Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

radiotv10by radiotv10
30/09/2021
in MU RWANDA
0
GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Gatsibo mu ntara y’iburasirazuba, hari bamwe mu baturage bagaragaza ikibazo cy’uko hashize igihe bategereje kugezwaho umuriro w’amashanyarazi ariko ngo amaso yaheze mu kirere.

N’ubwo no mu bindi bice bitandukanye byo muri aka karere ka Gatsibo hakigaragara abaturage bahangayikishijwe no kutangira umuriro w’amashanyarazi abaganiriye na Radio 10 ni abo mu murenge wa Gitoki muri aka karere aba bavuga ko hari imidugudu itaracanirwa nyama ngo insinga z’amashanyarazi zica hejuru y’ingo zabo ikindi ngo n’aho yitwa ko yageze ugasanga nta ngufu afite ku buryo bayabyaza umusaruro uko bikwiye.

Uwitwa Nkundineza Aimable yagize ati”Nimureba murasanga intsinga zitunyura hejuru ariko twebwe nta muriro baduha ubuse tuzagera ku iterambere gute tutagira amashanyarazi”

Mugenzi we witwa Nikuze yagize ati” N’aho bitwa ko bawuduhaye ntiwanacomekaho imashini yogosha yewe ubu ntitwanareba televiziyo rwose mutuvuganire baduhe umuriro dushobora kubyaza umusaruro”

Kuruhande rw’ubuyobozi bw’uyu mu renge wa Gitoki bemera ko iki kibazo gihari ariko ngo mu ntangiriro z’umwaka utaha abaturage bose bazaba bahawe umuriro kandi ufite ingu nk’uko twabitangarijwe na JD HABIYAREMYE umukozi w’uyu murenge ushinzwe ubutaka ibikorwaremezo n’imiturire.

Ati”Nibyo koko turacyafite igice kinini kitarahabwa amashanyarazi ariko ndabizeza ko mu ntangiriro z’umwaka utaha ikigo kibishinzwe kizaba kiri gucanira abaturage bacu bari bakiri mu kizima cyane ko n’inyigo yarangiye.”

N’ubwo hirya no hino mu gihugu hacyumvikana abaturage bataka kuba bataragezwaho umuriro w’amashanyarazi nyama guverinoma y’u Rwanda yihaye umuhigo w’uko mu mwaka wa 2024 abanyarwanda bose bazaba bamaze kugezwaho umuriro w’amashanyarazi ibyo bamwe baheraho bibaza niba uyu muhigo uzakunda mu gihe hasigaye imyaka 2 gusa.

 

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Gasabo: I Kinyinya bakomeje gahunda yo kurwanya COVID-19 binyuze mu bukangurambaga

Next Post

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.