Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GATSIBO: Aborozi barataka igihombo baterwa no kutagira umuriro w’amashanyarazi

radiotv10by radiotv10
11/10/2021
in MU RWANDA
0
GATSIBO: Aborozi barataka igihombo baterwa no kutagira umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu borozi bo mu murenge wa Gitoki baravuga ko bqgushwa mu gihombo no kuba nta muriro w’amashanyarazi bafite.

Ni ikibazo bahurizaho n’abaturanyi babo nabo bavuga ko bagikora urugendo rwamasaha abiri bajya gushaka serivisi ziwukenera mu yindi mirenge.

Rutagarama Apolo atuye mu mudugudu wa Rukiri ,Akagari ka Nyamirama umurenge wa Gitoki mu karere ka Gatsibo,ari naho akorera ubworozi bw’inka.

Avuga ko  n’ubwo aba yashoye imbaraga n’amafaranga menshi ,ariko ngo ahura n’igihombo giturutse kukutagira umuriro wamashanyarazi kandi ngo amapoto awujyana ahandi ashinze Ku rugo rwe.

Ati ” Ubu  umbona mpura n’igihombo  gikabije  kubera kutagira umuriro . Nk’ubu hari ubwo ku ikusanyirizo batakira amata bikaba ngombwa ko nyabika nkazayagemura bukeye,ariko kuko nta byuma bikonjesha mfite ubwo ayo ahita apfa,ngahomba gutyo kandi sinagura firigo nta muriro.”

Kimwe n’abaturanyi be bavuga ko kuba nta muriro bafite ngo bituma bamara amasaha agera kuri abiri bajya gushaka serivisi ziwushamikiyeho mu yindi mirenge,bakibaza impamvu insiga ziwujyana ahandi zica hejuru yingo zabo ariko no bakawumva nkumugani.

Ati ” Ubu iyo dukeneye umuriro  wa telefone  tugomba kujya mu murenge wa Kabarore,kandi kugerayo ni amasaha abiri,rwose dukwiye gufashwa.”

Umuyobozi wumurenge wa Gitoki Mushumba John vuga ko habanje guherwa Ku duce tutagiraga na mucye ariko ngo naba Umwaka utaha wingengo yimari  uzasiga bawufitw.

Ati “Twahereye ku duce tutagiraga na muke ,ariko n’abo bihangane umwaka utaha w’ingengo y’imari tuzabaheraho biri muri gahunda.”

Aba borozi bavuga ko iki gihombo gituruka  ku kutagira umuriro w’amashyanyarazi ngo kibatera igihombo  ku buryo bukomeye kandi budapfa kugaragarira buri wese.

Urugero nka Rutagarama avuga ko ku munsi akama nibura litiro 200 z’amata ngo hari ubwo  ayajyana ku ikusanyirizo agasanga ntibarikuyakira bikaba ngombwa ko ayagarura mu rugo. Iyo bigenze gutyo ngo aba asabwa kuyabika mu cyuma gikonjesha kugira  adapfa, ariko kuko nta muriro  ntabwo icyo cyuma yagitunga, ubwo ngo nta kindi ahita apfa kuko atabadha kuyabika.

Ubwo iyo bibaye inshuro imwe , mu gihe litiro yari kuyigurirwa ku mafranga 250 ,ubwo  litiro 200 zihwanye n’igihombo  cy’ibuhumbi 50.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 11 =

Previous Post

Ikindi gitego cya Fahad Bayo cyafashije Uganda kongera gutsinda Amavubi Stars

Next Post

Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

Biri guterwa n'iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.