Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gaza yugarijwe n’intambara ubu hiyongereyeho n’indwara ikaze yahaherukaga mu myaka 25

radiotv10by radiotv10
24/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gaza yugarijwe n’intambara ubu hiyongereyeho n’indwara ikaze yahaherukaga mu myaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko nyuma y’imyaka 25, indwara y’imbasa yongeye kugaragara mu Ntara ya Gaza, bitewe n’intambara imaze igihe ishyamiranyije Israel n’abarwanyi ba Hamas.

Hari impungenge ko mu gihe intambara yakomeza gukaza umurego, ibikorwa by’ubutabazi kuri iyi ndwara byakomwa mu nkokora n’imirwano, iyi ndwara ikarushaho kubona urwuho rwo gukwirakwira mu bana mu buryo bworoshye, ibyanatumye OMS yongera gutabariza Intara ya Gaza, ivuga ko hakenewe ubutabazi bwihuse kuko hatagize igikorwa, iyi ndwara yazahinduka icyorezo muri iyi ntara.

Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye riri mu bikorwa by’ubutabazi mu ntara ya Gaza witwa Philippe Lazzarini, yabwiye itangazamakuru ko hari umwana w’amezi icumi wamaze kugaragaza ibimenyetso byo kutabasha kunyeganyega, kuko umubiri we wabaye ikinya( Paralyse), biturutse kuri iyi ndwara y’imbasa yaherukaga mu ntara ya Gaza mu myaka 25 ishize.

Icyakora usibye ibibazo by’intambara bishobora no gutuma iyi ndwara yiyongera, ubundi ntiyari iteye ikibazo kinini.

Lazzarini ati “Amahirwe ahari ni uko nibura 80% by’abana bo mu ntara ya Gaza, nbahawe inkingo bakivuka, zibafasha guhangana n’indwara nk’izi.”

Ku bwe ngo “ibi biratanga icyizere ko iyi ndwara yongeye kugaragara muri iyi Ntara tuzabasha kuyirandura, kuko twbizera ko nta mwana uri munsi y’imyaka 10 y’amavuko wo muri iyi Ntara uzasigara adahawe urukingo rw’imbasa.”

Yakomeje ashimangira ko kugeza ubu Umuryango w’Abibumbye uri kohereza ibikoresho birimo n’inkingo zigiye guhabwa abana, mu rwego rwo kubarinda indwara zishobora kubafatirana n’ibi bihe by’intambara barimo.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 13 =

Previous Post

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Next Post

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.