Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in MU RWANDA
0
General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…
Share on FacebookShare on Twitter

General (Rtd) Marcel Gatsinzi wabaye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda uherutse kwitaba Imana, ari gusezerwaho bwa nyuma, mu muhango witabiriwe n’abajenerali bakomeye mu Rwanda barimo General James Kabarebe na General Patrick Nyamvumba; banitabiriye igitambo cya misa.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023, watangiriye ku gitambo cya misa yo gusabira nyakwigendera, cyaturiwe muri Kiliziya ya Paruwasi Gatulika ya Rigina Pacis i Remera.

Iki gitambo cya misa kandi kitabiriwe n’abasirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda, barimo Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bya gisirikare, General James Kabarebe, General Patrick Nyamvumba wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo.

Muri aba basirikare bakuru bitabiriye iki gitambo cya misa kandi, barimo Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira, Maj Gen Vincent Nyakarundi usanzwe ari Umuyobozi w’ishami rishinzwe iperereza mu Ngabo z’u Rwanda.

Muri iri sengesho kandi, umuryango wa nyakwigendera wahawe ijambo kugira ngo ugire icyo uvuga ku byamuranze akiri mu mwuka w’abazima.

Umugore wa Gen (Rtd) Gatsinzi Marcel yagaragaje uburyo umugabo we yaranzwe no kubaha Imana ndetse ko yari umukirisitu ukunda gusenga ndetse akanaba hafi umuryango we.

Yavuze ko yakundaga Igihugu cye mu buryo budasubirwaho ku buryo yumvaga ntacyo yakima. Ati “Yari azi kwiyoroshya.Yari azi kwiyumananganya akarenzaho, agafata icyemezo.”

Yakomeje avuga ko umugabo we yari azi kwakira ibyamubagaho byose yaba ibibi n’ibyiza, yabyakiraga nk’umugabo akamenya uburyo abyitwaramo. Ati “Yari azi kwiyumananganya akarenzaho, ubundi agafata icyemezo.”

Iki gitambo cya misa, kirakurikirwa n’umuhango wo guherekeza bwa nyuma nyakwigendera General (Rtd) Marcel Gatsinzi, ubera mu irimbi rya gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Nyakwigendera General Gatsinzi yaturiwe igitambo cyo kumusabira

Abarimo General Kabarebe na Nyamvumba bitabiriye iki gitambo cya misa

Umugore wa nyakwigendera yavuze ko yari azi kwiyoroshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + eighteen =

Previous Post

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

Next Post

Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Related Posts

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Ibyo umunyarwenya w’Umunyarwanda yakoreye Abanya-Nigeria ntibazabyibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.