Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho agaragaza Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa asa nk’ukubitwa urushyi mu isura n’uwo bikekwa ko ari umugore we, akomeje kuvugwaho byinshi, aho bamwe mu ba hafi y’uyu muryango, na bo bagize icyo babivugaho.

Ni amashusho yafashwe kuri iki Cyumweru tariki 25 Gicurasi 2025, ubwo Perezida Macron n’umugore we Brigitte Macron bari bageze i Hanoï muri Vietnam, mu ruzinduko barimo rw’icyumweru muri Asia.

Aya mashusho yafashwe ubwo Indege yari ibatwaye yari igeze ku Kibuga cy’Indege cya Hanoï, aho habanje gufungurwa urugi rw’indege, ubundi hakagaragara ukuboko k’umuntu akubita urushyi mu maso Perezida Emmanuel Macron, bivugwa ko ari umugore we.

Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika ‘Associated Press’ byatangaje aya mashusho, bivuga aba hafi ya Perezida Macron, bavuga ko hashobora kuba habayeho kutumvikana hagati ye n’umugore we, ndetse bagasa nk’abatongana.

Ubwo Macron yasaga nk’ukubiswe urushyi mu maso, muri aya mashusho, Macron usa nk’utunguwe, agahita azamura akaboko kamwe aramutsa abari bari hanze baje kumwakira.

Bombi bahise bururuka indege, ndetse Macron asa nk’uzamura akaboko kugira ngo umugore we Brigitte Macron amufate batambuke nk’abantu bafitanye urugwiro, ariko umugore we ntiyasobekeranya akaboko mu ke nk’uko bisanzwe.

Amashusho agaragaza ibi, yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryacyeye, byumwihariko akaba yakwirakwijwe na konti z’abasanzwe badakunda Perezida Emmanuel Macron.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 15 =

Previous Post

Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda

Next Post

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Simple Habits That Improve Digestion

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.