Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

radiotv10by radiotv10
23/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura urisobe rw’ibinyabuzima mu gace k’amayaga, Abaturage bazihawe bavuga ko zababyariye bakoroza abandi bikaba byarahinduye imibereho yabo binyuze mu kubona amata, ndeste n’ubuyobozi bw’intara y’amajyepfo bugashimangira ko uyu mushinga wunganiye gahunda ya girinka isanzweho kuko wihutishije umuhigo w’akarere wo kuba buri rugo rugomba kugira inka.

Mukandayisenga Vilginie wo mu murenge wa Mamba wahawe inka n’umushinga wa green amayaga ari bwo bwa mbere agiye kuyitunga, avuga ko imaze kubyara kabiri akaba yaramaze kuziturira undi muturage kuri ubu iyo nka ikaba yaramaze kuba iye .

Mukandayisenga ati “ Yabyaye ku wa 2 ubu ibyaye imbyaro ebyiri. Namaze kwitura ubu ni njyewe yabyariye. Imaze kungeza kuri byinshi abana baranywa amata.”

Mwunguzi Fabien uri mu kigero cy’imyaka 65 na 70 nawe wo mu murenge wa Mamba avuga ko kuva yabaho ari bwo bwa mbere yari atunze inka, aho amariye kuyihabwa ubu bikaba byarahinduye imibereho y’umuryango we.

Ati “Yarabyaye nditura, ubu yarongeye irambyarira. Amata ya mu gitondo ndayajyemura nkabona amafaranga, aya nimugoroba abuzukuru banjye bakayangwa.”

Uretse kubona amata atuma bakora ku ifaranga ndeste no mu ngo hakaboneka ayo kunywa, ifumbire itangwa nazo bavuga ko yongereye umusaruro w’ubuhinzi bwabo ku buryo bufatika, ugereranyije n’uko byari mbere yo kuzihabwa.

Nyirabanani Winifred agira ati “Nk’aho nsarura umufuka, mbere nahakuraga nk’ibiro 30 by’ibishyimbo n’ibiro 20 by’ibigori. Ariko urebe ibigori mfite hano hirya ukuntu bimeze”. 

Mukandayisenga nawe ati “Mbere ntarabona ifumbire nezaga ibiro 100 by’ibishyimbo, ariko ubu nsigaye neza ibiro 300”

Guverineri w’intara y’amajyepfo Kayitesi Alice avugako umushinga wa Green amayaga watanze izo nka wunganiye gahunda ya Girinka isanzwe ho ndetse binafasha kongera umubare w’inka mu karere ka Gisagara mu buryo bufatika.

Guverineri Kayitesi ati “Ubundi inka bivuze ubukungu n’imibereho myiza y’umuturage. Batangira gutanga izo nka Gisagara yari munsi ya 20% muri gahunda ya Girinka ndetse tukanabona bizadutwara imyaka myinshi bitewe n’ubushobozi bwari buhari. Ariko binyuze mu mushiga wa Green amayaga n’abandi bafatanya bikorwa batandukanye, ubu bari hejuru ya 68%.”

Umushinga wa Green amayaga watanze inka 113 mu karere ka Gisagara mu myaka 4 ishize aho buri muturage yahabwaga inka ihaka biza gutuma zororoka zigera kuri 247 mu buryo uwabyazaga yahitaga yoroza undi muturage udafite inka.

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara busanzwe bufite umuhigo w’uko buri rugo rugomba kugira inka, buvuga ko uyu mushinga utangira guha inka abaturage igipimo cy’ingo zifite inka cyari kuri 30% ubu kigaba kigeze kuri 70%.

Mu yandi magambo bivuze ko kugeza ubu mu ngo 10 zo muri Gisagara, eshatu gusa ari zo zidatunze inka mu gihe muri 2021 ingo eshatu gusa mu icumi zo muri Gisagara ari zo gusa zari zitunze inka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Next Post

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.