Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka yahitanye abantu babiri bari ku igare mu Karere ka Gicumbi, yatumye inzego zinyuranye ziterana zihita zifatira ibyemezo Abanyonzi birimo gushyiraho amasaha batemerewe kuba bakiri mu muhanda kugira ngo ubuzima bwabo n’ubw’abo batwara budakomeza kujya mu kaga.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku  Cyumweru tariki 16 Mutarama 2022 ubwo abantu babiri bari ku igare bagonganaga n’imodoka ako kanya bagahita bahasiga ubuzima.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, inzego z’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi n’iz’umutekano, bagiranye inama igamije gusuzuma ibibazo bikunze kugaragara kuri uyu muhanda, bemeza ko abakoresha uyu muhanda batwaye amagare batemerewe kugenda nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’), mu gihe hagishakishwa umuti urambye.

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Emmanuel Nzabonimpa yavuze ko iki cyemezo kitafashwe hirengagijwe ko abagenda ku magare cyane cyane abatwara abantu n’ibintu bazwi nk’Abanyonzi baba bashakisha imibereho, ariko nanone yibutsa ko kubungabunga ubuzima bwabo biri mu nshingano za Leta.

Ati “Kuba umuntu yakora agamije kubaho ntitubyanze, ariko abatwara amagare bafite byinshi bakwiye kubanza kumva no gukosora, nko kuba amagare batwara atagira utugarurarumuri, no kuba bakoresha umuhanda nabi. Nibura rero nibakora mu masaha y’amanywa, bizanabafasha kugabanya ibyago byinshi bashobora guhura nabyo mu gihe bakoze amasaha y’ijoro.”

Umuyobozi w’aka karere yongeyeho ko hari umushinga ugamije gucanira umuhanda Kigali-Gicumbi-Base, ukaba ariwo witezweho kugabanya ibi bibazo byose.

Ubuyobozi bwafashe ingamba
Abanyonzi ntibagomba kurenza saa kumi n’ebyiri bakiri mu muhanda

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 18 =

Previous Post

Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore

Next Post

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.