Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi

radiotv10by radiotv10
30/09/2021
in MU RWANDA
0
GATSIBO: Hari abatazi ubwiza bw’umuriro w’amashanyarazi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Gatsibo mu ntara y’iburasirazuba, hari bamwe mu baturage bagaragaza ikibazo cy’uko hashize igihe bategereje kugezwaho umuriro w’amashanyarazi ariko ngo amaso yaheze mu kirere.

N’ubwo no mu bindi bice bitandukanye byo muri aka karere ka Gatsibo hakigaragara abaturage bahangayikishijwe no kutangira umuriro w’amashanyarazi abaganiriye na Radio 10 ni abo mu murenge wa Gitoki muri aka karere aba bavuga ko hari imidugudu itaracanirwa nyama ngo insinga z’amashanyarazi zica hejuru y’ingo zabo ikindi ngo n’aho yitwa ko yageze ugasanga nta ngufu afite ku buryo bayabyaza umusaruro uko bikwiye.

Uwitwa Nkundineza Aimable yagize ati”Nimureba murasanga intsinga zitunyura hejuru ariko twebwe nta muriro baduha ubuse tuzagera ku iterambere gute tutagira amashanyarazi”

Mugenzi we witwa Nikuze yagize ati” N’aho bitwa ko bawuduhaye ntiwanacomekaho imashini yogosha yewe ubu ntitwanareba televiziyo rwose mutuvuganire baduhe umuriro dushobora kubyaza umusaruro”

Kuruhande rw’ubuyobozi bw’uyu mu renge wa Gitoki bemera ko iki kibazo gihari ariko ngo mu ntangiriro z’umwaka utaha abaturage bose bazaba bahawe umuriro kandi ufite ingu nk’uko twabitangarijwe na JD HABIYAREMYE umukozi w’uyu murenge ushinzwe ubutaka ibikorwaremezo n’imiturire.

Ati”Nibyo koko turacyafite igice kinini kitarahabwa amashanyarazi ariko ndabizeza ko mu ntangiriro z’umwaka utaha ikigo kibishinzwe kizaba kiri gucanira abaturage bacu bari bakiri mu kizima cyane ko n’inyigo yarangiye.”

N’ubwo hirya no hino mu gihugu hacyumvikana abaturage bataka kuba bataragezwaho umuriro w’amashanyarazi nyama guverinoma y’u Rwanda yihaye umuhigo w’uko mu mwaka wa 2024 abanyarwanda bose bazaba bamaze kugezwaho umuriro w’amashanyarazi ibyo bamwe baheraho bibaza niba uyu muhigo uzakunda mu gihe hasigaye imyaka 2 gusa.

 

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Gasabo: I Kinyinya bakomeje gahunda yo kurwanya COVID-19 binyuze mu bukangurambaga

Next Post

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

UBUZIMA: Abaturage bakomeje gutaka serivisi mbi bahabwa n’abaganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.