Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GATSIBO: Aborozi barataka igihombo baterwa no kutagira umuriro w’amashanyarazi

radiotv10by radiotv10
11/10/2021
in MU RWANDA
0
GATSIBO: Aborozi barataka igihombo baterwa no kutagira umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu borozi bo mu murenge wa Gitoki baravuga ko bqgushwa mu gihombo no kuba nta muriro w’amashanyarazi bafite.

Ni ikibazo bahurizaho n’abaturanyi babo nabo bavuga ko bagikora urugendo rwamasaha abiri bajya gushaka serivisi ziwukenera mu yindi mirenge.

Rutagarama Apolo atuye mu mudugudu wa Rukiri ,Akagari ka Nyamirama umurenge wa Gitoki mu karere ka Gatsibo,ari naho akorera ubworozi bw’inka.

Avuga ko  n’ubwo aba yashoye imbaraga n’amafaranga menshi ,ariko ngo ahura n’igihombo giturutse kukutagira umuriro wamashanyarazi kandi ngo amapoto awujyana ahandi ashinze Ku rugo rwe.

Ati ” Ubu  umbona mpura n’igihombo  gikabije  kubera kutagira umuriro . Nk’ubu hari ubwo ku ikusanyirizo batakira amata bikaba ngombwa ko nyabika nkazayagemura bukeye,ariko kuko nta byuma bikonjesha mfite ubwo ayo ahita apfa,ngahomba gutyo kandi sinagura firigo nta muriro.”

Kimwe n’abaturanyi be bavuga ko kuba nta muriro bafite ngo bituma bamara amasaha agera kuri abiri bajya gushaka serivisi ziwushamikiyeho mu yindi mirenge,bakibaza impamvu insiga ziwujyana ahandi zica hejuru yingo zabo ariko no bakawumva nkumugani.

Ati ” Ubu iyo dukeneye umuriro  wa telefone  tugomba kujya mu murenge wa Kabarore,kandi kugerayo ni amasaha abiri,rwose dukwiye gufashwa.”

Umuyobozi wumurenge wa Gitoki Mushumba John vuga ko habanje guherwa Ku duce tutagiraga na mucye ariko ngo naba Umwaka utaha wingengo yimari  uzasiga bawufitw.

Ati “Twahereye ku duce tutagiraga na muke ,ariko n’abo bihangane umwaka utaha w’ingengo y’imari tuzabaheraho biri muri gahunda.”

Aba borozi bavuga ko iki gihombo gituruka  ku kutagira umuriro w’amashyanyarazi ngo kibatera igihombo  ku buryo bukomeye kandi budapfa kugaragarira buri wese.

Urugero nka Rutagarama avuga ko ku munsi akama nibura litiro 200 z’amata ngo hari ubwo  ayajyana ku ikusanyirizo agasanga ntibarikuyakira bikaba ngombwa ko ayagarura mu rugo. Iyo bigenze gutyo ngo aba asabwa kuyabika mu cyuma gikonjesha kugira  adapfa, ariko kuko nta muriro  ntabwo icyo cyuma yagitunga, ubwo ngo nta kindi ahita apfa kuko atabadha kuyabika.

Ubwo iyo bibaye inshuro imwe , mu gihe litiro yari kuyigurirwa ku mafranga 250 ,ubwo  litiro 200 zihwanye n’igihombo  cy’ibuhumbi 50.

Inkuru ya Nyiransabimana Eugenie/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Ikindi gitego cya Fahad Bayo cyafashije Uganda kongera gutsinda Amavubi Stars

Next Post

Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Biri guterwa n’iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

Biri guterwa n'iki kuba kwica ubukwe bitangiye kuba umuco?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.