Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, yasabwe kwishyura arenga Miliyoni 1 Frw y’imisanzu y’Ubwisungane mu kwivuza y’abaturage yabuze, na we ategeka Abakuru b’Imidugudu kumufasha, nubwo Umurenge uvuga ko yakoze ibyo atasabwe.

Ni ikibazo twatangajeho inkuru nka RADIOTV10, cy’aba baturage bo mu Kagari ka Bunyetongo, bavugaga ko bari guhura n’imbogamizi zo kutivuza kuko bajya kwa muganga bakababwira ko batishyuye, nyamara baratanze imisanzu yabo.

Iki kibazo kandi cyavugwagamo umukozi wa Mobi Cash wari ushinzwe kwishyurira aba baturage, ari na we uvugwaho kwiba aya mafaranga dore ko yanamaze gutoroka.

Ubuyobozi bw’Umurenge n’izindi nzego z’ubuzima zategetse Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien, kwishyura aya mafaranga kuko ibi byabaye ari uburangare bwe dore ko ari we wayahaga uwo mukozi wa Mobi Cash.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Aka Kagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien, yemereye RADIOTV10 ko azishyura ayo mafaranga.

Yagize ati “Urumva zitukwamo nkuru, ariko ni uko dushakisha uko dushobora kwishyura. Amafaranga yamaze kuboneka igisigaye ni ukwishyira kuri SACCO amafaranga akishyurirwa abaturage.”

Uyu muyobozi w’Akagari, na we yategetse Abakuru b’Imidugugudu kumufasha kwishyura nk’uko bamwe muri bo babibwiye RADIOTV10.

Umukuru w’Umudugudu wa Kabeza, Nshimiyimana Isaac, avuga ko we yanatangiye gushyira mu bikorwa iki cyemezo bategetswe na Gitifu. Ati “Namaze kwishyurira bane. Njye ndasabwa kwishyura ibihumbi 63.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Mutuyimana Pauline avuga ko Abakuru b’Imidugugu batigeze basabwa kwishyura, ahubwo ko byasabwe gusa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari.

Ati “Nta muntu wasabye Mudugudu kwishyura, uwabigizemo uburangare ni umukozi (Umuyobozi w’Akagari) kuko ni we wagombaga kubikurikirana, ni bwo twamusabye kwishyura maze na we agakurikirana uwamutuburiye. Biramutse bihari baza bakambwira.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − four =

Previous Post

Uruganda rutunganya amata y’icyanga gihebuje rwahishuye ibanga ryayo ritazwi na benshi

Next Post

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.