Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in MU RWANDA
0
General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…
Share on FacebookShare on Twitter

General (Rtd) Marcel Gatsinzi wabaye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda uherutse kwitaba Imana, ari gusezerwaho bwa nyuma, mu muhango witabiriwe n’abajenerali bakomeye mu Rwanda barimo General James Kabarebe na General Patrick Nyamvumba; banitabiriye igitambo cya misa.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023, watangiriye ku gitambo cya misa yo gusabira nyakwigendera, cyaturiwe muri Kiliziya ya Paruwasi Gatulika ya Rigina Pacis i Remera.

Iki gitambo cya misa kandi kitabiriwe n’abasirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda, barimo Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bya gisirikare, General James Kabarebe, General Patrick Nyamvumba wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo.

Muri aba basirikare bakuru bitabiriye iki gitambo cya misa kandi, barimo Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira, Maj Gen Vincent Nyakarundi usanzwe ari Umuyobozi w’ishami rishinzwe iperereza mu Ngabo z’u Rwanda.

Muri iri sengesho kandi, umuryango wa nyakwigendera wahawe ijambo kugira ngo ugire icyo uvuga ku byamuranze akiri mu mwuka w’abazima.

Umugore wa Gen (Rtd) Gatsinzi Marcel yagaragaje uburyo umugabo we yaranzwe no kubaha Imana ndetse ko yari umukirisitu ukunda gusenga ndetse akanaba hafi umuryango we.

Yavuze ko yakundaga Igihugu cye mu buryo budasubirwaho ku buryo yumvaga ntacyo yakima. Ati “Yari azi kwiyoroshya.Yari azi kwiyumananganya akarenzaho, agafata icyemezo.”

Yakomeje avuga ko umugabo we yari azi kwakira ibyamubagaho byose yaba ibibi n’ibyiza, yabyakiraga nk’umugabo akamenya uburyo abyitwaramo. Ati “Yari azi kwiyumananganya akarenzaho, ubundi agafata icyemezo.”

Iki gitambo cya misa, kirakurikirwa n’umuhango wo guherekeza bwa nyuma nyakwigendera General (Rtd) Marcel Gatsinzi, ubera mu irimbi rya gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Nyakwigendera General Gatsinzi yaturiwe igitambo cyo kumusabira

Abarimo General Kabarebe na Nyamvumba bitabiriye iki gitambo cya misa

Umugore wa nyakwigendera yavuze ko yari azi kwiyoroshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Next Post

Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.