Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu gishanga cya Duwane giherereye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batumva ukuntu bakomeje gucibwa amafaranga yo kuhira imyaka yabo, nyamara imashini yavomereraga itagikora, bikaba byaranabashyize mu gihombo.

Aba bahinzi bavuga ko iyi gahunda yabafashaga gukomeza guhinga no mu bihe by’impeshyi banarimo ubu, ariko ko batabashije gukomeza umwuga wabo kuko imashini yavomereraga imyaka yabo itagikora.

Umwe ati “Amatiyo yose yajyaga aduha amazi yarangiritse andi barayiba, birangirira aho, none ubu iyi mpeshyi ntitwahinze kuko twabuze uko tuvomera.’’

Aba baturage bavuga ko zimwe mu mashini zakoreshwaga mu kuhira imyaka, zibwe none bakaba bari mu bihombo nyamara zarabagobokaga mu bihe by’izuba.

Undi ati “Isigaye na yo ntikora bitewe nuko amatiyo yayo bayibye andi arangirika, ubu byaratuyobeye nk’abahinzi ntituzi uko tuzabaho.”

Mugenzi we ati “Iki gihe cy’impeshyi twabaga duhinga imboga ariko ubu ntabyo twahinze bitewe n’imashini zapfuye, byaduteje igihombo ndetse n’inzara.”

Uretse ibihombo baterwa no kuba batarahinze, ngo bababazwa no kuba  hari amafaranga ibihumbi bitanu (5 000 Frw) bacibwaga yo kuhira imyaka, none bakomeje kuyabaca n’ubu bitagikorwa.

Undi ati “Na n’ubu bari kuyaduca kandi imashini zarapfuye, turi mu bihombo byo kuba tutarahinze, bakanaduca n’amafaranga tutaranahinze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Giraneza Clisante avuga ko iki kibazo kizwi ndetse ko hari ikiri gukorwa.

Ati “RAB yari yasuye icyo gishanga bagiye kubasanira, muri iki cyumweru icyo kibazo kiraba gikemutse, nyuma yo kubisana, koperative igomba gushaka abantu babirinda.”

Aba baturage bavuga ko mu bihe by’impeshyi, iki gishanga ari cyo bahingagamo kikeramo imyaka myinshi bityo ntibagire ikibazo cy’inzara ndetse bakabasha kwinjiza amafaranga.

Imashini zatumaga buhira zarangijwe

Bababazwa no kuba barakomeje gucibwa amafaranga kandi imashini zidakora

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Uko mwuga wabateraga ipfunwe bamwe bakanawubasuzugurira waje kuvamo ubatera ishema

Next Post

Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi
IBYAMAMARE

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.