Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen Muhoozi wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yasoje uruzinduko rwe

radiotv10by radiotv10
16/03/2022
in MU RWANDA
0
Gen Muhoozi wagiriye ibihe byiza mu Rwanda yasoje uruzinduko rwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo Zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari n’Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yasoje uruzinduko rwe rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu yuriye rutemikirere ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe aho yaherekejwe na bamwe mu bayobozi mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yageze mu Rwanda ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 14 Werurwe 2022 ubwo yakirwaga ku Kibuga cy’Indege na bamwe mu bayobozi mu Gisirikare cy’u Rwanda.

Kuri uwo munsi kandi yanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye bagirana ibiganiro bigamije gukomeza kunoza umubano w’u Rwanda na Uganda uri kuzahurwa.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, Gen Muhoozi yasuye ibikorwa binyuranye mu Rwanda birimo Urwibutso rwa Kigali rwa Jenoside Yakorewe Abatutsi rushyinguyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250.

Yanasuye kandi Ingoro Ndangamateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda iri mu Nteko Ishinga Amategeko, aho yanasobanuriwe bimwe mu bikorwa byaranze uru rugamba.

Lt Gen Muhoozi ukunze kwita Perezida Paul Kagame “my uncle”, yanamwakiriye mu rwuri rwe anamugabira ishyo ry’inka z’inyambo, mu gikorwa cyarimo na Ivan Cyomoro Kagame, imfura ya Perezida Paul Kagame ndetse na Brian Kagame, bucura bwe.

Muhoozi kandi yanasuye inyubako y’imyidagaduro ya Kigali Arena, aho yanagaragaye atera umupira wa Basketball dore ko asanzwe anakunda uyu mukino.

Yabanje kugirana ibiganiro bamushimira uru ruzinduko
Yaherekejwe na bamwe mu bayobozi mu Gisirikare cy’u Rwanda
Bamusezera ku Kibuga cy’Indege

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 8 =

Previous Post

Umushoramari Robert Bafakulera yongeye gutorerwa kuyobora PSF

Next Post

Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

Guhagarika ‘Adhana’ ntibireba imisigiti 8 gusa ahubwo ni mu Gihugu hose- Min.Gatabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.