Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

radiotv10by radiotv10
01/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Kabarore mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko umureko munini waryo wavuyeho ku buryo ngo iyo imvura iguye baba bameze nk’abari hanze kuko banyagirwa ndetse bigatuma babura n’ababagurira.

Ukigera mu isoko rya Kabarore, ugira ngo ryarasakambutse, ariko abaricururizamo bavuga ko ari i umureko waryo washaje kugeza ubwo mu minsi ishize hari uwo wagwiriye.

Kuba uyu mureko wavaho, abacururiza munsi y’aho wari uri, bari kurira ayo kwarika kuko iyo imvura yaguye ibashiriraho, ndetse n’ibicuruzwa byabo bikangirika.

Murindahabi Jonas ati “Cyaraboze dore aho tugenda tugenda dusitara, amabuye yararandutse. Iyo imvura iguye dushaka n’aho twugama tukahabura kubera ko Riva. Twadanduraga hano hasi ntawukihadandura umuvu w’amazi aturutse hejuru no kuruhande.”

Bazizane na we yagze ati “Yari arimo atandika uriya mureko uragwa, wari umwishe. Ikindi kandi kuba biduhombya biraduhombya, iyo imvura yaguye nanjye nkiba hanze ntaraza mu gucuruza iyo yagwaga ntabwo nazaga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakimenye kandi ko bitarenze mu cyumweru gitaha kizaba cyabonewe umuti.

Ati “Twari twagihaye umurongo w’uko kigomba gukorwa. Ubwo ni ukubashimira yuko muduhwituye tugiye kubyihutisha. Umureko ntabwo ari ikintu gihenze cyane twabikosora.

Iri soko rya Kabarore riri mu masoko umunani yakorewe inyigo ku buryo azasanwa, ndetse akezegurirwa ba Rwiyemezamirimo mu mikorere n’imikoreshereze yayo ndetse ko n’ubusabe bwabyo bwamaze gutangwa muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kugirango byose bitangire bikorwe.

Umureko warangiritse cyane
Ngo imvura yaguye baranyagirwa n’ibicuruzwa byabo bikangirika
Barasaba ko bikosorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − three =

Previous Post

Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye

Next Post

Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?

Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.