Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu gishanga cya Duwane giherereye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batumva ukuntu bakomeje gucibwa amafaranga yo kuhira imyaka yabo, nyamara imashini yavomereraga itagikora, bikaba byaranabashyize mu gihombo.

Aba bahinzi bavuga ko iyi gahunda yabafashaga gukomeza guhinga no mu bihe by’impeshyi banarimo ubu, ariko ko batabashije gukomeza umwuga wabo kuko imashini yavomereraga imyaka yabo itagikora.

Umwe ati “Amatiyo yose yajyaga aduha amazi yarangiritse andi barayiba, birangirira aho, none ubu iyi mpeshyi ntitwahinze kuko twabuze uko tuvomera.’’

Aba baturage bavuga ko zimwe mu mashini zakoreshwaga mu kuhira imyaka, zibwe none bakaba bari mu bihombo nyamara zarabagobokaga mu bihe by’izuba.

Undi ati “Isigaye na yo ntikora bitewe nuko amatiyo yayo bayibye andi arangirika, ubu byaratuyobeye nk’abahinzi ntituzi uko tuzabaho.”

Mugenzi we ati “Iki gihe cy’impeshyi twabaga duhinga imboga ariko ubu ntabyo twahinze bitewe n’imashini zapfuye, byaduteje igihombo ndetse n’inzara.”

Uretse ibihombo baterwa no kuba batarahinze, ngo bababazwa no kuba  hari amafaranga ibihumbi bitanu (5 000 Frw) bacibwaga yo kuhira imyaka, none bakomeje kuyabaca n’ubu bitagikorwa.

Undi ati “Na n’ubu bari kuyaduca kandi imashini zarapfuye, turi mu bihombo byo kuba tutarahinze, bakanaduca n’amafaranga tutaranahinze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Giraneza Clisante avuga ko iki kibazo kizwi ndetse ko hari ikiri gukorwa.

Ati “RAB yari yasuye icyo gishanga bagiye kubasanira, muri iki cyumweru icyo kibazo kiraba gikemutse, nyuma yo kubisana, koperative igomba gushaka abantu babirinda.”

Aba baturage bavuga ko mu bihe by’impeshyi, iki gishanga ari cyo bahingagamo kikeramo imyaka myinshi bityo ntibagire ikibazo cy’inzara ndetse bakabasha kwinjiza amafaranga.

Imashini zatumaga buhira zarangijwe

Bababazwa no kuba barakomeje gucibwa amafaranga kandi imashini zidakora

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − four =

Previous Post

Uko mwuga wabateraga ipfunwe bamwe bakanawubasuzugurira waje kuvamo ubatera ishema

Next Post

Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.