Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23

radiotv10by radiotv10
20/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO, IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, POLITIKI, UMUTEKANO, UMUTEKANO
0
Gen. Muhoozi yatangaje ko yemeranya n’umugambi wa Perezida Kagame na Kenyatta kuri M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, ku wa Gatanu bagiranye ibiganiro kuri telefoni byasoje bose bumva kimwe ibijyanye no kuba inyeshyamba za M23 zikwiye kurekura uduce twose zigaruriye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Perezida Kagame yemereye Kenyatta kumufasha kwinginga inyeshyamba za M23 zigashyira intwaro hasi ndetse zikarekura ibice zigaruriye, nubwo ari amahitamo izo nyeshyamba zitahwemye kugaragaza ko bigoye kuyubahiriza mu gihe Guverinoma ya RDC itaremera ibiganiro bitanga uburenganzira busesuye Abanyekongo bahohoterwa kubera uko bavutse ndetse n’abashinjwa kuba Abanyarwanda.

Bivugwa ko bo bayobozi bombi bagarutse ku kuba imirwano ikomeje guhuza inyeshyamba za M23 n’ingabo za FARDC, zifatanyije n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ndetse n’inyeshyamba za Mi-Mai, ikwiye guhagarara byihuse.

Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yagize icyo avuga ku cyemezo cyafashwe na Perezida Kagame na Kenyatta wiyemeje kuba umuhuza mu biganiro by’i Nairobi bikomeje hagati y’inyeshyamba na Guverinoma ya RDC.

Yifashishije imbuga nkoranyambaga, Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati: “Numvise ko mukuru wanjye nkunda cyane Nyakubahwa Uhuru Kenyatta na Marume/Data Wacu Nyakubahwa Perezida Kagame, basabye M23 kurekura ibice byose yafashe. Ndemeranya n’abayobozi banjye. Abavandimwe bacu muri M23 bakwiye kumva no kumvira aya magambo y’abakuru byihuse! Reka dukemure aya makimbirane!”

Uhuru Kenyatta yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame nyuma y’uruzinduko yagiriye mu bice bitandukanye bya Repubulika Iharanida Demokarasi muri iki cyumweru.

Muri urwo ruzinduko, Kenyatta wari kumwe n’intumwa zirindwi zirimo iza EAC n’Intumwa y’Amahoro y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU), yahuye n’abayobozi batandukanye i Kinshasa mu murwa Mukuru wa RDC ndetse asura n’impunzi zicumbikiwe mu Mujyi wa Goma, aho M23 iraririye mu bilometero bitageze kuri 30.

Bivugwa ko Perezida Kagame yemeye gufasha Kenyatta kwinginga inyeshyamba za M23 zigashyira intwaro hasi ndetse zikarekura n’ibice byose zimaze gufata nk’uko bigaragara mu itangazo ryatanzwe n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ryakwirakwiye mu bitangazamakuru bitandukanye.

Bitenganyijwe ko inzira ibyo biganiro na M23 bizanyuramo izaganirwaho mu cyiciro cya kabiri cy’ibibaniro byitezwe i Luanda muri Angola muri iki cyumweru kigiye kuza.

Icyiciro cya mbere cyabaye ku buhuza bwa Perezida w’Angola João Manuel Gonçalves Lourenço mu ntangiriro z’uku kwezi, aho ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na RDC bemeranyijwe gukomeza inzira y’ibiganiro mu rwego rwo gukemura amakimbirane arangwa hagati y’ibihugu byombi.

Imbaraga z’Abakuru b’Ibihugu n’izindi nzego zo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba n’ak’Ibiyaga Bigari, zikomeje kwiyongera mu gihe inyeshyamba za M23 zamaze kwigarurira ibice bitandukanye bya Teritwari ya Rutshuru n’iya Nyiragongo, ariko iyo mirwano ikaba ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku basivili aho abagera ku 300,000 bataye ibyabo guhera muri Werurwe uyu mwaka.

Iyo mirwano nanone yagize ingaruka ku mubano w’u Rwanda na RDC, aho impande zombi zishinjanya gushyigikira inyeshyamba zihungabanya umutekano w’ibyo bihugu n’Akarere muri rusange.

Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Perezida Kagame yashimiye abasora uburyo batigeze badohoka no mu gihe cya COVID19

Next Post

Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Ubutumwa bwuzuye ishimwe bwahawe abasirikare ba RDF muri Sudan y’Epfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.