• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

General Muhoozi yatanze umucyo ku bo yise abanzi ba Uganda baherutse kwinjirayo rwihishwa

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko “umwanzi wa Uganda” uherutse kwinjira ku butaka bw’iki Gihugu, ari abarwanyi b’imitwe y’iterabwoba baturutse muri Sudani y’Epfo barwanya ubutegetsi bw’iki Gihugu, ariko ko UPDF yiteguye gushyira ku ruhande ikibazo cyabo.

General Muhoozi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025 mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, asa nk’uhumuriza Abanya-Sudani y’Epfo ko abinjiye muri Uganda atari abo kuzana umwuka mubi mu mubano w’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Umwanzi winjiye ku butaka bwa Uganda mu kwezi gushize ntabwo ari SSPDF (igisirikare cya Sudani y’Epfo). Ni abo mu mitwe y’iterabwoba irwanya ubutegetsi bwa Juba.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi yakomeje avuga ko Igisirikare cy’iki Gihugu cyiteguye guhangana n’uwo mwanzi. Ati “Ibyabo tuzabikemura dufatanyije na SSPDF.”

General Muhoozi kandi yaboneyeho gutangaza ko mu gihe cya vuba azanagirira uruzinduko muri Sudani y’Epfo, akanahura na Perezida w’iki Gihugu.

Yagize ati “Ku Banya-Sudani y’Epfo, icyo niyumvamo ni urukundo mbafitiye. Ni abavandimwe bacu, kandi vuba cyane nzaza guhura na ‘my uncle’ Afande Salva Kiir.”

Igihugu cya Uganda kimaze iminsi gihura n’ibikorwa by’iterabwoba bya bamwe mu bakorana n’imitwe y’iterabwoba mu bikorwa byo guturitsa ibisasu mu bice binyuranye, aho mu ntangiro z’ukwezi gushize, igisirikare cya Uganda cyishe abantu babiri b’abiyahuzi.

Aba biswe abakora iterabwoba barimo umugore wari ufite igisasu, biciwe ahitwa Munyonyo, ku munsi w’ibirori byo kuzirikana abahowe Imana bo muri Uganda byari byahuruje imbaga nyinshi y’abantu baturutse mu bice byose by’Isi.

Igisirikare cya Uganda cyakunze kuvuga ko bamwe mu bakora ibi bikorwa by’ubwiyahuzi baba bagiriye ingendo mu Bihugu by’abaturanyi, ndetse ko ari na ho bakura intwaro bakoresha muri ibyo bikorwa by’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

Next Post

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.