Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Goma: Meya yahagaritse igitaraganya imyigaragambyo y’urubyiruko ariko rubirengaho rwirara mu mihanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, Colonel François Kabeya yatangaje ko imyigaragambyo itatangiwe uburenganzira ibujijwe nyuma yuko urubyiruko rwo mu ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi rutangaje ko kuri uyu wa Mbere ruramuka rwamagana MONUSCO.

Colonel François Kabeya yasohoye itangazo kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, rivuga ko imyigaragambyo mu Mujyi wa Goma yose itemewe igomba guhagarara.

Iri tangazo ryasohotse mu gihe kuva mu mpera z’iki cyumweru twaraye dusoje, hari hakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ko urubyiruko rwo mu Ishyaka UPDS rya Tshisekedi rugomba gukora imyigaragambyo yamagana ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasiraziba bwa DRC (MONUSCO).

Iri tangazo rigira riti “Umuyobozi wa Goma akaba na Komiseri w’ikirenga Kabeya Mokasa François, arasaba abaturage bo mu mujyi wa Goma gukomeza gukora ibikorwa byabo nkuko bisanzwe bisanzure ku wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022 bitandukanye n’ibihuha by’imyigaragambyo yiswe Ville Morte [Umujyi wapfuye].”

Rikomeza rigira riti “Arasaba kandi inzego z’umutekano kuburizamo imyigaragambyo yose yakorwa itatangiwe uburenganzira.”

Nubwo Umuyobozi w’Umujyi wa Goma yasohoye iri tangazo, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amafoto y’urubyiruko rwiraye mu mihanda, n’amabuye menshi, rukayarunda mu mihanda.

Iyi myigaragambyo y’urubyiruko rwo muri UPDS, yari igiye kuba nyuma y’iminsi ibiri habaye iy’abagore na bo baramukiye mu muhanda ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 na bo bamagana MONUSCO, bayisaba gutaha ngo kuko ntacyo yabamariye kuva yagera mu Gihugu cyabo.

Kabeya François Makosa wahagaritse iyi myigaragambyo y’urubyiruko, yagiye aburizamo ibikorwa bimwe by’urugomo byabaga byateguwe nk’icyagombaga kuba tariki 21 Kamena 2022 cyo gutwika ibicuruzwa byose bikomoka mu Rwanda.

Icyo gihe ubwo ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byari bikomeje kugira umuriri, uyu muyobozi w’Umujyi wa Goma yakoresheje amayeri kugira ngo aburizemo iyi myigaragambyo.

Ku itariki yagombaga kuberaho iki gikorwa, ubuyobozi bw’Umujyi wa Goma bwahise butumiza Inama n’urubyiruko bityo bituma batabona umwanya wo kujya muri ibyo bikorwa by’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Next Post

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Umunyapolitiki ufite ibigwi n’umusirikare ukomeye mu Rwanda bagiye kurangiza muri Mount Kenya University

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.