Wednesday, July 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

General Muhoozi yageneye ubutumwa abo yagaragaje nk’abashaka kumuteranya na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
23/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko abavuga ko hari ibyo atemeranya na Perezida Paul Kagame, bamushakaho akamunani, kandi ko azahangana na bo.

General Muhoozi ukunze kwita Perezida Kagame Paul ‘My uncle’ (Data wacu) yatangaje ibi mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Kamena 2025.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, General Muhoozi yagize ati “Umuntu wese uvuga ko hari ibyo ntemeranya na ‘Uncle’ wanjye nkunda Afande Kagame, ari kwikururira akaga gakomeye kuri njye. Kandi nzahangana na bo.”

Uyu musirikare w’umunyacyubahiro mu gisirikare cya Uganda, atangaje ibi nyuma yuko mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje agiriye uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwari rugamije ibijyanye n’imikoranire hagati y’Ingabo z’Ibihugu byombi, FARDC na UPDF muri gahunda yo guhangana n’umutrwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, ukaba ufite ibirindiro muri Congo.

General Muhoozi kandi yakiriwe na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi banagirana ibiganiro kuri iyi mikoranire ya FARDC na UPDF, ahanongewe gusinywa amasezerano yayo.

Muhoozi ni umwe mu bakunze kujya batanga ibitekerezo ku ntambara imaze igihe ihanganishije igisirikare cya Congo n’umutwe wa M23, aho yakunze kugaragaza ko ashyigikiye ibitekerezo by’uyu mutwe n’impamvu urwanira, anasaba ubutegetsi bwa Congo guhagarika gukomeza gukandamiza Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Uyu musirikare mukuru wisanzura mu gutanga ibitekerezo kandi, yagiye asaba kenshi FARDC guhagarika imikoranire n’imitwe irimo uwa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi, akanavuga ko nigikomeza, igisirikare cy’Igihugu cye kizagira icyo gikora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

Next Post

Kigali: Hafashwe abakekwaho kwihuriza mu gatsiko gakora ubujura bwanakomerekeyemo bamwe

Related Posts

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

by radiotv10
16/07/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and the Private Sector Federation (PSF) have stepped in to address the situation surrounding Château...

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

by radiotv10
16/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yongeye gushima Perezida Paul Kagame akunze kwita...

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

by radiotv10
16/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), n’ubw’Urugaga rw’Abikorera PSF, bwinjiye mu kibazo cya Hoteli Château le Marara yatunzwe agatoki...

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

by radiotv10
16/07/2025
0

Abadepite bagize Komisiyo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y'Imari n'Umutungo bya Leta PAC, babajije Ikigega BDF gishinzwe...

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

IZIHERUKA

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service
MU RWANDA

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

by radiotv10
16/07/2025
0

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

16/07/2025
Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

16/07/2025
Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

16/07/2025
Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

16/07/2025
Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

16/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hafashwe abakekwaho kwihuriza mu gatsiko gakora ubujura bwanakomerekeyemo bamwe

Kigali: Hafashwe abakekwaho kwihuriza mu gatsiko gakora ubujura bwanakomerekeyemo bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.