Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa

radiotv10by radiotv10
24/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen Muhoozi yasesekaye i Kigali n’ikimuzanye gihita kibukwa
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, yageze mu Rwanda, mu gihe yitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 49 y’amavuko, aho yanavuze ko ibirori byayo azabikorera i Kigali.

Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, akaba n’Umujyanama we mu bya Gisirikare, yageze i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023.

Ni mbere y’iminsi ibiri ngo yuzuze imyaka 49 y’amavuko, asanzwe akorera ibirori by’izabukuru, ndetse akaba yari yatangaje ko ibirori by’iyi sabukuru ye azabyizihiriza mu Rwanda.

Mu butumwa yanyijije kuri Twitter ye tariki 19 Mutarama 2023, yari yagize “Nishimiye gutangaza ko ibirori byo kwizihiza isabukuru yanjye y’imyaka 49 bizabera i Kigali. Umujyi mwiza kurusha iyindi muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Icyo gihe kandi yari yakomeje agaragaza ko azaba yishimiye kuyizihiriza hamwe na Perezida Paul Kagame, ati “Data wacu Perezida Paul Kagame azaba ari mu bikorwa byose.”

Kuri iki Cyumweru, ubwo Muhoozi yageraga i Kigali, yari kumwe n’abayobozi bakuru muri Uganda, ndetse n’abandi bamuherekeje.

Bamwe mu bo bari kumwe, harimo Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Maj Gen (Rtd) Jim Muhwezi ndetse na Minisitiri w’Ubutabera Norbert Mao ndetse n’Umunyamakuru ufite izina rikomeye mu karere, Andrew Mwenda, banaherukanaga kuzana mu Rwanda ubwo yahaherukaga, ndetse uyu munyamakuru akaba yari yagabiwe inka na Perezida Kagame.

Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, General Muhoozi Kainerugaba, yakiriwe n’abayobozi mu ngabo z’u Rwanda, barimo uyobora itsinda ry’Abasirikare barinda Abayobozi Bakuru, Maj Gen Willy Rwagasana ndetse n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga.

Isabukuru y’amavuko ya General Muhoozi Kainerugaba, iba tariki 24 Mata, aho iy’umwaka ushize, yayizihirije muri Uganda, yatumiyemo Perezida Paul Kagame, akunze kwita “My Uncle”.

Muhoozi kandi aherutse kwitabira ibirori byiswe “Urukuko Egumeko” byabereye i Kabale muri Uganda, byahuriyemo Abanyarwanda n’Abanya-Uganda, bishimira izahuka ry’umubano w’Ibihugu byombi.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda, yanagize uruhare rukomeye mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, akaba yaranabishimiwe na Perezida Paul Kagame ubwo yitabiraga ibirori by’isabukuru ye, umwaka ushize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 5 =

Previous Post

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Next Post

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Hamenyekanye amakuru arambuye ku ifatwa rya Gen Bunyoni wahoranye igitinyiro mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.