Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen Muhoozi wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yasoje uruzinduko rwe

radiotv10by radiotv10
16/03/2022
in MU RWANDA
0
Gen Muhoozi wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yasoje uruzinduko rwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo Zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari n’Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yasoje uruzinduko rwe rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu yuriye rutemikirere ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe aho yaherekejwe na bamwe mu bayobozi mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yageze mu Rwanda ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 14 Werurwe 2022 ubwo yakirwaga ku Kibuga cy’Indege na bamwe mu bayobozi mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Kuri uwo munsi kandi yanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro bigamije gukomeza kunoza umubano w’u Rwanda na Uganda uri kuzahurwa.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, Gen Muhoozi yasuye ibikorwa binyuranye mu Rwanda birimo Urwibutso rwa Kigali rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi rushyinguyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250.

Yanasuye kandi Ingoro Ndangamateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda iri mu Nteko Ishinga Amategeko, aho yanasobanuriwe bimwe mu bikorwa byaranze uru rugamba.

Lt Gen Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “my uncle”, yanamwakiriye mu rwuri rwe anamugabira ishyo ry’inka z’inyambo, mu gikorwa cyarimo na Ivan Cyomoro Kagame, imfura ya Perezida Paul Kagame ndetse na Brian Kagame, bucura bwe.

Muhoozi kandi yanasuye inyubako y’imyidagaduro ya Kigali Arena, aho yanagaragaye atera umupira wa Basketball dore ko asanzwe anakunda uyu mukino.

Yabanje kugirana ibiganiro bamushimira uru ruzinduko
Yaherekejwe na bamwe mu bayobozi mu Gisirikare cy’u Rwanda
Bamusezera ku Kibuga cy’Indege

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − eleven =

Previous Post

Umushoramari Robert Bafakulera yongeye gutorerwa kuyobora PSF

Next Post

Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

Related Posts

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

by radiotv10
04/12/2025
0

Kigali is quickly becoming one of East Africa’s most exciting hubs for creative talent. From photography and fashion to content...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

IZIHERUKA

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories
MU RWANDA

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

by radiotv10
04/12/2025
0

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.