Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, Colonel François Kabeya yatangaje ko imyigaragambyo itatangiwe uburenganzira ibujijwe nyuma yuko urubyiruko rwo mu ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi rutangaje ko kuri uyu wa Mbere ruramuka rwamagana MONUSCO.

Colonel François Kabeya yasohoye itangazo kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, rivuga ko imyigaragambyo mu Mujyi wa Goma yose itemewe igomba guhagarara.

Iri tangazo ryasohotse mu gihe kuva mu mpera z’iki cyumweru twaraye dusoje, hari hakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ko urubyiruko rwo mu Ishyaka UPDS rya Tshisekedi rugomba gukora imyigaragambyo yamagana ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasiraziba bwa DRC (MONUSCO).

Iri tangazo rigira riti “Umuyobozi wa Goma akaba na Komiseri w’ikirenga Kabeya Mokasa François, arasaba abaturage bo mu mujyi wa Goma gukomeza gukora ibikorwa byabo nkuko bisanzwe bisanzure ku wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022 bitandukanye n’ibihuha by’imyigaragambyo yiswe Ville Morte [Umujyi wapfuye].”

Rikomeza rigira riti “Arasaba kandi inzego z’umutekano kuburizamo imyigaragambyo yose yakorwa itatangiwe uburenganzira.”

Nubwo Umuyobozi w’Umujyi wa Goma yasohoye iri tangazo, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amafoto y’urubyiruko rwiraye mu mihanda, n’amabuye menshi, rukayarunda mu mihanda.

Iyi myigaragambyo y’urubyiruko rwo muri UPDS, yari igiye kuba nyuma y’iminsi ibiri habaye iy’abagore na bo baramukiye mu muhanda ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 na bo bamagana MONUSCO, bayisaba gutaha ngo kuko ntacyo yabamariye kuva yagera mu Gihugu cyabo.

Kabeya François Makosa wahagaritse iyi myigaragambyo y’urubyiruko, yagiye aburizamo ibikorwa bimwe by’urugomo byabaga byateguwe nk’icyagombaga kuba tariki 21 Kamena 2022 cyo gutwika ibicuruzwa byose bikomoka mu Rwanda.

Icyo gihe ubwo ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari bikomeje kugira umuriri, uyu muyobozi w’Umujyi wa Goma yakoresheje amayeri kugira ngo aburizemo iyi myigaragambyo.

Ku itariki yagombaga kuberaho iki gikorwa, ubuyobozi bw’Umujyi wa Goma bwahise butumiza Inama n’urubyiruko bityo bituma batabona umwanya wo kujya muri ibyo bikorwa by’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + seventeen =

Previous Post

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Next Post

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.