Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA
0
Gatulika yahagaritse Padiri ukurikiranyweho gusambanyiriza abana batatu mu Kiliziya
Share on FacebookShare on Twitter

Umupadiri wo muri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Deonis Aropagita yo muri Kilimanjaro muri Tanzania, ukurikiranyweho gusambanya abana batatu, yabaye ahagaritswe na Kiliziya Gatulika yo muri iki Gihugu.

Padiri Sostenes Bahati Soka wakoreraga umurimo w’Ubusaseridoti muri iyi Paruwasi iherereye mu Karere ka Moshi yahagaritswe na Diyoseze nyuma yo kugezwa imbere y’Ubucamanza.

Uyu Musaseridoti akurikiranyweho gusambanya abana batatu bari mu kigero kiri hagati y’imyaka 12 na 13 y’amavuko, akaba yaragejejwe imbere y’Urukiko ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Nyuma yo kugezwa imbere y’Ubucamanza, amazina ye ndetse n’ifoto ye, byahise bikurwa ku rutonde rw’abapadiri ruri ku rubuga rwa diyoseze.

Mbere yuko agezwa mu rukiko, amazina ye yari kumwe n’abandi bapadiri barindwi, bimitswe muri uyu muhamagaro muri 2012.

Umunyamabanga Mukuru w’Inama ya Kiliziya Gatulika, Padiri Charles Kitima aratangaza ko bitewe n’ibirego bishinjwa uyu mupadiri, yabaye ahagaritswe na Musenyeri wa Diyoseze ya Moshi, Ludovick Minde.

Yagize ati “Kuva aka kanya, Musenyeri yamuhagaritse ku murimo wo gutanga serivisi z’ubupadiri kugeza igihe Urukiko ruzafatira icyemezo. Nyuma yaho ni bwo hazafatwa ibindi byemezo.”

Padiri Kitima yatangaje ko Kiliziya Gatulika izagira umusanzu mu gutuma impande zombi zihabwa ubutabera buboneye, yaba urwa Padiri ndetse n’urw’abamurega kubakorera ibya mfura mbi.

Akomeza avuga kandi ko Kiliziya Gatulika izakomeza kurwanya no kwamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana.

Ibyaha bishinjwa Padiri Soka wabaye ahagaritswe, birimo gusambanya umwana ufite imyaka 12 bikekwa ko yamufashe tariki 12 z’ukwezi gushize kwa Kanama 2022 ndetse akamusambanyiriza muri kiliziya ya Dionis Aropagita, ndetse n’abandi babiri barimo undi w’imyaka 12 n’undi wa 13 bose na bo yasambanyirije muri iyi Kiliziya mu bihe bitandukanye.

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seven =

Previous Post

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

Next Post

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

Akari ku mutima w’Umugabo wuzukuruje wasubiye kwiga muri ‘Primaire’ ku myaka 54

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.