Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatuna yongeye kuba nyabagendwa hahita haboneka imvura y’umugisha

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA
0
Gatuna yongeye kuba nyabagendwa hahita haboneka imvura y’umugisha
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abanyarwanda b’i Gatuna baraye banze kuryama, batereje ko inkuru iba impamo
  • Aba mbere baganuye ifungurwa ry’Umupaka barimo n’abazanye ibicuruzwa

Tariki 31 Mutarama 2022, umunsi utazibagirana mu mubano w’u Rwanda na Uganda wajemo gishegesha ariko ubu ukaba uri kuzahurwa ngo ubuvandimwe bwongere busagambe. Kuva saa sita mu kadomo zo kuri uyu wa Mbere Umupaka wa Gatuna wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itatu ufunze.

Ifungurwa ry’uyu mupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, si inkuru nshya kuko yamenyekanye mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko kuri uyu wa 31 Mutarama 2022 Gatuna yongera gufungurwa.

Ni itangazo kandi ryasubijwe na Guverinoma y’u Rwanda, yashimye iy’u Rwanda kuri iki gikorwa gikomeye ikoze cyo kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi.

Gufungura umupaka wa Gatuna, byakurikiwe n’uruzinduko rwa Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda yagiriye mu Rwanda akakirwa na Perezida Kagame Paul.

Gusa Guverinoma y’u Rwanda yaburiye Abanyarwanda kutumva ko nubwo Umupaka wa Gatuna ufunguwe batekereze ko ibibazo birangiye.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ifungurwa rya Gatuna ari intambwe nziza yo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda ariko ko ibibazo bitarakemuka burundu, agasaba Abanyarwanda bifuza kujya muri iki Gigugu cy’abaturanyi, gushishoza.

Aganira na RBA, Mukuralinda yagize ati “Abantu babifate nk’intambwe itewe ariko ntibabifate nk’aho ibibazo bihise bivaho. Iki kintu rwose ni icyo kwitondera, ni icyo gushishozaho.”

Hari abaganuye ifungurwa ry’umupaka (Photo: Igihe)

Gatuna hari mwuka ki?

Kuva saa sita z’ijoro ubwo tariki 31 Mutarama 2022 yari imaze kugera, umupaka wa Gatuna wari ufunguwe gusa ntihagararaye urujya n’uruza rwinshi nk’uko abantu babikekaga kuko imvura na yo yaramukiye ku muryango.

Mbere y’izi saha, bamwe mu Banyarwanda batuye muri aka gace ka Gatuna mu Karere ka Gicumbi, bari banze kujya kuryama bategereje ko uyu mupaka koko wongera kuba nyabagendwa ndetse bamwe muri bo bavuga ko baza guhita bambuka bakajya kuramukanya n’abavandimwe batuye hakurya bamaze imyaka itatu n’umwe uca iryera undi.

Gusa baje gukomwa mu nkokora n’iyi mvura yaguye kuva mu kabwibwi ndetse n’ubu ikaba ikigwa nk’uko bitangazwa n’Umunyamakuru wa RADIOTV10 uriyo.

Umunyamakuru wacu uri i Gatuna kandi, yatubwiye ko nta modoka itwara abagenzi irahanyura kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022 ndetse n’urujya n’uruza ntaruhari kubera uko ikirere cyaramutse aho ubu hakiri kugwa imvura yahereye mu ijoro ryakeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 1 =

Previous Post

Ruger wamamaye mu ndirimbo Dior agiye gutaramira i Kigali

Next Post

Nyagatare: Umunyeshuri arakekwaho kwica mugenzi we bapfuye inkweto agahita atorokera muri Uganda

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Umunyeshuri arakekwaho kwica mugenzi we bapfuye inkweto agahita atorokera muri Uganda

Nyagatare: Umunyeshuri arakekwaho kwica mugenzi we bapfuye inkweto agahita atorokera muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.