Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gaza yugarijwe n’intambara ubu hiyongereyeho n’indwara ikaze yahaherukaga mu myaka 25

radiotv10by radiotv10
24/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gaza yugarijwe n’intambara ubu hiyongereyeho n’indwara ikaze yahaherukaga mu myaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko nyuma y’imyaka 25, indwara y’imbasa yongeye kugaragara mu Ntara ya Gaza, bitewe n’intambara imaze igihe ishyamiranyije Israel n’abarwanyi ba Hamas.

Hari impungenge ko mu gihe intambara yakomeza gukaza umurego, ibikorwa by’ubutabazi kuri iyi ndwara byakomwa mu nkokora n’imirwano, iyi ndwara ikarushaho kubona urwuho rwo gukwirakwira mu bana mu buryo bworoshye, ibyanatumye OMS yongera gutabariza Intara ya Gaza, ivuga ko hakenewe ubutabazi bwihuse kuko hatagize igikorwa, iyi ndwara yazahinduka icyorezo muri iyi ntara.

Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye riri mu bikorwa by’ubutabazi mu ntara ya Gaza witwa Philippe Lazzarini, yabwiye itangazamakuru ko hari umwana w’amezi icumi wamaze kugaragaza ibimenyetso byo kutabasha kunyeganyega, kuko umubiri we wabaye ikinya( Paralyse), biturutse kuri iyi ndwara y’imbasa yaherukaga mu ntara ya Gaza mu myaka 25 ishize.

Icyakora usibye ibibazo by’intambara bishobora no gutuma iyi ndwara yiyongera, ubundi ntiyari iteye ikibazo kinini.

Lazzarini ati “Amahirwe ahari ni uko nibura 80% by’abana bo mu ntara ya Gaza, nbahawe inkingo bakivuka, zibafasha guhangana n’indwara nk’izi.”

Ku bwe ngo “ibi biratanga icyizere ko iyi ndwara yongeye kugaragara muri iyi Ntara tuzabasha kuyirandura, kuko twbizera ko nta mwana uri munsi y’imyaka 10 y’amavuko wo muri iyi Ntara uzasigara adahawe urukingo rw’imbasa.”

Yakomeje ashimangira ko kugeza ubu Umuryango w’Abibumbye uri kohereza ibikoresho birimo n’inkingo zigiye guhabwa abana, mu rwego rwo kubarinda indwara zishobora kubafatirana n’ibi bihe by’intambara barimo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Next Post

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Related Posts

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.