Wednesday, March 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryungutse abasirikare 1 518 bo mu mutwe udasanzwe, binjiye mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri Huriro Maj Gen Sultani Makenga wanabageneye ubutumwa, abashimira kuba baritandukanyije na FARDC yokamwe n’imigirire mibi.

Aba basirikare binjijwe mu gisirikare cya AFC/M23 ku wa Mbere tariki 02 Werurwe, aho uyu muhango wo gosoza imyitozo, wabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Uyu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru akaba n’Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare wa AFC/M23 Général Major Sultani Makenga.

Aba bakomando bashya b’iri huriro rirwanya ubutegetsi bwa DRC, biteguye kwinjira mu kazi ko kurinda no kurwanira abaturage b’abasivile bakomeje kugirwaho ingaruka n’intambara y’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Mu butumwa yagejeje kuri aba basirikare, Maj Gen Makenga yabibukije ko igisirikare bagiye guhangana nacyo cya FARDC, kigizwe n’abasirikare bamaze gutakaza indangagaciro ndetse ko “n’Umugaba w’Ikirenga wacyo, Perezida Felix Tshisekedi ubwe yigeze kukita igisirikare cy’amabandi (Clochards).”

Ati “Mwanze kuguguma muri icyo gisirikare cya Clochards muza kwiyunga ku gisirikare cy’impinduramatwara kugira ngo mubohore Igihugu cyanyu n’abavandimwe banyu n’abandi Banyekongo bose.”

Yaboneyeho kubabwira ku mugaragaro ko kuva uriya munsi, babaye abasirikare ba AFC/M23 nyuma yo kurangiza imyitozo, bityo ko ubu bashobora gutangira inshingano zabo.

Yababwiye ko igisirikare cy’Iri huriro cyanze gukomeza kurebera ngo Igihugu cyabo gikomeze gusenywa n’ubutegetsi n’abanyapolitiki babi bagifashe nk’akarima kabo, bakagisahura bakigwizaho imitungo.

Ati “Barica abaturage bakabanyaga ibyabo. Uriya Tshisekedi arafata amabandi n’inkozi z’ibibi zose akabaha intwaro ngo bice abaturage bazira uko basa n’ubwoko bwabo. Bakica abaturage banze kuyoboka ingengabitekerezo yabo, abandi bakabica kungira ngo basahure ibyabo.”

Gen Makenga kandi yavuze ko ubutegetsi bwa Congo, muri ibi bikorwa byabwo bibi, bwiyambaje Ingabo z’u Burundi, bugakoresha FDLR n’abacancuro ndetse n’indi mitwe y’inyeshyamba nka Wazalendo.

Maj Gen Sultani Makenga agaragaye mu ruhame nyuma y’icyumweru kimwe na we avuzweho ibihuha ko yagizweho ingaruka n’ibitero by’indege zitagira abapilote bya FARDC biherutse kugabwa mu gace ka Rubaya, byahitanye Lt Col Willy Ngoma wari umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23.

Amakuru avuga ko biriya bitero byagabwe nyuma gato yuko Gen Makenga yari amaze kuva aharashwe ibisasu byahitanye Willy Ngoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Related Posts

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

by radiotv10
03/03/2026
0

Hashyizwe hanze amafoto yafatiwe mu kirere agaragaza iyangirika rikomeye ry’uruganda rutunganya ibikomoka kuri Peteroli ruherereye mu mujyi wa Ras Tanura...

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

by radiotv10
03/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nyuma yuko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana inzirakarengane z’abaturage, abarwanyi baryo bari...

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, byemejwe...

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

by radiotv10
03/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko mu gihe uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, Ingabo...

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

by radiotv10
03/03/2026
0

Mansoureh Khojasteh Bagherzadeh, umugore w'Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran Ali Khamenei, na we yapfuye nyuma y'iminsi ari muri coma nyuma y'ibitero...

IZIHERUKA

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe
AMAHANGA

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

by radiotv10
04/03/2026
0

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

03/03/2026
Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

03/03/2026
Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye Kayikwamba wa DRC wishimiye ibihano America yafatiye RDF

03/03/2026
Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

03/03/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.