Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatuna yongeye kuba nyabagendwa hahita haboneka imvura y’umugisha

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Gatuna yongeye kuba nyabagendwa hahita haboneka imvura y’umugisha
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abanyarwanda b’i Gatuna baraye banze kuryama, batereje ko inkuru iba impamo
  • Aba mbere baganuye ifungurwa ry’Umupaka barimo n’abazanye ibicuruzwa

Tariki 31 Mutarama 2022, umunsi utazibagirana mu mubano w’u Rwanda na Uganda wajemo gishegesha ariko ubu ukaba uri kuzahurwa ngo ubuvandimwe bwongere busagambe. Kuva saa sita mu kadomo zo kuri uyu wa Mbere Umupaka wa Gatuna wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itatu ufunze.

Ifungurwa ry’uyu mupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, si inkuru nshya kuko yamenyekanye mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko kuri uyu wa 31 Mutarama 2022 Gatuna yongera gufungurwa.

Ni itangazo kandi ryasubijwe na Guverinoma y’u Rwanda, yashimye iy’u Rwanda kuri iki gikorwa gikomeye ikoze cyo kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi.

Gufungura umupaka wa Gatuna, byakurikiwe n’uruzinduko rwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda yagiriye mu Rwanda akakirwa na Perezida Kagame Paul.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yaburiye Abanyarwanda kutumva ko nubwo Umupaka wa Gatuna ufunguwe batekereze ko ibibazo birangiye.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ifungurwa rya Gatuna ari intambwe nziza yo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda ariko ko ibibazo bitarakemuka burundu, agasaba Abanyarwanda bifuza kujya muri iki Gigugu cy’abaturanyi, gushishoza.

Aganira na RBA, Mukuralinda yagize ati “Abantu babifate nk’intambwe itewe ariko ntibabifate nk’aho ibibazo bihise bivaho. Iki kintu rwose ni icyo kwitondera, ni icyo gushishozaho.”

Hari abaganuye ifungurwa ry’umupaka (Photo: Igihe)

Gatuna hari mwuka ki?

Kuva saa sita z’ijoro ubwo tariki 31 Mutarama 2022 yari imaze kugera, umupaka wa Gatuna wari ufunguwe gusa ntihagararaye urujya n’uruza rwinshi nk’uko abantu babikekaga kuko imvura na yo yaramukiye ku muryango.

Mbere y’izi saha, bamwe mu Banyarwanda batuye muri aka gace ka Gatuna mu Karere ka Gicumbi, bari banze kujya kuryama bategereje ko uyu mupaka koko wongera kuba nyabagendwa ndetse bamwe muri bo bavuga ko baza guhita bambuka bakajya kuramukanya n’abavandimwe batuye hakurya bamaze imyaka itatu n’umwe uca iryera undi.

Gusa baje gukomwa mu nkokora n’iyi mvura yaguye kuva mu kabwibwi ndetse n’ubu ikaba ikigwa nk’uko bitangazwa n’Umunyamakuru wa RADIOTV10 uriyo.

Umunyamakuru wacu uri i Gatuna kandi, yatubwiye ko nta modoka itwara abagenzi irahanyura kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 ndetse n’urujya n’uruza ntaruhari kubera uko ikirere cyaramutse aho ubu hakiri kugwa imvura yahereye mu ijoro ryakeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Ruger wamamaye mu ndirimbo Dior agiye gutaramira i Kigali

Next Post

Nyagatare: Umunyeshuri arakekwaho kwica mugenzi we bapfuye inkweto agahita atorokera muri Uganda

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Umunyeshuri arakekwaho kwica mugenzi we bapfuye inkweto agahita atorokera muri Uganda

Nyagatare: Umunyeshuri arakekwaho kwica mugenzi we bapfuye inkweto agahita atorokera muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.