Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza, yasabwe kwishyura arenga Miliyoni 1 Frw y’imisanzu y’Ubwisungane mu kwivuza y’abaturage yabuze, na we ategeka Abakuru b’Imidugudu kumufasha, nubwo Umurenge uvuga ko yakoze ibyo atasabwe.

Ni ikibazo twatangajeho inkuru nka RADIOTV10, cy’aba baturage bo mu Kagari ka Bunyetongo, bavugaga ko bari guhura n’imbogamizi zo kutivuza kuko bajya kwa muganga bakababwira ko batishyuye, nyamara baratanze imisanzu yabo.

Iki kibazo kandi cyavugwagamo umukozi wa Mobi Cash wari ushinzwe kwishyurira aba baturage, ari na we uvugwaho kwiba aya mafaranga dore ko yanamaze gutoroka.

Ubuyobozi bw’Umurenge n’izindi nzego z’ubuzima zategetse Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien, kwishyura aya mafaranga kuko ibi byabaye ari uburangare bwe dore ko ari we wayahaga uwo mukozi wa Mobi Cash.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Aka Kagari ka Bunyetongo, Ntambara Emilien, yemereye RADIOTV10 ko azishyura ayo mafaranga.

Yagize ati “Urumva zitukwamo nkuru, ariko ni uko dushakisha uko dushobora kwishyura. Amafaranga yamaze kuboneka igisigaye ni ukwishyira kuri SACCO amafaranga akishyurirwa abaturage.”

Uyu muyobozi w’Akagari, na we yategetse Abakuru b’Imidugugudu kumufasha kwishyura nk’uko bamwe muri bo babibwiye RADIOTV10.

Umukuru w’Umudugudu wa Kabeza, Nshimiyimana Isaac, avuga ko we yanatangiye gushyira mu bikorwa iki cyemezo bategetswe na Gitifu. Ati “Namaze kwishyurira bane. Njye ndasabwa kwishyura ibihumbi 63.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Mutuyimana Pauline avuga ko Abakuru b’Imidugugu batigeze basabwa kwishyura, ahubwo ko byasabwe gusa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari.

Ati “Nta muntu wasabye Mudugudu kwishyura, uwabigizemo uburangare ni umukozi (Umuyobozi w’Akagari) kuko ni we wagombaga kubikurikirana, ni bwo twamusabye kwishyura maze na we agakurikirana uwamutuburiye. Biramutse bihari baza bakambwira.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eighteen =

Previous Post

Uruganda rutunganya amata y’icyanga gihebuje rwahishuye ibanga ryayo ritazwi na benshi

Next Post

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.