Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, yageze mu Rwanda, mu gihe yitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 49 y’amavuko, aho yanavuze ko ibirori byayo azabikorera i Kigali.

Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, akaba n’Umujyanama we mu bya Gisirikare, yageze i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023.

Ni mbere y’iminsi ibiri ngo yuzuze imyaka 49 y’amavuko, asanzwe akorera ibirori by’izabukuru, ndetse akaba yari yatangaje ko ibirori by’iyi sabukuru ye azabyizihiriza mu Rwanda.

Mu butumwa yanyijije kuri Twitter ye tariki 19 Mutarama 2023, yari yagize “Nishimiye gutangaza ko ibirori byo kwizihiza isabukuru yanjye y’imyaka 49 bizabera i Kigali. Umujyi mwiza kurusha iyindi muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Icyo gihe kandi yari yakomeje agaragaza ko azaba yishimiye kuyizihiriza hamwe na Perezida Paul Kagame, ati “Data wacu Perezida Paul Kagame azaba ari mu bikorwa byose.”

Kuri iki Cyumweru, ubwo Muhoozi yageraga i Kigali, yari kumwe n’abayobozi bakuru muri Uganda, ndetse n’abandi bamuherekeje.

Bamwe mu bo bari kumwe, harimo Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Maj Gen (Rtd) Jim Muhwezi ndetse na Minisitiri w’Ubutabera Norbert Mao ndetse n’Umunyamakuru ufite izina rikomeye mu karere, Andrew Mwenda, banaherukanaga kuzana mu Rwanda ubwo yahaherukaga, ndetse uyu munyamakuru akaba yari yagabiwe inka na Perezida Kagame.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, General Muhoozi Kainerugaba, yakiriwe n’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda, barimo uyobora itsinda ry’Abasirikare barinda Abayobozi Bakuru, Maj Gen Willy Rwagasana ndetse n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga.

Isabukuru y’amavuko ya General Muhoozi Kainerugaba, iba tariki 24 Mata, aho iy’umwaka ushize, yayizihirije muri Uganda, yatumiyemo Perezida Paul Kagame, akunze kwita “My Uncle”.

Muhoozi kandi aherutse kwitabira ibirori byiswe “Urukuko Egumeko” byabereye i Kabale muri Uganda, byahuriyemo Abanyarwanda n’Abanya-Uganda, bishimira izahuka ry’umubano w’Ibihugu byombi.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda, yanagize uruhare rukomeye mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, akaba yaranabishimiwe na Perezida Paul Kagame ubwo yitabiraga ibirori by’isabukuru ye, umwaka ushize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eleven =

Previous Post

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Next Post

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.