Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, yasabwe kwishyura arenga Miliyoni 1 Frw y’imisanzu y’Ubwisungane mu kwivuza y’abaturage yabuze, na we ategeka Abakuru b’Imidugudu kumufasha, nubwo Umurenge uvuga ko yakoze ibyo atasabwe.

Ni ikibazo twatangajeho inkuru nka RADIOTV10, cy’aba baturage bo mu Kagari ka Bunyetongo, bavugaga ko bari guhura n’imbogamizi zo kutivuza kuko bajya kwa muganga bakababwira ko batishyuye, nyamara baratanze imisanzu yabo.

Iki kibazo kandi cyavugwagamo umukozi wa Mobi Cash wari ushinzwe kwishyurira aba baturage, ari na we uvugwaho kwiba aya mafaranga dore ko yanamaze gutoroka.

Ubuyobozi bw’Umurenge n’izindi nzego z’ubuzima zategetse Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien, kwishyura aya mafaranga kuko ibi byabaye ari uburangare bwe dore ko ari we wayahaga uwo mukozi wa Mobi Cash.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Aka Kagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien, yemereye RADIOTV10 ko azishyura ayo mafaranga.

Yagize ati “Urumva zitukwamo nkuru, ariko ni uko dushakisha uko dushobora kwishyura. Amafaranga yamaze kuboneka igisigaye ni ukwishyira kuri SACCO amafaranga akishyurirwa abaturage.”

Uyu muyobozi w’Akagari, na we yategetse Abakuru b’Imidugugudu kumufasha kwishyura nk’uko bamwe muri bo babibwiye RADIOTV10.

Umukuru w’Umudugudu wa Kabeza, Nshimiyimana Isaac, avuga ko we yanatangiye gushyira mu bikorwa iki cyemezo bategetswe na Gitifu. Ati “Namaze kwishyurira bane. Njye ndasabwa kwishyura ibihumbi 63.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Mutuyimana Pauline avuga ko Abakuru b’Imidugugu batigeze basabwa kwishyura, ahubwo ko byasabwe gusa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari.

Ati “Nta muntu wasabye Mudugudu kwishyura, uwabigizemo uburangare ni umukozi (Umuyobozi w’Akagari) kuko ni we wagombaga kubikurikirana, ni bwo twamusabye kwishyura maze na we agakurikirana uwamutuburiye. Biramutse bihari baza bakambwira.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 19 =

Previous Post

Uruganda rutunganya amata y’icyanga gihebuje rwahishuye ibanga ryayo ritazwi na benshi

Next Post

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.