Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ko atumva ukuntu u Budage bwohereje Umudage mugufi nka Ambasaderi wo kubuhagararira muri Uganda, kandi iki Gihugu cy’i Burayi kiri mu bya mbere bigira abantu barebare.

Gen. Muhoozi yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025, aho yavuze ko bitumvikana ukuntu Igihugu nk’u Budage kizwiho kuba kigira abaturage barebare, ariko kikaba cyarohereje Ambasaderi mugufi.

Yagize ati “Nkurikije amateka, Abadage ni bantu bari bakwiye kuba aba kabiri barebare mu Burayi. Nyuma y’Abaholandi, banywa amata nkatwe (Bahima, Batutsi na Dinka). None, kuki ku Isi ari twe boherereje Umudage Mugufi kurusha abandi kugira ango abahagararire nk’Ambasaderi hano??”

General Muhoozi atangaje ibi nyuma yuko Igisirikare cya Uganda (UPDF) ayoboye gitangaje ko cyaciye umubano n’Igihugu cy’u Budage gihagarariwe muri Uganda n’uyu Mudipolomate Mathias Schauer wagarutsweho n’uyu Mugaba Mukuru wa UPDF.

Ambasaderi Mathias Schauer ashinjwa n’igisirikare cya Uganda, kuba ashyigikiye imitwe yitwaje intwaro n’amashyaka bitavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, bishaka korogoya amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe umwaka utaha wa 2026.

Ubwo Umuvugizi wa UPDF, Colonel Chris Magezi yagarukaga kuri bamwe batangiye kurangwa n’imyitwarire igamije kuzana igitotsi mu migendekere y’amatora, yavuze ko harimo ishyaka NUP riterwa inkunga na za Ambasade za bimwe mu Bihugu by’i Burayi, zirimo iy’u Budage, aho yanagarutse kuri uyu Mudipolomate w’u Budage Ambasaderi Mathias Schauer ko ari mu batera inkunga iyo mitwe n’amashyaka.

General Muhoozi na Amb. Mathias Schauer

RADIOTV10

Comments 1

  1. Eee says:
    10 months ago

    Namuhe ku mata arebe ko atamusumba

    Reply

Leave a Reply to Eee Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 2 =

Previous Post

Hagaragajwe inzoga yakuwe ku isoko ryo mu Rwanda hanasobanurwa impamvu

Next Post

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Related Posts

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Imiryango itari iya Leta iravuga ko ibitero by’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze, byagabwe mu gace ka Minembwe...

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

by radiotv10
10/03/2026
0

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze...

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

by radiotv10
10/03/2026
0

This Tuesday, 10th March 2026, the prices of petroleum products dropped after the President of the United States, Donald Trump,...

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

by radiotv10
10/03/2026
0

Col Michael Randrianirina uyoboye urwego rw’Igisirikare kiri ku butegetsi muri Madagascar, yirukanye Minisitiri w’Intebe, anasesa Guverinoma yose mu buryo butunguranye....

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

by radiotv10
10/03/2026
0

U Bushinwa buratangaza ko ishyirwaho rya Mojtaba Khamenei nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran asimbuye se uherutse kwicwa, ari icyemezo kireba...

IZIHERUKA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

10/03/2026
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

10/03/2026
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.