Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yakoze urutonde rw’abantu b’abagabo b’intangarugero kuri we babayeho mu mateka y’Isi, barimo Perezida Paul Kagame yashyize ku mwanya wa kabiri aho akurikira umubyeyi we Museveni.

Uyu musirikare wubashywe muri Uganda, amaze iminsi atanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa X akunze kujya atangaho ibitekerezo bimwe bikazamura impaka.

Mu bitekerezo yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025, General Muhoozi yagize ati “Bantu batuye Isi, aba ni bo bagabo ba mbere beza babayeho njye ntarimo.”

Mu butumwa bw’inkurikirane, General Muhoozi yahise akomeza agaragaza buri muntu n’umwanya we, aho yahereye ku mwanya wa cyenda yahashyizeho Fidel Castro wabaye Perezida wa Cuba, akaba afatwa nk’intwari ikomeye y’iki Gihugu.

Ku mwanya wa munani, Muhoozi yawushyizeho Camilo Cienfuegos na we wabaye umwe mu mpirimbanyi z’impinduramatwara muri Cuba, naho umwanya wa karindwi, ashyiraho Che Guevara na we ufite ibigwi muri iki Gihugu.

Ku mwanya wa gatandatu, General Muhoozi yashyizeho umukinnyi wa Film w’ikirangirire, Umunya-Hong Kong akaba n’Umunyamerika Bruce Lee, naho ku mwanya wa gatanu, ashyiraho umuririmbyi w’Umunyamerika Elvis Presley.

Ku mwanya wa kane, Muhoozi Kainerugaba yashyizeho umuhanzi w’ikirangirire ku Isi mu njyana ya Reggae, Umunya-Jamaica Bob Marley.

Ku mwanya wa gatatu, Muhoozi yashyizeho Se wabo General Salim Saleh, akaba umuvandimwe wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, banafatanyije mu rugamba rwo kubohora Uganda.

Ku mwanya wa Kabiri, Muhoozi yashyizeho Perezida Paul Kagame, akunze kwita “My Uncle” yanakunze gushima uburyo amubera icyitegererezo kandi akamufata nk’imwe mu ntwari z’imbanza ku Mugabane wa Afurika.

Ku mwanya wa mbere, General Muhoozi yashyizeho umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, na we akunze kugaragaza nk’intwari ikomeye.

Muri Mutarama 2021 ubwo General Muhoozi yakirwaga na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 6 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yitabiriye igikorwa cyanitabiriwe na Tshisekedi muri Ghana

Next Post

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.