Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

radiotv10by radiotv10
30/09/2021
in MU RWANDA
0
GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Gatsibo mu ntara y’iburasirazuba, hari bamwe mu baturage bagaragaza ikibazo cy’uko hashize igihe bategereje kugezwaho umuriro w’amashanyarazi ariko ngo amaso yaheze mu kirere.

N’ubwo no mu bindi bice bitandukanye byo muri aka karere ka Gatsibo hakigaragara abaturage bahangayikishijwe no kutangira umuriro w’amashanyarazi abaganiriye na Radio 10 ni abo mu murenge wa Gitoki muri aka karere aba bavuga ko hari imidugudu itaracanirwa nyama ngo insinga z’amashanyarazi zica hejuru y’ingo zabo ikindi ngo n’aho yitwa ko yageze ugasanga nta ngufu afite ku buryo bayabyaza umusaruro uko bikwiye.

Uwitwa Nkundineza Aimable yagize ati”Nimureba murasanga intsinga zitunyura hejuru ariko twebwe nta muriro baduha ubuse tuzagera ku iterambere gute tutagira amashanyarazi”

Mugenzi we witwa Nikuze yagize ati” N’aho bitwa ko bawuduhaye ntiwanacomekaho imashini yogosha yewe ubu ntitwanareba televiziyo rwose mutuvuganire baduhe umuriro dushobora kubyaza umusaruro”

Kuruhande rw’ubuyobozi bw’uyu mu renge wa Gitoki bemera ko iki kibazo gihari ariko ngo mu ntangiriro z’umwaka utaha abaturage bose bazaba bahawe umuriro kandi ufite ingu nk’uko twabitangarijwe na JD HABIYAREMYE umukozi w’uyu murenge ushinzwe ubutaka ibikorwaremezo n’imiturire.

Ati”Nibyo koko turacyafite igice kinini kitarahabwa amashanyarazi ariko ndabizeza ko mu ntangiriro z’umwaka utaha ikigo kibishinzwe kizaba kiri gucanira abaturage bacu bari bakiri mu kizima cyane ko n’inyigo yarangiye.”

N’ubwo hirya no hino mu gihugu hacyumvikana abaturage bataka kuba bataragezwaho umuriro w’amashanyarazi nyama guverinoma y’u Rwanda yihaye umuhigo w’uko mu mwaka wa 2024 abanyarwanda bose bazaba bamaze kugezwaho umuriro w’amashanyarazi ibyo bamwe baheraho bibaza niba uyu muhigo uzakunda mu gihe hasigaye imyaka 2 gusa.

 

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − five =

Previous Post

Gasabo: I Kinyinya bakomeje gahunda yo kurwanya COVID-19 binyuze mu bukangurambaga

Next Post

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.