Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka yahitanye abantu babiri bari ku igare mu Karere ka Gicumbi, yatumye inzego zinyuranye ziterana zihita zifatira ibyemezo Abanyonzi birimo gushyiraho amasaha batemerewe kuba bakiri mu muhanda kugira ngo ubuzima bwabo n’ubw’abo batwara budakomeza kujya mu kaga.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku  Cyumweru tariki 16 Mutarama 2022 ubwo abantu babiri bari ku igare bagonganaga n’imodoka ako kanya bagahita bahasiga ubuzima.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2022, inzego z’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi n’iz’umutekano, bagiranye inama igamije gusuzuma ibibazo bikunze kugaragara kuri uyu muhanda, bemeza ko abakoresha uyu muhanda batwaye amagare batemerewe kugenda nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00’), mu gihe hagishakishwa umuti urambye.

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Emmanuel Nzabonimpa yavuze ko iki cyemezo kitafashwe hirengagijwe ko abagenda ku magare cyane cyane abatwara abantu n’ibintu bazwi nk’Abanyonzi baba bashakisha imibereho, ariko nanone yibutsa ko kubungabunga ubuzima bwabo biri mu nshingano za Leta.

Ati “Kuba umuntu yakora agamije kubaho ntitubyanze, ariko abatwara amagare bafite byinshi bakwiye kubanza kumva no gukosora, nko kuba amagare batwara atagira utugarurarumuri, no kuba bakoresha umuhanda nabi. Nibura rero nibakora mu masaha y’amanywa, bizanabafasha kugabanya ibyago byinshi bashobora guhura nabyo mu gihe bakoze amasaha y’ijoro.”

Umuyobozi w’aka karere yongeyeho ko hari umushinga ugamije gucanira umuhanda Kigali-Gicumbi-Base, ukaba ariwo witezweho kugabanya ibi bibazo byose.

Ubuyobozi bwafashe ingamba
Abanyonzi ntibagomba kurenza saa kumi n’ebyiri bakiri mu muhanda

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − two =

Previous Post

Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore

Next Post

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Bugesera FC ya 12 yasinyishije uwatoje Kiyovu ubu iyoboye urutonde

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.