• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UDUSHYA
0
Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho agaragaza Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa asa nk’ukubitwa urushyi mu isura n’uwo bikekwa ko ari umugore we, akomeje kuvugwaho byinshi, aho bamwe mu ba hafi y’uyu muryango, na bo bagize icyo babivugaho.

Ni amashusho yafashwe kuri iki Cyumweru tariki 25 Gicurasi 2025, ubwo Perezida Macron n’umugore we Brigitte Macron bari bageze i Hanoï muri Vietnam, mu ruzinduko barimo rw’icyumweru muri Asia.

Aya mashusho yafashwe ubwo Indege yari ibatwaye yari igeze ku Kibuga cy’Indege cya Hanoï, aho habanje gufungurwa urugi rw’indege, ubundi hakagaragara ukuboko k’umuntu akubita urushyi mu maso Perezida Emmanuel Macron, bivugwa ko ari umugore we.

Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika ‘Associated Press’ byatangaje aya mashusho, bivuga aba hafi ya Perezida Macron, bavuga ko hashobora kuba habayeho kutumvikana hagati ye n’umugore we, ndetse bagasa nk’abatongana.

Ubwo Macron yasaga nk’ukubiswe urushyi mu maso, muri aya mashusho, Macron usa nk’utunguwe, agahita azamura akaboko kamwe aramutsa abari bari hanze baje kumwakira.

Bombi bahise bururuka indege, ndetse Macron asa nk’uzamura akaboko kugira ngo umugore we Brigitte Macron amufate batambuke nk’abantu bafitanye urugwiro, ariko umugore we ntiyasobekeranya akaboko mu ke nk’uko bisanzwe.

Amashusho agaragaza ibi, yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryacyeye, byumwihariko akaba yakwirakwijwe na konti z’abasanzwe badakunda Perezida Emmanuel Macron.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 18 =

Previous Post

Gen.Muhoozi yagaye indeshyo ya Ambasaderi woherejwe n’Igihugu cy’i Burayi kugihagararira muri Uganda

Next Post

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Related Posts

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Next Post
Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.