Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gaza yugarijwe n’intambara ubu hiyongereyeho n’indwara ikaze yahaherukaga mu myaka 25

radiotv10by radiotv10
24/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gaza yugarijwe n’intambara ubu hiyongereyeho n’indwara ikaze yahaherukaga mu myaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko nyuma y’imyaka 25, indwara y’imbasa yongeye kugaragara mu Ntara ya Gaza, bitewe n’intambara imaze igihe ishyamiranyije Israel n’abarwanyi ba Hamas.

Hari impungenge ko mu gihe intambara yakomeza gukaza umurego, ibikorwa by’ubutabazi kuri iyi ndwara byakomwa mu nkokora n’imirwano, iyi ndwara ikarushaho kubona urwuho rwo gukwirakwira mu bana mu buryo bworoshye, ibyanatumye OMS yongera gutabariza Intara ya Gaza, ivuga ko hakenewe ubutabazi bwihuse kuko hatagize igikorwa, iyi ndwara yazahinduka icyorezo muri iyi ntara.

Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye riri mu bikorwa by’ubutabazi mu ntara ya Gaza witwa Philippe Lazzarini, yabwiye itangazamakuru ko hari umwana w’amezi icumi wamaze kugaragaza ibimenyetso byo kutabasha kunyeganyega, kuko umubiri we wabaye ikinya( Paralyse), biturutse kuri iyi ndwara y’imbasa yaherukaga mu ntara ya Gaza mu myaka 25 ishize.

Icyakora usibye ibibazo by’intambara bishobora no gutuma iyi ndwara yiyongera, ubundi ntiyari iteye ikibazo kinini.

Lazzarini ati “Amahirwe ahari ni uko nibura 80% by’abana bo mu ntara ya Gaza, nbahawe inkingo bakivuka, zibafasha guhangana n’indwara nk’izi.”

Ku bwe ngo “ibi biratanga icyizere ko iyi ndwara yongeye kugaragara muri iyi Ntara tuzabasha kuyirandura, kuko twbizera ko nta mwana uri munsi y’imyaka 10 y’amavuko wo muri iyi Ntara uzasigara adahawe urukingo rw’imbasa.”

Yakomeje ashimangira ko kugeza ubu Umuryango w’Abibumbye uri kohereza ibikoresho birimo n’inkingo zigiye guhabwa abana, mu rwego rwo kubarinda indwara zishobora kubafatirana n’ibi bihe by’intambara barimo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Next Post

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.