• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu gishanga cya Duwane giherereye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batumva ukuntu bakomeje gucibwa amafaranga yo kuhira imyaka yabo, nyamara imashini yavomereraga itagikora, bikaba byaranabashyize mu gihombo.

Aba bahinzi bavuga ko iyi gahunda yabafashaga gukomeza guhinga no mu bihe by’impeshyi banarimo ubu, ariko ko batabashije gukomeza umwuga wabo kuko imashini yavomereraga imyaka yabo itagikora.

Umwe ati “Amatiyo yose yajyaga aduha amazi yarangiritse andi barayiba, birangirira aho, none ubu iyi mpeshyi ntitwahinze kuko twabuze uko tuvomera.’’

Aba baturage bavuga ko zimwe mu mashini zakoreshwaga mu kuhira imyaka, zibwe none bakaba bari mu bihombo nyamara zarabagobokaga mu bihe by’izuba.

Undi ati “Isigaye na yo ntikora bitewe nuko amatiyo yayo bayibye andi arangirika, ubu byaratuyobeye nk’abahinzi ntituzi uko tuzabaho.”

Mugenzi we ati “Iki gihe cy’impeshyi twabaga duhinga imboga ariko ubu ntabyo twahinze bitewe n’imashini zapfuye, byaduteje igihombo ndetse n’inzara.”

Uretse ibihombo baterwa no kuba batarahinze, ngo bababazwa no kuba  hari amafaranga ibihumbi bitanu (5 000 Frw) bacibwaga yo kuhira imyaka, none bakomeje kuyabaca n’ubu bitagikorwa.

Undi ati “Na n’ubu bari kuyaduca kandi imashini zarapfuye, turi mu bihombo byo kuba tutarahinze, bakanaduca n’amafaranga tutaranahinze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibirizi, Giraneza Clisante avuga ko iki kibazo kizwi ndetse ko hari ikiri gukorwa.

Ati “RAB yari yasuye icyo gishanga bagiye kubasanira, muri iki cyumweru icyo kibazo kiraba gikemutse, nyuma yo kubisana, koperative igomba gushaka abantu babirinda.”

Aba baturage bavuga ko mu bihe by’impeshyi, iki gishanga ari cyo bahingagamo kikeramo imyaka myinshi bityo ntibagire ikibazo cy’inzara ndetse bakabasha kwinjiza amafaranga.

Imashini zatumaga buhira zarangijwe

Bababazwa no kuba barakomeje gucibwa amafaranga kandi imashini zidakora

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Uko mwuga wabateraga ipfunwe bamwe bakanawubasuzugurira waje kuvamo ubatera ishema

Next Post

Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.