Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka yahitanye abantu babiri bari ku igare mu Karere ka Gicumbi, yatumye inzego zinyuranye ziterana zihita zifatira ibyemezo Abanyonzi birimo gushyiraho amasaha batemerewe kuba bakiri mu muhanda kugira ngo ubuzima bwabo n’ubw’abo batwara budakomeza kujya mu kaga.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku  Cyumweru tariki 16 Mutarama 2022 ubwo abantu babiri bari ku igare bagonganaga n’imodoka ako kanya bagahita bahasiga ubuzima.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, inzego z’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi n’iz’umutekano, bagiranye inama igamije gusuzuma ibibazo bikunze kugaragara kuri uyu muhanda, bemeza ko abakoresha uyu muhanda batwaye amagare batemerewe kugenda nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’), mu gihe hagishakishwa umuti urambye.

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Emmanuel Nzabonimpa yavuze ko iki cyemezo kitafashwe hirengagijwe ko abagenda ku magare cyane cyane abatwara abantu n’ibintu bazwi nk’Abanyonzi baba bashakisha imibereho, ariko nanone yibutsa ko kubungabunga ubuzima bwabo biri mu nshingano za Leta.

Ati “Kuba umuntu yakora agamije kubaho ntitubyanze, ariko abatwara amagare bafite byinshi bakwiye kubanza kumva no gukosora, nko kuba amagare batwara atagira utugarurarumuri, no kuba bakoresha umuhanda nabi. Nibura rero nibakora mu masaha y’amanywa, bizanabafasha kugabanya ibyago byinshi bashobora guhura nabyo mu gihe bakoze amasaha y’ijoro.”

Umuyobozi w’aka karere yongeyeho ko hari umushinga ugamije gucanira umuhanda Kigali-Gicumbi-Base, ukaba ariwo witezweho kugabanya ibi bibazo byose.

Ubuyobozi bwafashe ingamba
Abanyonzi ntibagomba kurenza saa kumi n’ebyiri bakiri mu muhanda

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore

Next Post

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

by radiotv10
08/01/2026
0

In today’s digital world, screens are everywhere. From phones and laptops to TVs and tablets, many people spend hours staring...

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira
FOOTBALL

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

08/01/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

08/01/2026
Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

Simple Ways to Reduce Screen-Related Eye Strain

08/01/2026
Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.