki y’umucuruzi bakunze kwita Kadogo bavuga ko bagiye gusakamo magendu, basangamo amacupa ane y’amavuta ya MOVIT bahita bamwuriza moto ngo bajye kumuta muri yombi.

Ubwo bashakaga kujyana uyu mucuruzi, abaturage biganjemo Abamotari babirutsehoho kuko bahise bakeka ko atari Abapolisi, ari na bwo bahise barasa abo baturage babiri.

Aba baturage bahise bahamagara kuri Polisi ya Gicumbi na Gatsibo bababaza niba hari Abapolisi bohereje NyagIhanga, babwirwa ko ntabo.

Abarashwe bahise bajyanwa mu Bitaro bya Ngarama kuko umwe isaru ryari rikimurimo, batangira kuvurwa n’abaganga bo kuri ibi Bitaro.

Aba bantu babiri barimo uwarashwe mu rukenyerero hejuru gato y’impyiko n’undi warashwe mu itako, nubwo bakomeretse cyane ndetse bakaba bavuye amaraso menshi, ariko abaganga bavuga ko hari amahirwe menshi ko bazakira.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yabwiye RADIOTV10 ko Polisi y’igihugu igiye gukurikirana iki kibazo.

Oswald MUTUYEYEZU
RADIOTV10

Comments 1

  1. Izabayo Jean d'amour says:
    3 years ago

    Ayo mabandi nakurukiranwa akanirwe uruyakwiye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 11 =

Previous Post

France: Perezida Macron yagize Minisitiri Hervé Berville ukomoka mu Rwanda

Next Post

João Lourenço wahuzaga u Rwanda na Uganda agarutse mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
João Lourenço wahuzaga u Rwanda na Uganda agarutse mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi

João Lourenço wahuzaga u Rwanda na Uganda agarutse mu biganiro bya Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.