Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yakoze urutonde rw’abantu b’abagabo b’intangarugero kuri we babayeho mu mateka y’Isi, barimo Perezida Paul Kagame yashyize ku mwanya wa kabiri aho akurikira umubyeyi we Museveni.

Uyu musirikare wubashywe muri Uganda, amaze iminsi atanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa X akunze kujya atangaho ibitekerezo bimwe bikazamura impaka.

Mu bitekerezo yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025, General Muhoozi yagize ati “Bantu batuye Isi, aba ni bo bagabo ba mbere beza babayeho njye ntarimo.”

Mu butumwa bw’inkurikirane, General Muhoozi yahise akomeza agaragaza buri muntu n’umwanya we, aho yahereye ku mwanya wa cyenda yahashyizeho Fidel Castro wabaye Perezida wa Cuba, akaba afatwa nk’intwari ikomeye y’iki Gihugu.

Ku mwanya wa munani, Muhoozi yawushyizeho Camilo Cienfuegos na we wabaye umwe mu mpirimbanyi z’impinduramatwara muri Cuba, naho umwanya wa karindwi, ashyiraho Che Guevara na we ufite ibigwi muri iki Gihugu.

Ku mwanya wa gatandatu, General Muhoozi yashyizeho umukinnyi wa Film w’ikirangirire, Umunya-Hong Kong akaba n’Umunyamerika Bruce Lee, naho ku mwanya wa gatanu, ashyiraho umuririmbyi w’Umunyamerika Elvis Presley.

Ku mwanya wa kane, Muhoozi Kainerugaba yashyizeho umuhanzi w’ikirangirire ku Isi mu njyana ya Reggae, Umunya-Jamaica Bob Marley.

Ku mwanya wa gatatu, Muhoozi yashyizeho Se wabo General Salim Saleh, akaba umuvandimwe wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, banafatanyije mu rugamba rwo kubohora Uganda.

Ku mwanya wa Kabiri, Muhoozi yashyizeho Perezida Paul Kagame, akunze kwita “My Uncle” yanakunze gushima uburyo amubera icyitegererezo kandi akamufata nk’imwe mu ntwari z’imbanza ku Mugabane wa Afurika.

Ku mwanya wa mbere, General Muhoozi yashyizeho umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, na we akunze kugaragaza nk’intwari ikomeye.

Muri Mutarama 2021 ubwo General Muhoozi yakirwaga na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yitabiriye igikorwa cyanitabiriwe na Tshisekedi muri Ghana

Next Post

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho
MU RWANDA

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.