Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yakoze urutonde rw’abantu b’abagabo b’intangarugero kuri we babayeho mu mateka y’Isi, barimo Perezida Paul Kagame yashyize ku mwanya wa kabiri aho akurikira umubyeyi we Museveni.

Uyu musirikare wubashywe muri Uganda, amaze iminsi atanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa X akunze kujya atangaho ibitekerezo bimwe bikazamura impaka.

Mu bitekerezo yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025, General Muhoozi yagize ati “Bantu batuye Isi, aba ni bo bagabo ba mbere beza babayeho njye ntarimo.”

Mu butumwa bw’inkurikirane, General Muhoozi yahise akomeza agaragaza buri muntu n’umwanya we, aho yahereye ku mwanya wa cyenda yahashyizeho Fidel Castro wabaye Perezida wa Cuba, akaba afatwa nk’intwari ikomeye y’iki Gihugu.

Ku mwanya wa munani, Muhoozi yawushyizeho Camilo Cienfuegos na we wabaye umwe mu mpirimbanyi z’impinduramatwara muri Cuba, naho umwanya wa karindwi, ashyiraho Che Guevara na we ufite ibigwi muri iki Gihugu.

Ku mwanya wa gatandatu, General Muhoozi yashyizeho umukinnyi wa Film w’ikirangirire, Umunya-Hong Kong akaba n’Umunyamerika Bruce Lee, naho ku mwanya wa gatanu, ashyiraho umuririmbyi w’Umunyamerika Elvis Presley.

Ku mwanya wa kane, Muhoozi Kainerugaba yashyizeho umuhanzi w’ikirangirire ku Isi mu njyana ya Reggae, Umunya-Jamaica Bob Marley.

Ku mwanya wa gatatu, Muhoozi yashyizeho Se wabo General Salim Saleh, akaba umuvandimwe wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, banafatanyije mu rugamba rwo kubohora Uganda.

Ku mwanya wa Kabiri, Muhoozi yashyizeho Perezida Paul Kagame, akunze kwita “My Uncle” yanakunze gushima uburyo amubera icyitegererezo kandi akamufata nk’imwe mu ntwari z’imbanza ku Mugabane wa Afurika.

Ku mwanya wa mbere, General Muhoozi yashyizeho umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, na we akunze kugaragaza nk’intwari ikomeye.

Muri Mutarama 2021 ubwo General Muhoozi yakirwaga na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − four =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yitabiriye igikorwa cyanitabiriwe na Tshisekedi muri Ghana

Next Post

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.