• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
23/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi barenga 30 bishwe, abandi basaga 2 000 batawe muri yombi nyuma y’amatora.

Ni mu gihe Bobi Wine uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi akomeje kuba mu bwihisho, nyuma yo gushinja inzego z’umutekano kugaba igitero mu rugo rwe, nyuma y’amatora yo ku wa 15 Mutarama 2026, yise ko yabayemo ubujura bukabije, anasaba abaturage kwigaragambya.

Nk’uko byatangajwe na Komisiyo y’Amatora, Museveni w’imyaka 81 yatsinze amatora yegukana 72% by’amajwi, mu gihe Bobi Wine yabonye 25%. Abakurikiranye amatora bo muri Afurika n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta banenze ihonyorwa rikabije ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’ihagarikwa rya murandasi (internet) ryabaye muri ayo matora.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Umugaba Mukuru w’ingabo Muhoozi Kainerugaba yagize ati: “Twafunze abantu barenga 2,000 b’impirimbanyi za Kabobi (Bobi Wine) yatekerezaga ko ashobora gukoresha.”

Mu bafashwe mu minsi ishize harimo n’umudepite w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Muwanga Kivumbi, uhagarariye Akarere ka Butambala mu burengerazuba bwo hagati bwa Uganda, ahavuzwe ihohoterwa rikomeye cyane ku munsi w’amatora.

Kivumbi yabwiye itangazamakuru rya AFP ko inzego z’umutekano zishe abantu icumi bo mu bakozi be, nyuma yo gutera iwe mu rugo, mu gihe polisi yo ivuga ko abamushyigikiye barashwe ubwo bageragezaga gutwika ahabarurirwa amajwi na sitasiyo ya polisi.

Umwunganizi mu mategeko wo mu batavuga rumwe n’ubutegetsi yabwiye itangazamakuru rya AFP ko kugeza ku wa Gatatu w’iki cyumweru, abantu barenga 600 bari bamaze gutabwa muri yombi mu myigaragambyo yakurikiye amatora.

Me Erias Lukwago yagize ati: “Mu manza zose, abakiliya bacu bahakana ibyaha baregwa. Bamwe bavuga ko polisi yabafatiye mu ngo zabo ikabafunga mbere y’uko bagezwa mu rukiko, ku byaha batari bazi.”

Bobi Wine amaze iminsi arira ayo kwarika

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 11 =

Previous Post

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Next Post

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.