Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in MU RWANDA
0
Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu mujyi wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo no nkengero zawo, baravuga ko hakomeje kugaragara imbwa nyinshi batazi aho zituruka, zibateza ibibazo kuko hari abo zirya, n’abo zikoresha impanuka zo mu muhanda, abandi zikabazanira umwanda mu ngo zabo.

Aba baturage kandi bavuga ko bafite impungenge ko izi mbwa zabarya cyangwa zikabarira abana babo baba basize mu ngo.

Simpenzwe Leonce ati “Hari ubwo ziba ari nyinshi zimeze nk’iziri mu igobe, wajya gucaho zikakubuza inzira. Njye nari ntwaye umugenzi narimo nerekeza mu Kagari ka Nyabisindu, ndimo ndagenda, imbwa yambukiranya umuhanda mba ndayigonze kandi nari ntwaye n’umugenzi turagwa tujya kwa muganga.”

Aba baturage kandi bavuga ko zigenda zisiga umwanda wazo aho zigeze hose, ku buryo haba hari umunuko ndetse bakaba bafite impungenge ko byazabateza indwara ziterwa n’umwanda.

Habiamana Vedaste ati “Zigenda zita umwanda wazo [imvugo yakoresheje ntitwifuje kuyikoresha mu nyandiko yacu] aho zigeze hose ugasanga abana bakasemo (bakandagiyemo), n’iyo twajya no guhinga ugasanga ziririrwa zandagara.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard agira inama abatunze aya matungo kubahiriza amabwiriza, arimo kuzikingiza.

Ati “Nta mbwa zikwiye kuzerera ku gasozi. Niba umuntu yoroye itungo rye riba rikwiye kuba riri iwe, rikingiye, rifite veterineri uryitaho kugira ngo ritaba ryahungabanya umutekano.”

Avuga ko zikomeje kugaragara gutya mu ngo no mu nsisiro, zishobora guteza ibibazo, ati “zishobora kuba zateza impanuka, hari ukuba zarya umuntu, zishobora kurya amatungo y’abantu. Niyo mpamvu tugira inama bafite cyangwa aboroye imbwa ko bagomba kubahiriza ibiteganywa n’amategeko.”

Uyu muyobozi yizeza abaturage ko ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’izindi zirimo iz’umutekano, bazashaka umuti w’iki kibazo ku buryo aya matungo azafatwa agasubizwa aho agomba kuba ari.

Izi mbwa zirirwa zizerera

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 13 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Next Post

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.