Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in MU RWANDA
0
General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…
Share on FacebookShare on Twitter

General (Rtd) Marcel Gatsinzi wabaye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda uherutse kwitaba Imana, ari gusezerwaho bwa nyuma, mu muhango witabiriwe n’abajenerali bakomeye mu Rwanda barimo General James Kabarebe na General Patrick Nyamvumba; banitabiriye igitambo cya misa.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023, watangiriye ku gitambo cya misa yo gusabira nyakwigendera, cyaturiwe muri Kiliziya ya Paruwasi Gatulika ya Rigina Pacis i Remera.

Iki gitambo cya misa kandi kitabiriwe n’abasirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda, barimo Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bya gisirikare, General James Kabarebe, General Patrick Nyamvumba wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo.

Muri aba basirikare bakuru bitabiriye iki gitambo cya misa kandi, barimo Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira, Maj Gen Vincent Nyakarundi usanzwe ari Umuyobozi w’ishami rishinzwe iperereza mu Ngabo z’u Rwanda.

Muri iri sengesho kandi, umuryango wa nyakwigendera wahawe ijambo kugira ngo ugire icyo uvuga ku byamuranze akiri mu mwuka w’abazima.

Umugore wa Gen (Rtd) Gatsinzi Marcel yagaragaje uburyo umugabo we yaranzwe no kubaha Imana ndetse ko yari umukirisitu ukunda gusenga ndetse akanaba hafi umuryango we.

Yavuze ko yakundaga Igihugu cye mu buryo budasubirwaho ku buryo yumvaga ntacyo yakima. Ati “Yari azi kwiyoroshya.Yari azi kwiyumananganya akarenzaho, agafata icyemezo.”

Yakomeje avuga ko umugabo we yari azi kwakira ibyamubagaho byose yaba ibibi n’ibyiza, yabyakiraga nk’umugabo akamenya uburyo abyitwaramo. Ati “Yari azi kwiyumananganya akarenzaho, ubundi agafata icyemezo.”

Iki gitambo cya misa, kirakurikirwa n’umuhango wo guherekeza bwa nyuma nyakwigendera General (Rtd) Marcel Gatsinzi, ubera mu irimbi rya gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Nyakwigendera General Gatsinzi yaturiwe igitambo cyo kumusabira

Abarimo General Kabarebe na Nyamvumba bitabiriye iki gitambo cya misa

Umugore wa nyakwigendera yavuze ko yari azi kwiyoroshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 7 =

Previous Post

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Next Post

Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.