Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen.Doumbouya uyobora Guinée-Conakry wamaze kugera mu Rwanda yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bahaba

radiotv10by radiotv10
02/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Doumbouya uyobora Guinée-Conakry wamaze kugera mu Rwanda yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bahaba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinée-Conakry, General Mamadi Doumbouya wari utegerejwe mu Rwanda, akaba yahageze, yakiriwe n’abaturage b’Igihugu cye baba mu Rwanda, bamugaragarije ibyishimo.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Guinée-Conakry, agaragaza ko Perezida Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya bahagurutse i Conakry mu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 01 Gicurasi 2025.

Bageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, ndetse Perezida Mamadi Doumbouya, ahura n’Abanya- Guinée baba mu Rwanda, bamugaragarije urugwiro rwinshi, aho bari bambaye imyambaro igaragaza ko bamushyigikiye 100%.

Ibiro bya Ambasade ya Guinée-Conakry mu Rwanda, bivuga ko abaturage b’iki Gihugu bakiranye ubwuzu Umukuru w’Igihugu cyabo waje gutsura umubano n’icyo baje gushakishirizamo imibereho.

Ambasade yagize iti “Nyakubahwa Mamadi Doumbouya yakiranywe ubwuzu n’Abanya-Guinée bari mu Rwanda ubwo yari mu ruzinduko. Ni iby’agaciro n’ishema rikomeye ku muryango mugari.”

Perezida Mamadi Doumbouya usanzwe anafitanye ubucuti bwihariye na Perezida Paul Kagame, yakunze kugaragaza ko amufatiraho icyitegererezo, yaje mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gukomeza guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Perezida Mamadi Doumbouya yaherukaga mu Rwanda umwaka ushize muri Kanama, yitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame byanitabiriwe n’abandi banyacyubahiro.

Biteganyijwe ko Mamadi Doumbouya azava i Kigali yerecyeza i Libreville muri Gabon, aho azaba yitabiriye irahira rya mugenzi we Brice Clotaire Oligui Nguema uherutse gutorerwa kuyobora iki Gihugu, uzarahira ku wa Gatandatu tariki 03 Gicurasi 2025.

Abanya-Guinée baba mu Rwanda bishimiye kwakira Umukuru w’Igihugu cyabo
Byari ibyishimo ku ngeri zose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kuzasinyira amasezerano n’aho bizakorerwa

Next Post

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Related Posts

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

by radiotv10
30/07/2025
0

In many African societies and beyond, the tradition of bride price also known as "lobola" in Southern Africa or "inkwano"...

IZIHERUKA

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda
IMYIDAGADURO

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w'Indirimbo z'Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe hafi y’iwe yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.