Sunday, May 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in MU RWANDA
0
Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu mujyi wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo no nkengero zawo, baravuga ko hakomeje kugaragara imbwa nyinshi batazi aho zituruka, zibateza ibibazo kuko hari abo zirya, n’abo zikoresha impanuka zo mu muhanda, abandi zikabazanira umwanda mu ngo zabo.

Aba baturage kandi bavuga ko bafite impungenge ko izi mbwa zabarya cyangwa zikabarira abana babo baba basize mu ngo.

Simpenzwe Leonce ati “Hari ubwo ziba ari nyinshi zimeze nk’iziri mu igobe, wajya gucaho zikakubuza inzira. Njye nari ntwaye umugenzi narimo nerekeza mu Kagari ka Nyabisindu, ndimo ndagenda, imbwa yambukiranya umuhanda mba ndayigonze kandi nari ntwaye n’umugenzi turagwa tujya kwa muganga.”

Aba baturage kandi bavuga ko zigenda zisiga umwanda wazo aho zigeze hose, ku buryo haba hari umunuko ndetse bakaba bafite impungenge ko byazabateza indwara ziterwa n’umwanda.

Habiamana Vedaste ati “Zigenda zita umwanda wazo [imvugo yakoresheje ntitwifuje kuyikoresha mu nyandiko yacu] aho zigeze hose ugasanga abana bakasemo (bakandagiyemo), n’iyo twajya no guhinga ugasanga ziririrwa zandagara.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard agira inama abatunze aya matungo kubahiriza amabwiriza, arimo kuzikingiza.

Ati “Nta mbwa zikwiye kuzerera ku gasozi. Niba umuntu yoroye itungo rye riba rikwiye kuba riri iwe, rikingiye, rifite veterineri uryitaho kugira ngo ritaba ryahungabanya umutekano.”

Avuga ko zikomeje kugaragara gutya mu ngo no mu nsisiro, zishobora guteza ibibazo, ati “zishobora kuba zateza impanuka, hari ukuba zarya umuntu, zishobora kurya amatungo y’abantu. Niyo mpamvu tugira inama bafite cyangwa aboroye imbwa ko bagomba kubahiriza ibiteganywa n’amategeko.”

Uyu muyobozi yizeza abaturage ko ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’izindi zirimo iz’umutekano, bazashaka umuti w’iki kibazo ku buryo aya matungo azafatwa agasubizwa aho agomba kuba ari.

Izi mbwa zirirwa zizerera

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Next Post

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Related Posts

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye,...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

by radiotv10
16/05/2025
0

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix...

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we,...

IZIHERUKA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.